Ni mu gikorwa cyabanjirijwe n’Urugendo rugamije Kwibuka no Kuzirikana Inzira y’Umusaraba itoroshye abajyaga kwicwa banyuzwagamo n’abishi babo, urugendo rwahereye ku Giporoso rwerekeza ku murenge wa Kanombe, mu biganiro byakurikiyeho hakaba hibanzwe cyane ku mateka yaranze u Rwanda, basba urubyiruko kuyakurikirana bagasobanukirwa kurushaho ibyaranze amateka ya kera n’ay’ubu, by’umwihariko bakamenya amakuru y’abatifuriza ineza u Rwanda. Bityo bagafata iya mbere mukwamagana abayipfobya bagafatirwa ibihano bikakaye.
Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 mu murenge wa Kanombe, Urubyiruko rwahawe umukoro wo gufata iya mbere bakamagana abanzi b’u Rwanda birirwa batukana ku mbuga nkoranyambaga, bagamije ahanini gutesha agaciro Ibyagezweho n’abanyarwanda.
Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa kanombe Idrissa NKURUNZIZA, avuga ko Umurenge wa Kanombe wihariye amateka yawubayemo muri Jenoside yakorewe Abatusi, cyane ko wari ukikijwe n’abasirikari benshi babaga mu kigo cya Camp Kanombe, Interahamwe n’Impuzamugambi nyinshi, ku buryo byaboroheye kugota abatutsi bose barabica hasigara mbarwa.

Agira ati “ Abatutsi bo muri Kanombe batangiye kwicwa cyera kubera ko twari hagati y’ikigo cy’abasirikari cya Kanombe ndetse no hafi y’abajepe barindaga Perezida Habyarimana kugeza ubwo Jenoside itangiye mu 1994 bakica abatutsi bakabamaraho, abenshi bakaba barajugunywe mu cyobo cyatabwagamo inka zapfuye cya Isar, hano mu Rubirizi , ku buryo hatsindagiwemo umubare utabarika w’abatutsi harimo n’abahungaga bavuye mu mirenge ikikije Kanombe ndetse n’abo mu Karere ka Bugesera.”
Avuga ko imyaka 31 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 isize abanyarwanda bamaze kugera kuri byinshi byo kwishimirwa ku buryo abari bizeye ko Abatutsi bazazima babonye ko bibeshyaga cyane.
Avuga ko Amateka y’u Rwanda agomba kwigwa by’umwihariko urubyiruko rugafata iya mbere mu kwamagana abayagoreka bifashishije imbuga nkoranyambuga kandi abarangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside bakamaganirwa kure.
Agaruka ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 mu murenge wa Kanombe, avuga ko bafatanyije n’abafatanyabikorwa n’inzego za Leta zibishinzwe, benshi muri bo bubakiwe abandi basanirwa mazu yari ashaje, agahamya adashidikanya ko abataragerwaho mu minsi mike bazafashwa.
Yishimira ko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 benshi bamaze kwiteza imbere mu buryo bugaragara, bityo abasaba gukomeza iyo ntego batangiye.
Ku kiganiro kijyanye n’amateka yaranze u Rwanda, cyane cyane agendanye na Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, abagitanze mu buryo bw’ikiganiro rusange, bavuga ko Abatutsi batotejwe kuva cyera ku ngoma ya Kayibanda, Perezida utarigeze yishimira izina umututsi na gato cyane ko ku ngoma ye, bishwe bagatwikirwa bagahinduka impunzi mu bihugu byose by’amahanga, abasigaye mu gihugu bakabuzwa uburenganzira mu mashuri no mu kazi.

Bavuga ko ubwo butegetssi bubi bwegeranyije abo batutsi bari basigaye, kugeza ubwo Perezida Habyarimana n’ubutegetsi bwe buje bukabamarira ku icumu muri jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Uharagarariye Ibuka mu murenge wa Kanombe Madame Utetiwabo Christine, avuga ko muri iyi myaka 31 ishize hibukwa Jenoside yakorewe abatutsi, ari umwanya mwiza wo gusubiza amaso inyuma kugirango hashimirwe uwatumye abicwaga bazira uko bavutse Icumu ryunamurwa, abari Ingabo za RPF Inkotanyi zaje zikabahumuriza zikabasubiza ubuzima bwiza barimo muri kino gihe.
Agira ati “ Turibuka twiyubaka. Imyaka 31 irashize Ingabo za RPF Inkotanyi ziturokoye mu maboko y’abicanyi. Icyo dukomeje guharanira, ni ukubaho mu iterambere rizamura igihugu cyacu, tukaba twarabigezeho kuko abana barize, abandi nabo mu bice bitandukanye by’igihugu bashishikajwe n’ibikorwa bibateza imbere, tukaba dushimira Leta y’ubumwe ikomeje kutuba hafi kandi itugira inama muri byinshi.”

Uwatanze ubuhanya bugendanye n’uburyo yarokotse Abicanyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 Madame Mukarwego Valentine, avuga ko kimwe n’abandi benshi bahungiye muri Eto ya Kicukiro babicamo benshi cyane, asigara mubagombaga kujya kwicirwa I Nyanza yamenwagamo imyanda
Agira ati “ Badushoreye bagiye kutwicira I Nyanza, tugezeyo baradutema barararika, batera amagrenade, baducoca n’amahiri. Cyakora kuko bari bantemaguye cyane, bibeshye ko napfuye ngaruye ubwenge ndakururka mpura n’abantu barampisha mu minsi mike Inkortanyi ziba ziraje zijya kunyitaho ziramvuza ndabashima cyane kuba ndiho nibo.”

Avuga ko nta bundi buryo yumva yashimaramo Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda yabatsindiye Ababisha ikimakaza ubumwe n’ubwiyunde mu banyarwanda.
Umushyitsi mukuru Uwonkunda Milliam, avuga ko igihe kigeze kugira ngo ababyeyi baganirizwe ku mateka y’u Rwanda n’agendanye na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Avuga ko ababyeyi bagomba gutoza abana gukunda igihugu, bakabatoza kuba barwanya uwashaka kuvogera igihugu, maze asaba urubyiruko kwima amatwi abashaka guharabika u Rwanda bagambiriye kuruhesha isura mbi mu ruhando rw’amahanga.
Ni muri urwo rwego abasaba gufata iya mbere mu kuvuguruza ibyo baruvugaho bibi, ahubwo bakerekana isura nziza yarwo igendanye n’Iterambere rigerwaho kandi rishimwa na bose.

Umurenge wa Kanombe wibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatusi 1994, ni umwe mu mirenge igize Akarere ka Kicukiro.
Ni Umurenge wabereyemo ubwicanyi ndengakamere mu gihe cya Jenosie yakorewe Abatusi 1994 aho abicanyi bavanze amagufwa y’inka n’ay’abicwaga, kugeza uyu munsi bikaba byaragoranye kubakuramo, bitewe ahanini n’ubugome byakoranywe, cyane ko babanzaga kubica, bamara kubanagamo bakamenaho imiti ituma bashenguka burundu.






Noel MPOREBUKE