Nyuma yigihe kitari gito hategurwa amarushanwa yo gusoma neza no kwandika ibitabo, igikorwa gitegurwa n’Ishyirahamwe ry’Uruganda rw’igitabo mu Rwanda n’Ishyirahamwe ry’abanditsi mu Rwanda, Kaminuza yigenga ya Kigali ULK, niyo yagize Umunyeshuri wegukanye umwanya wa mbere agize amanota 90%.
Ni mu birori byo guhemba Indashyirwa zitwaye neza mu marushanwa yo gusoma no kwandika neza ibitabo byabereye i Kigali kuri uyu wa 05 Nzeri 2026, hagamijwe ahanini gushimira abatsinze ayo marushanwa banasabwe gukomeza Intego batangiye badasubira inyuma, kugira ngo n’ubwo abenshi bakiri batoya, ariko ko byanze bikunze bagomba gutera intambwe, kugira ngo bagera ikirenge mu cya bakuru babo b’Abanditsi b’abanyarwanda babatanze muri uwo mwuga harimo ndetse n’abagize Urugaga rw’abanditsi mu Rwanda bateguye igikorwa.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Uruganda rw’igitabo mu Rwanda “RWABIA”icyarimwe akaba n’umuyobozi w’Urugaga rw’abanditsi mu Rwanda RWF, Bwana Richard Hategekimana, avuga ko yishimira ko akazi bamazemo igihe ko gutoranya no gukoresha imyitozo ihagije abafite inyota yo kuzaba Abanditsi ko kagenze neza.
Asaba abatsinze bose gusigasira iyo ntsinzi bakomeza ubushakashatsi bwabo bwo kwandika, kugira ngo u Rwanda rukomeze kurangwa no kugira urubyiruko ruzi gutegura no kwandika igitabo bya gihanga, ibyamuritswe bikaba byiganjemo amateka, ibidukikije, ubuzima rusange n’ibindi.
Agira ati “ ntibyari byoroshye kuzenguruka igihugu cyose hakoreshwa amarushanwa mu mashuri abanza, Ayisumbuye, TVET na kaminuza zitandukanye. Turashimira Imana ko byasojwe neza tukaba tugeze ku umunsi twari dutegerezanyije amatsiko turi benshi, aho abarushanyijwe bagaragaje ubuhanga umurava no gukunda ibyo bandika.”

Avuga ko ashimira cyane Abayobozi bo mu bigo by’amashuri abanza, ayisumbuye , TVET na za Kaminuza bashyigikiye abana babo, bakabafasha gukunda ibyo bari barimo ndetse by’umwihariko bakaba banabaherekeje kuza gufata ibihembo byabo kuri iyi tariki.
Ashima kandi Uturere twafashije ibigo by’amashuri bahagarariye, uburyo bafashije amashuri kwitegura neza no gusoza ipiganwa abana bari barimo, Uturere 12 nitwo ashima tukaba aritwo twitabiriye irushanwa duhwanye na 40%, mu gihe aboneraho no kugaya utundi 18 duhwanye na 60% batabashije gufasha ibigo byabo, abasaba kuzikubita agashyi ubutaha.
Umuyobozi w’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda rwanateye inkunga iki gikorwa Bwana Twagirumukiza Francois avuga ko ntako bisa kubona abanyeshuri mu kazi kabo katoroshye ko gukurikira amasomo biga, banabasha kwandika ibitabo ndetse bigaragaramo ubuhanga. Bityo asaba abatsinze, gukomeza gusigasira iyo mpano yo kwandika, kugira ngo u Rwanda ruzarusheho kugira abahanga bandika amateka cyangwa ibikorerwa mu Rwanda hatabayeho kwiyambaza abanyamahanga nk’uko mu bihe byashize byakorwaga.
Agira ati “Urugaga rw’abikorera mu Rwanda ruzakomeza gushyigikira no gutera inkunga iki gikorwa cy’Ingirakamaro, igikorwa kigamije gufasha abanyeshuri kumenya gusoma neza no kwandika ibitabo. Turizera tudashidikanya ko igihe cyose iki gikorwa cyakomeza guterwa inkunga, urubyiruko rwacu rukitabira kwandika ibitabo, nta kabuza bizafasha benshi baba ababyandika, ibigo na Kaminuza bigamo n’abanyarwanda muri rusange.”

