Nyuma y’uko begukanye imyanya ya mbere mu mwaka w’amashuri ushize, no muri uyu mwaka wa 2025-2026 Ecole International La Racine yo mu Karere ka Bugesera, umwana wabo Rwego Mutima Bruno Riccky, niwe wabaye uwa 1 mu gihugu cyose atsindiye ku manota 99,6%.
Ni mu gikorwa cyo gutangaza uburyo abana bitwaye mu gusoza umwaka wa 6 w’amashuri abanza n’umwaka wa 3 w’Icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye cyabaye kuri uyu wa 20 Kanama 2026, igikorwa cyayobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Irere Claudette ari kumwe n’Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Ibizamini Dr Bahati Bernard.
Mu kiganiro n’Itangazamakuru Rwego waje ku mwanya wa mbere, avuga ko yishimiye cyane kuba aje ku mwanya wa 1 mu gihugu hose.
Ashimira cyane ababyeyi be bamuhityemo kwiga muri Ecole International La Racine, ishuri rikomeje kugaragaza ubudasa mu gutsindisha abana bose baharangije. Ashimira kandi abarimu babo n’ubuyobozi bw’ikigo na Minisiteri y’Uburezi muri rusange.
Agira ati “Ndishimye bitavugwa kuba ndangije ndi uwa mbere mu gihugu hose. Nishimiye ko nje nunga mu rya bagenzi banjye nabo baje mu myanya ya mbere umwaka ushize. iyi ntsinzi nkaba nyituye by’umwihariko Ababyeyi banjye, abarezi banjye n’Ubuyobozi bw’ishuri na Ministeri y’Uburezi idutegurira imfashanyigisho zidufasha kwiga no gutsinda neza.”
Avuga ko kuba agiye mu mashuri yisumbuye, nta kabuza azakomeza guharanira ishema ry’ikigo cye akomeza kuza mu myanya ya mbere ndetse akazanarangiza kaminuza bikimeze gutyo.

Umubyeyi we Mbabazi Hope, avuga ko badatunguwe no kuba umwana wabo abaye uwa mbere ku urwego rw’igihugu kuko ngo ari umwana urangwa n’ishyaka kenshi, haba mu myigire ye no mu bindi bikorwa bisanzwe bimuranga.
Agira ati “ turishimye nk’ababyeyi b’umwana kuba yarabashije gutsinda akaba abaye uwa mbere ku urwego rw’igihgu. Tuzaguma kumuba hafi kugira ngo urugendo atangiye rwo mu mashuri yisumbuye nabwo intego izabe iyo gukomeza gutsinda kugeza ubwo azasoza Kaminuza,Imana izakomeza kubimufashamo cyane ko ariyo yabikoze igakomeza kumugenda imbere.”

Umuyobozi wa Ecole International La Racine Victor Mukunzi, avuga ko bishimiye cyane Intsinzi bakomeje kugaragaza.
Avuga ko kuba bakomeje kuza ku myanya ya mbere nta rindi banga uretse kwigisha no gukurikirana abana babo neza, ku buryo bahabwa imyitozo mu buryo buhoraho kandi bakagira n’abarimu b’abahanga bafite ubuhanga n’uburambe mu kwigisha.
Asaba abanyeshuri bari mu mwaka wa gatanu n’abandi bari hasi yabo, gukomeza kwiga neza kugira ngo bakomeze bagere ikirenge mu cyabakuru babo bari kuza mu myanya ya mbere mu guhugu, bityo iyo myanya ikomeze yiharirwe na Ecole Interntional La Racine, cyane ko Intego y’Ishuri, ari ukwiga neza no gutsinda amasomo yose 100%.

Uretse Rwego Mutijima Bruno Ricky waje ku mwanya wa mbere mu gihugu hose, Ineza Singizwa Musengimana Annie nawe yaje ku mwanya wa kabiri mu gihugu hose, aho yagonganye na bagenzi be batandatu bo mu bigo bitandukanye banganyije amanita 99,4%.
Ku urundi ruhande ku bigendanye n’Intsinzi, Umuyobozi w’ishuri Victor Mukunzi, avuga ko mu bana bose 239 bakoze ikizamini cya Leta cy’umwaka wa 6 bose ko batsinze ku urwego rwo hejuru, bakaziga bose mu mashuri abacumbikira “Boarding”.
Ecole International La Racine rikomeje kugira abana baza mu myanya ya mbere ku urwego rw’igihugu, ni rimwe mu mashuri yigenga riherereye mu Karere ka Bugesera Intera y’I Burasirazuba.
Ni Ishuri ababyeyi bakomeje kugana ari benshi, kugira ngo aana babo nabo babashe kuvoma kuri iyo soko y’Ubumenyi idakama nk’uko abaganiriye n’ikinyamakuru Igisabo bakomeje babigarukaho.




E.Niyonkuru













































