Umurenge wa Nyarugunga kuri uyu wa 10 Mata 2025 bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Barazirikana Umubare mwishi w’Abatutsi bishwe urwagashinyaguro n’Interahamwe, Impuzamugambi n’Abasirikari bo muri Camp Kanombe.
Mu gihe indege ya Perezida Habyarimana Juvenal yaraswaga ikagwa impande y’urugo rwe, Abatutsi bari batuye muri Nyarugunga y’uyu munsi batangiye kwicwa ndetse hashyirwaho amabariyeri ngo hatagira abahunga. Ni ibikorwa byakorwaga n’interahamwe, abarinda umukuru w’igihugu n’abasirikare ba Leta y’icyo gihe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyarugunga Bwana Tuyishimire Fiacre yashimiye abaturage bitabiriye iki gikorwa mboneragihugu cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, avuga ko kwibuka ari inshingano za buri wese. Yongeyeho ko bashyize imbere kwita ku barokotse Jenoside babafasha mu mibereho myiza, ariko yungamo ko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside bikwiye kongerwamo imbaraga.

Ati “Kwibuka bikwiye kujyana no kuzirikana ibyo twagezeho, kubumbatira ubumwe bw’abanyarwanda, kwibuka no gusigasira amateka yacu, ubutabera n’ubudaheranwa by’abanyarwanda, kurwanya umuco wo kudahana, hakurikiranwa abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi. Tugomba kwamagana imvugo zibiba urwango hamwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside.”
Yasoje ijambo ry’ikaze asaba abantu gutanga amakuru y’aho abishwe bajugunywe kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro kibakwiye. Ibi yabihuriyeho n’uwatanze ubuhamya aho yinginga abakoze Jenoside n’abandi batahigwaga gutanga amakuru yatuma haboneka imibiri y’abantu bishwe muri Jenoside kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Bwana Rwaka Nicolas watanze ikiganiro ku mateka ya Jenoside, yibanze cyane ku gusobanurira urubyiruko impamvu Jenoside yabaye, isenyuka ry’ubumwe bw’abanyarwanda, ingengabitekerezo ya Jenoside mu mitegekere y’u Rwanda, itegurwa n’ishyirwa mi bikorwa bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda no mu karere, uko ikwirakwira ry’ingengabitekerezo ya Jenoside rihagaze.
Yagaragaje ko Abazungu baza mu Rwanda batanyije abanyarwanda ngo babone uko babategeka, bagateranya Abahutu n’Abatutsi aho basenye bikomeye imitegekere ya cyami, ibyari nk’ibyiciro by’imibereho bakabihindura amoko, maze abanyapolitiki bo hambere bakayoboka iyo myumvire yaje gutuma abanyarwanda bamwe bameneshwa, abandi bakicwa bakanatwikirwa. Bakanabuzwa kugaruka mu gihugu cyabo, bikaba ngombwa ko hifashishwa intambara. Yashimagije ingabo za FPR zahagaritse Jenoside zigaca ubuhunzi kandi ubuyobozi bukunga abanyarwanda, uyu munsi tukaba tubaho tugakora byose hadashingiwe ku moko cyangwa uturere.

Uhagarariye IBUKA mu murenge wa Nyarugunga Madamu Ufitinema Rosalie, yashimye Leta uburyo yita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu byiciro barimo.
Yagize ati” Leta iyafashije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kubona uburezi, ubuvuzi, kubakirwa amacumbi, mu guhabwa inkunga y’ingoboka, mu gucungirwa umutekano, mu isanamitima n’ibindi.”
Yanasabye ko Leta yakongera inkunga y’ingoboka ihabwa abarokotse jenoside babatishoboye, anasaba kwihutisha gufasha abakeneye kubakirwa no gusanirwa amazu.
Madamu Huss Monique, Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro wungirije wari umushyitsi mukuru yakomeje abitabiriye #kwibuka31 abasaba kujya bakomeza guha agaciro igikorwa cyo kwibuka.

Yibukije abaturage ba Nyarugunga ko bagomba guha agaciro no kuzirikana umunsi ku munsi ko igihugu bafite cyabonywe ku mbaraga n’ubwitange ntagereranywa bwa bamwe mu banyarwanda, ndetse ko abatari bake bahameneye amaraso bataretse no kuhasiga ubuzima.
“Ibyo bizatuma kiba igihugu cyiza cyunzwe ubumwe, kizira ingengabitekerezo ya Jenoside, kizira imvugo zibiba urwango. Kuri iyi nshuro ya 31 twibuka Jenoside yakorwe Abatutsi, twebwe akarere ka Kicukiro turongera gushimira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, turabashimira umusanzu mukomeje gutanga mu kubaka igihugu cyacu n’ukuntu mukomeje gutwaza.”
Uyu muyobozi yasoje asaba abaturage byumwirariko ababyeyi kurushaho kwigisha urubyiruko amateka y’igihugu cyacu kugira ngo bayamenye bizabafashe kuyobora neza igihugu mu buryo bwiza.
Mu 1994, agace gaherereyemo umurenge wa Nyarugunga habarurwa Abatutsi basaga magana inani bishwe bazira uko bavutse, nimugihe kandi hari n’abandi hataramenyekana aho bajugunywe ngo bashyingurwe mu cyubahiro.













Noel MPOREBUKE