Zimwe mu ngamba abanyamakuru bari guhugurwa ku bigendanye n’ibyaha, uko bikorwa n’uko byirindwa, harimo ko bagiye guhindura imwe mu mikorere y’uko bakoraga inkuru hakibandwa cyane ku nkuru z’ukuri kandi zikoze kinyamwuga.
Ni amahugurwa yari amaze iminsi itatu abera mu Karere ka Kamonyi kuva kuwa tariki 22 kugera kuwa 24 Nyakanga 2026, Abanyamakuru barenga 20 bahagarariye ibitangazamakuru bitandukanye, bakaba barahuguwe ku bigendanye n’inkiko, uko ibyaha bikorwa, uko bihanwa ndetse n’uko byirindwa.
Ageza ibiganiro bitandukanye ku bahugurwa, umunyamategeko akaba n’impuguke Me Ibambe Jean Paul, avuga ko amakuru yo mu butabera atunganyijwe neza atuma abaturage barushaho kubyizera bityo bigatuma babugana batishisha.
Yagize ati ”Ubutabera bukorwa mu izina ry’abaturage, ni ngombwa ko buri muntu aharanira kutagwa mu cyaha, cyakora uwakiguyemo akabasha guhabwa ubutabera, uregwa n’urega bagafatwa kimwe mu urwego rwo kugira ubwunganizi bose bagaterwa amatwi, bityo umunyamakuru agakurikirana ibyatangajwe byose yamara kubiyungurura akabikoramo inkuru ifitiye akamaro Abaturage cyangwa se abamukurikirana muri rusange.”
Avuga ko kuba umunyamakuru yakurikirana imanza mu nkiko, bitavuze ko ari Umugenzacyaha, Umucamanza, Umwunganizi cyangwa se Umushinjacyaha, ibye bikaba ari ugukurikirana ibyatangajwe mu Urukiko akabikoramo inkuru yumvikanisha ibyabaye.
Ku rundi ruhande, abahugurwa bakaba bararushijeho gusobanukirwa zimwe mu ngaruka zo gukora icyaha zirimo gufungwa, gucibwa amande n’ihazabu, igifungo gisubitswe, igihano nsimburagifungo n’ibindi.
Mu bandi basangije Ubumenyi abahugurwa harimo Madame Uwizeyimana Louise, Umunyamakuru akaba yarize n’iby’amategeko wasangije mu buryo burambuye kuri bagenzi be uburyo wakora inkuru uhereye ku banyantege nke nk’abafite Ubumuga, Abagororwa, Impunzi, abana n’abandi, anabagezaho ibigendanye no gukurikirana inkuru nshinjabyaha Mpuzamahanga, wavuze cyane ku rubanza rw’ushinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 witwa Biguma J.Baptiste waje no guhamwa n’icyo cyaha n’urukiko rw’abaturage rwo mu uBfaransa.
Ni byinshi byarebewe hamwe n’abahuguwe bungutsemo Ubumenyi, aho banunguranye ibitekerezo ku bigendanye n’Inkuru zitwa ko ari iz’ubuvugizi bumvikana ko nta munyamakuru ukora ‘ubuvugizi ko icyo akora ari inkuru igamije kwibutsa cyangwa kumenyesha abo bireba gukora bimwe mu biba bitarakorwa uko bikwiriye.
Ni kenshi abanyamakuru kimwe n’abandi bakenera kongererwa ubumenyi mu mwuga wabo.
Amahugurwa y’Abanyamakuru yari amaze iminsi itatu abahurije mu Karere ka Kamonyi nkuko byavuzwe haruguru yateguwe na AFRI MEDIA Ltd ku bufatanye na FOJO Media Institute.

{{{Yanditswe na Edouard Niyonkuru}}}
















































