Kuri uyu wa gatandatu,tariki ya 25 Nyakanga 2026 ku Uruganda Ingufu Gin Ltd ruherereye mu murenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi hatangirijwe ku umugaragaro isiganwa ry’Amagare INGUFU N’IGARE RACE, rizajya riba buri mwaka rikaba ryaratangiriye ahitwa ku Ruyenzi ku Uruganda risorezwa mu Mujyi wa Kayonza, aho basiganwe ibirometero 96 na metero 300.
Ni isiganwa ryaranzwe n’Ishyaka rikomeye, Ubuyobozi bwa Ingufu Gin Ltd, bukavuga ko iryo rushanwa rigamije gukomeza gushyigikira Umukino w’Amagare mu Rwanda, umaze gutera imbere mu buryo bugaragara, ari nako banashishikariza Abanyarwanda kwirinda kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge, bagahitamo kunywa izujuje ibisabwa ziba zakorewe ubugenzuzi n’ibigo bibishinzwe nka Rwanda FDA, kugira ngo barusheho kugira ubuzima buzira umuze.
Umuyobozi wa Ingufu Gin Ltd uruganda rwateguye aya marushanwa, rukanatanga ibihembo ku batsinze, Ntihanabayo Samuel, avuga ko basanzwe ari abafanyabikorwa bahoraho ba Federasiyo y’Umukino w’amagare mu Rwanda, bakaba rero mu rwego rwo gukomeza ubwo bufatanye, barahisemo gutangiza isiganwa ryiswe INGUFU N’IGARE RACE, akizera adashidikanya ko rizajya riryohera abakunzi b’uyu mukino nk’uko byagaragaye ku umunsi wa mbere, aho imihanda yari yuzuye abantu benshi baje gushyigikira uwo mukino.
Agira ati “ iki ni igikorwa kizajya kiba buri mwaka. Twabitekerejeho ku buryo bwitondewe, tumaze kugisha inama abo bireba bose. ku bw’izo mpamvu, tukaba dushimira Federasiyo y’umukino w’amagare mu Rwanda yakiriye neza iki gitekerezo, cyane ko dusanzwe dufashanya muri byinshi, tugashimira Minisiteri ya Siporo nayo yadushyigikiye ku buryo bugaragara, Tugashimira Polisi y’igihugu yadufashije cyane mu buryo bw’umutekano, tukanashimira Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza n’abaturage batwakiriye neza, tugashimira n’abakinnyi bitabiriye irushanwa ku nshuro ya mbere bakaza ari benshi. Bityo tukizera tudashidikanya ko ubutaha ibi byose bizikuba kabiri ugereranyije n’uko byagenze uyu munsi.”
Avuga ko ubusanzwe umukino w’amagare ari umukino usaba uwukora kuba afite ubuzima bwiza, ari nayo mpamvu asaba abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko kwirinda kunywa inzoga z’inkorano zitujuje ibisabwa, cyane ko mu urwego rwo gukemura ibyo bibazo babashyiriyeho Uruganda Ingufu Gin Ltd, uruganda rwenga amoko y’inzoga 10 yose kandi yuzuje ubuziranenge, buri wese akaba agomba kwihitiramo ikinyobwa kimunogeye.

Ku urundi ruhande Bwana Samuel Ntihanabayo avuga ko bazakomeza gukorana neza na Ferwacy mu marushanwa atandukanye, yaba ayo mu Rwanda na Mpuzamahanga, Isiganwa INGUFU N’IGARE akishimira ko naryo ryamaze kongerwa mu masiganwa ya Ferwacy.
Aboneraho gushimira abaturage bo mu Karere ka Kayonza, uburyo baje kwakira isiganwa ryabo ari benshi, abizeza ko n’ubutaha ariho bazarisoreza.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’agateganyo Fred Hategekimana ashimira uruganda Ingufu Gin Ltd rwabahaye ibyishimo babazanira umukino w’amagare mu karere kabo, na cyane ko Intara y’iburasirazuba isanzwe ari intangarugero mu kugira Amakipe menshi n’urubyiruko rwihebeye uwo mukino.
Agira ati “muri aka kanya dushimiye Uruganda Ingufu Gin Ltd yatuzaniye ibi birori by’igare mu karere kacu, tugashimira Ubuyobozi bwa Ferwacy na Minisiteri ya siporo, bo bashyigikiye Uruganda Ingufu Ltd muri ibi birori by’igare bisorejwe hano iwacu. Tuboneyeho gusaba abaturage kwirinda kunywa inzoga zidafite ubuziranenge, bakajya bayoboka ibinyobwa byizewe nk’ibikorwa na Ingufu Gin Ltd yatuzaniye igare I Kayonza bakadususurutsa.

Kimwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Umuyobozi w’ishyirahmwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda Nkurayija Jean Hubert, ashimima ubufatanye buri hagati y’ishyirahamwe ayoboye na Ingufu Gin Ltd, ashimira cyane igitekerezo bagize cyo gutegura iryo rushanwa rikaba ryagenze neza kandi ari ku umunsi wa mbere. bityo ashimira buri wese wabigizemo uruhare kugira ngo ritangire kandi risozwe neza.