Ni amarushanwa nk’uko byavuzwe yari amaze igihe ategurwa mu gihugu hose, akaba yasojwe Uwitwa Nshimiyimana Divine wo muri Kaminuza yigenga ya Kigali ULK yegukanye Intsinzi agize amanota 90% ahembwa ibihembo bitandukanye birimo na Mudasobwa.
Abatsinze bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye na TVET nabo bakaba batahanye ibihembo bishimishije birimo Mudasobwa n’imyenda ya siporo,
Nshimiyimana Divine avuga ko yabayeho atazi umubyeyi we, kuko yitabye Imana akiri muto arerwa na Nyirakuru wakundaga gusoma cyane, bityo arabimukundisha akura akunda gusoma no kwadika, akaba ashima Imana yamushoboje akaba aje ari uwa mbere mu gihugu cyose.
Agira ati “ Ngiye kujya mu mwaka wa nyuma muri Kaminuza Ishami ry’uburezi. Ibi byo gukunda gusoma nabitojwe na Nyogukuru wakundaga gusoma ibitabo. N’ubwo bwose ashaje kuko ari mu myaka 90 nzahora mwibuka ko ariwe wantoje gusoma, cyane yakundaga gusoma ibitabo mwigiraho gutyo kubikunda, none ibyo nanditse bihembewe ku urwego rw’igihugu ni ibyo kwishimira.”

Avuga ko ashishikariza n’abandi banyeshuri bagenzi babo batitabiriye amarushanwa, gukunda gusoma no kwandika ibitabo ari benshi, cyane ko bifungura umutwe n’imitekerereze, bigatuma bakora ubushakashatsi buzasomwa n’abantu batandukanye, ibyo bikabafasha gutuma baba ibirangirire mu gihugu no hanze yacyo.
Avuga ko igitabo cye agituye Nyirakuru wamureze akamutoza gusoma, ndetse n’Ubuyobozi bukuru bwa ULK bubakurikirana kenshi bukabafasha mu myandikire yabo, babagira inama kenshi ari nako banabafasha gukosora amakosa yaba ari mu bitabo bandika .
Yishimira intsinzi ya Kaminuza abereye Umuyobozi w’Icyubahiro, Umuyobozi Mukuru akaba n’uwashinze Kaminuza yigenga ya Kigali ULK Prof. Rwigamba Balinda, avuga ko ari ihame nk’abarezi, gufasha abana babo bakabatoza gukunda gusoma no kwandika ibitabo cyane ko kwandika bifasha kuzigama no kubika ubwenge mu gitabo, kugira ngo abazagisoma bazunguke byinshi biba bikubiye mu bushakashatsi nyiri ukucyandika aba yarahereyeho.
Agira ati “ turishimye kuba abana bacu baje mu myanya ya mbere. Uretse hano i Kigali no mu shami rya Rubavu bitwaye neza, ku buryo ibihembo byaje ari byinshi. Ibanga dukoresha kugira ngo abana bakomeze gutsinda nkuko no mu bindi bihe byashize twagiye twitwara neza, nta kindi ni ukwita ku banyeshuri dushinzwe, icyo bakeneye cyose bifuza tukabafasha kukibona, ubundi bakagirwa inama aho babyifuje hose bagafashwa.”

Ashimira cyane kandi ishyirahamwe ry’uruganda rw’igitabo mu Rwanda, n’urugaga rw’abanditsi mu Rwanda, uburyo baba bateguye amarushanwa neza, bagafasha abahatana gukorana ubwenge n’umuhate mwinshi.
Bityo akizera adashidikanya ko nibikomeza bityo, nta kabuza ko u Rwanda ruzakomeza kugira abanditsi bashoboye bazajya basobanura amateka y’u Rwanda uko ari, ndetse bakanamenyekanisha ibyiza bitatse u Rwanda binyuze mu bitabo byabo byiza bazaba bakoreye ubushakashatsi bwimbitse.
Uwari uhagariye Minisieri y’Uburezi, ashima cyane uburyo amarushanwa yateguwe neza akagera ku umusozo hahembwa abahatanye kurusha abandi.
Agira ati “nka Ministeri y’uburezi dushyigikiye abanditsi bacu, kuko kwandika ari ukubika kabiri ubumenyi umuntu afite akabusangiza abandi bakabuhererekanya uko ibihe bigenda bisimburana.”

Asaba amashuri yose yaba amato,ayisumbuye na Kaminuza gukomeza kugira iki gikorwa icya bo kugira ngo mu bihe bitaha abahanga mu kwandika babe benshi kurushaho, akizera adashidikanya ko buri wese nabishyiramo ubushake, urubyiruko rw’u Rwanda rugakomeza gukangurirwa icyo gikorwa abahanga bazakomeza kwiyongera u Rwanda rukomeze kuba bandebereho nk’uko rubisanganywe mu bikorwa bindi rukomeza kuza mu myanya y’imbere rugashimwa na benshi.
Igikorwa cyo gutegura amarushanwa yo gusoma no kwankika ibitabo, gitegurwa n’ishyirahamwe ry’uruganda rw’ibitabo mu Rwanda n’urugaga rw’abanditsi mu Rwanda ku ubufatanye bwa Panafrican Mouvement Ishami ry’u Rwanda yanatanze bimwe mu bihembo byinshi byagenewe abatsinze ndetse n’abandi bafatanyabikorwa b’imena nka PSF, GISANDE Traiding Ltd, ULK n’abandi.
AMAFOTO






























































