Mu gihe hizihizwa Umunsi Mukuru w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikiramariya « Assumption » Ikigo kitiriwe Nyina wa Jambo Mère du Verbe, giherereye mu Murenge wa Remera mu Mujyi wa Kigali, bizihije Isabukuru y’imyaka 32 bamaze.
Bamwe mu barererwa mu ishuri ryabo rya Ecole Mère du Verbe bakaba bahawe Amasakaramentu arimo Batisimu, Ukaristiya n’Ugukomezwa.
Abahawe Amasakaramentu basabwe by’umwihariko kwitwara neza barangwa n’ikinyabupfura n’imico myiza ibereye abitegura kuzaba abayobozi beza.
Ibi byose nibyabereye mu gitambo cya Misa cyo kuri uyu wa 15 Kanama 2026, ku munsi w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikiramariya. Misa yahuje Ababyeyi barerera muri Ecole Mère du verbe, Abanyeshuri bahiga n’abaharangije, Inshuti n’abavandimwe, hagamijwe ahanini no Kwibuka imyaka 32 Ikigo gishinzwe no gukomeza guha Icyubahiro Padiri Vito Misuraca na Mama Emma Mujawabikira batakiriho, ariko bakaba barabasigiye umurage w’urukundo.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Mère du Verbe, akaba n’umuyobozi w’ishuri rya Ecole Mère du Verbe, Kamaliza Delphine, avuga ko Umuryango ahagarariye washinzwe inyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Mère du Verbe, akaba n’umuyobozi w’ishuri rya Ecole Mère du Verbe, Kamaliza Delphine,
Agira ati « Mère du Verbe, abayishinze bari bafite Umutima wo kwakira gufasha no kwakira abana batishoboye, bari bari mu buzima bugoye, kubera ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ; harimo Imfubyi, abari baratandukanye n’imiryango yabo kubera ubuhunzi, abari bafite ababyeyi bafunze n’abandi. »
Avuga ko abo bose byasabaga ko bitabwaho kugira ngo babashe gukomeza kugira Icyizere cy’Ubuzima bwabo.
Ikindi avuga ni uko uwawushinze yashyizeho urugo rwa Mère du Verbe nk’ahantu abana bashobora kubona urukundo, umutekano, uburezi, ubuvuzi n’ukwemera no mu bindi byibanze umwana akenera.
Ku rundi ruhande, avuga ko mu myaka 32 ishize Mère du Verbe yagiye itera imbere, mu ntangiriro hakaba harubatswe Ikigo cy’Imfubyi, maze Padiri Vito na Mama Emma bahinduka ababyeyi b’abana benshi. byo bituma abo bana bafashwa gukura neza mu gihagararo no mubwenge.
Nyuma yo kubona ko abana bamaze gutekana no kurangwa n’imibereho myiza, nk’intego yari igamijwe, nibwo baje kubaka ishuri Mère du Verbe, kugira ngo abana bahabwe uburere ndetse hubakwa n’ivuriro.
Kamaliza Deliphine, ashimira cyane abashinze Umuryango Mère du Verbe, ndetse n’abawugize muri iki gihe akomeje kuwufasha gutera imbere, no gukomeza gushimangira Intego z’abawushinze, bitarimo kureba imibereho y’umwana gusa, ahubwo harimo no kumuteganyiriza ejo hazaza.
Bityo, bose bakaba bifuza ko umwana unyuze muri Mère du Verbe, agomba kubona Uburezi bufite Ireme, gukura afite Indangagaciro nziza, kubaho mu mutekano no mu rukundo, kwiga no guteza imbere ubushobozi bwe, kubana n’abandi, kuba umuntu w’ingirakamaro mu muryango we no ku gihugu, ndetse no kuba umuntu wiyubakiye ejo hazaza heza.

Ibi ni Ibirori byari binogeye ijisho, byabimburiwe n’igitambo cya Misa cyanatangiwemo Isakaramentu rya Batisimu, Ukarisitiya n’Ugukomezwa ku bana bari bamaze igihe babitegurirwa.
Abana baharererwa bakaba basusurukije Abashyitsi mu Itorero ryabo, ritanga icyizere cy’abazaza ko bazaba bamwe mu bagize Itorero ry’igihugu « Urukerereza » mu myaka iri imbere.

Bamwe mu bize muri Ecole Mère du Verbe bakaba bari mu mirimo itandukanye mu gihugu no hanze yacyo, baganiriye n’itangazamakuru, bashima cyane Mère du Verbe yabagize abo baribo, cyane ko bahakuye ubwenge, ubumenyi n’ubuhanga bwabafashije gutsinda ibindi byiciro by’amashuri bagiye biga.
Bityo basaba barumuna babo bakiri ku ntebe y’ishuri, kwiga batiyigishije kugira ngo mu bihe biri imbere, bazabashe kwiteza imbere bateze mbere n’imiryango yabo, n’igihugu muri rusange babikesheje ahanini ibyiza byose bazaba bakuye muri Mère du Verbe bahisemo.

Umuryango Mère du Verbe wizihije isabukuru y’imyaka 32 ushinzwe, ukorera mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, ukaba warashinzwe ugamije gufasha no kwita ku bana batari bafite kivurira, bitewe n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Intego ba nyiri ukuwushinga bari bafite, zikaba ngo zaragezweho nkuko bitangirwa ubuhamya n’abaharerewe bakahigira, bakahakurira bakaba bari mu mirimo itandukanye ku isi ndetse n’Ubuyobozi bwawo muri rusange. .

Uretse kuba ari umuryango w’Intangarugero mu kurera abana b’abahanga batsinda amasomo 100%, ni n’umuryango wa Gikristu utoza abana kurangwa n’indangagaciro za Gikristu, ari nayo mpamvu bahamgarira Ababyeyi kuzana abana babo kwiga muri Ecole Mère du Verbe ari benshi cyane cyane muri kino gihe amashuri agiye gutangira.
Abahiga kandi n’abaharangije bakaba bafite ikipe y’umupira w’amaguru, ifite abakinnyi b’abahanga, ku buryo bizera badashidikanya ko mu minsi iri imbere bazaba bari mu cyiciro cya 2 muri Shampiyoa y’u Rwanda.
Andi mafoto

































































