Ni Umuhanzi akaba n’Umukinnyi wa za Filimi Yvan Prince, Ambasaderi ushinzwe kwamamaza no kumenyekanisha Inzoga igezweho y’Agasusuruko yengerwa mu Karere ka Kayonza.
Aganira n’Ikiyamakuru igisabo, Bwana Yvan Prince avuga ko amaze igihe kitari gito, yamamaza ikinyobwa cyengwa kikanatunganywa n’ AGASUSURUKO TANGAWIZI Ltd cyitwa AGASUSURUKO, akaba ngo akimenyekanisha ku masoko, Amahoteli n’utubari bitandukanye agamije ahanini kugikundisha abanywi n’abakunzi bacyo kurushaho.

Agira ati “Iki ni ikinyobwa gikunzwe na bose, kikaba kiganjemo uruvange rw’ibimera biboneka mu Rwanda nka Tangawizi, indimu n’ibindi byinshi bituma kiryoha, hongewemo n’ubuki ku buryo uwakinyoye ngo arangwa no kugira imbaraga, guca ukubiri n’amavunane mu mubiri we, n’ibindi.
Ikindi nakubwira cy’umwihariko ni uburyo abagabo bagasomyeho bagatera akabariro, bari mu mabanga y’urugo, igikorwa gitangira kikanasozwa neza uko bikwiriye.
Kurikira hano Video y’ubwiza bw’Agasusuruko Ginger Flavouled Wine
Yvan Prince, avuga ko nyuma y’uko abantu bamenye neza ibanga ryihishe mu kinyobwa cy’Agasusuruko, bahise ngo bagikunda ku buryo ku masoko kagemurwaho, gahita ngo gashira ku buryo imodoka zabo zihora mu nzira zinyuranamo zigemuriye abakiliya kugira ngo inzoga zitabashirana.
Asoza avuga kuva yasoma ku AGASUSURUKO ku munsi wa mbere, akaba yaranagiriwe icyizere cyo ku kabera Ambasaderi ahantu hose kuri we ngo nta yindi nzoga arongera gusomaho bibaho, ariyo na mpamvu akangurira abantu bose barengeje imyaka 18 kwitabira kunywa Agasusuruko ari benshi, na cyane ko uretse n’uburyohe ntagereranywa busangwa muri iki kinyobwa, ngo kagira n’ibanga ryo gutera imbaraga mu mubiri w’umuntu, by’umwihariko abagabo bubaka ingo ntahandi wabisanga uretse mu AGASUSURUKO.

Avuga ko uretse mu Krare ka Yonza hari uruganda nyiri izina rw’Agasusuruko, abatuye I Kigali no mu nkengero zayo ngo amangazini “Depo” iri mu Kare ka Kicukiro, Umurenge waKanombe, ahitwa Kabeza Kabeza kafi neza y’isoko
Iyi nzoga y’AGASUSURUKO imaze kwamamara no gukundwa na benshi mu Rwanda bitewe ahanini n’uburyohe n’ibanga yisangije, yengwa kandi igatunganywa n’Uruganda rw’AGASUSURUKO TANGAWIZI LTD rumaze kuba kimenya bose, ruherereye mu Ntara y’iburasirazuba.
Abifuza kurangura ku Kicaro gikuru I Kayonza n’iKigali, cyangwa se bashaka no kuruhagararira mu bice bitandukanye bakoreramo, bashobora guhamagara kuri 0786166230, 0784574943 na 0728300332 maze bakakirwa neza n’ababishinzwe.
igisabo.rw/