Uko Irushanwa ryagenze muri make
Nk’uko byavuzwe haruguru, iri ni irushanwa ryateguwe n’uruganda INGUFU GIN Ltd ku ubufatanye n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda Ferwacy, rikaba ari ku nshuro ya mbere ribaye, rikazajya riba buri mwaka, rikaba ryaratangiye mu masaha ya saa saba ritangiriye ku Ruyenzi, risorezwa mu Mujyi wa Kayonza uwitwa Muhoza Eric ukinira Ikipe ya Amani mu bagabo na Nyirarukundo Claudette ukinira iyi kipe mu bagore, begukanye iryo siganwa ryiswe “Ingufu n’Igare Race 2026”
Abangavu batarengeje imyaka 19 bakinnye intera y’ibilometero 50 byatangiriye i Rugende mu Karere ka gasabo, ni mu gihe abandi bakinnyi bari bahagurukiye ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi, ahakorera uru ruganda, bityo bo basasoza bakoresheje ibilometero 96,3

Ubwo bahagarukaga, uwitwa Mugisha Moise yahise acika abo bari kumwe bazamuka ahazwi nka Norvege, ndetse kugeza ku kilometer cya 18 yari yasize umunota umwe n’igice Nsengiyumva Shemu, Niyonkuru Samuel, Muhoza Eric na Byukusenge Patrick bari bamukurikiye.
Ku kilometero cya 45 ni bwo Mugisha Moïse yafashwe n’itsinda ryarimo Nshutiraguma Kevin, Tuyizere Etienne, Niyonkuru Samuel, Muhoza Eric na Ruhumuriza Aimé.
Nyuma yo kwegera imbere ibindi bilometero bitanu, Mugisha Moïse, Tuyizere Etienne, Niyonkuru Samuel na Muhoza Eric basize abo bari kumwe, bagenda imbere bonyine, ariko bageze imbere Muhoza Eric abarusha imbaraga agenda wenyine kugeza ubwo yari yitwaye mu bilometero 30 bya nyuma.
Muhoza yatsinze Isiganwa akoresheje amasaha abiri, iminota 44 n’amasegonda 24 anegukana ibihumbi 500 Frw, akurikirwa na Tuyizere Etienne ukinira Java Innovotec yarushije umunota umwe n’amasegonda 37, we wahawe ibihumbi 200 Frw mu gihe Nshutiraguma Kevin ukinira Mamba Devo yabaye uwa gatatu arushwa n’uwa mbere iminota itatu n’amasegonda icyenda ahabwa ibihumbi 100 Frw.
Nshutiraguma ni na we witwaye neza mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23, ahembwa ibihumbi 200 Frw.
Mu bagore isiganwa ryegukanywe na Nyirarukundo Claudette ukinira Ikipe ya Amani akoresheje amasaha atatu, iminota icyenda n’amasegonda 44, ahabwa ibihumbi 300 Frw.
Yakurikiwe na Nirere Xaveline na we bakinana, wegukanye ibihumbi 150 Frw, amurushije isegonda rimwe mu gihe ku mwanya wa gatatu haje Ingabire Diane ukinira ikipe ya Benediction warushijwe iminota 11 n’amasegonda ane n’uwa mbere akegukana ibihumbi 100 Frw.
Mu bakobwa bari munsi y’imyaka 19, Masengesho Yvonne ukinira Black Mamba Devo yegukanye isiganwa anahembwa ibihumbi 100 Frw, akurikirwa na Akimana Donatha ukinira Java Innovetec wahembwe ibihumbi 80 Frw naho Kanyange Zawadi ukinira Bugesera Cycling aba uwa gatatu yegukana ibihumbi 50 Frw.
Mu ngimbi, Ishimwe Bryan ukinira Black Mamba Devo ni we wabaye uwa mbere ahembwa ibihumbi 200 Frw, akurikirwa na Byusa Pacifique ukinira Les Amis wahembwe ibihumbi 150 Frw naho Mugabo Jules ukinira Les Amis aba uwa gatatu ahembwa ibihumbi 100 Frw.


Hakinwe kandi icyiciro cy’abatarabigize umwuga, umwanya wa mbere wegukanwa na Nkurunziza Yves wahoze akina nk’uwabigize umwuga, aho ibilometero 50 basiganwe yabisoje akoresheje isaha imwe, iminota 31 n’amasegonda 25, akurikirwa na Roman Meszaros bagereye ku murongo rimwe mu gihe kandi banahagereye rimwe na Niyonshuti Asuman wabaye uwa gatatu.
Isiganwa INGUFU N’Igare. ni irushanwa ngarukamwaka ryabaye ku nshuro ya mbere kuri uyu wa 25 Nyakanga 2026 ryari ryitabiriwe n’Abakinnyi 22 hasoza 21. Abariteguye n’abaryitabiriye bishimira uburyo ryagenze neza, bityo bagashimangira ko ubutaha bizarushaho.



AMAFOTO












E. Niyonkuru















































