Ahishuye ibanga ryihishe mu nzoga yitwa Agasusuruko

admin
3 Min Read

Ni Umuhanzi akaba n’Umukinnyi wa za Filimi Yvan Prince, Ambasaderi ushinzwe kwamamaza no kumenyekanisha Inzoga igezweho y’Agasusuruko yengerwa mu Karere ka Kayonza.

Aganira n’Ikiyamakuru igisabo,  Bwana Yvan Prince avuga ko amaze  igihe kitari gito,  yamamaza ikinyobwa cyengwa kikanatunganywa n’ AGASUSURUKO  TANGAWIZI Ltd cyitwa AGASUSURUKO,  akaba ngo akimenyekanisha ku masoko, Amahoteli n’utubari bitandukanye agamije ahanini kugikundisha abanywi n’abakunzi bacyo kurushaho.

Yvan Prince,ambasaderi w’ ikinyobwa Agasusuruko Tangawazi

Agira ati “Iki ni ikinyobwa gikunzwe na bose, kikaba kiganjemo uruvange rw’ibimera biboneka mu Rwanda nka Tangawizi, indimu n’ibindi byinshi bituma kiryoha, hongewemo n’ubuki ku buryo uwakinyoye ngo arangwa no kugira imbaraga,  guca ukubiri n’amavunane mu mubiri we,  n’ibindi.

Ikindi nakubwira cy’umwihariko ni uburyo abagabo bagasomyeho bagatera akabariro, bari mu mabanga y’urugo, igikorwa  gitangira kikanasozwa neza uko bikwiriye.

Kurikira hano Video y’ubwiza bw’Agasusuruko Ginger Flavouled Wine

Yvan Prince,  avuga ko nyuma y’uko abantu bamenye neza ibanga ryihishe mu kinyobwa cy’Agasusuruko,  bahise ngo bagikunda ku buryo ku masoko kagemurwaho,  gahita ngo  gashira ku buryo  imodoka zabo zihora mu nzira zinyuranamo zigemuriye abakiliya kugira ngo inzoga zitabashirana.

Asoza avuga  kuva yasoma ku AGASUSURUKO ku munsi wa mbere, akaba yaranagiriwe icyizere cyo ku kabera Ambasaderi ahantu hose  kuri we ngo nta yindi nzoga arongera gusomaho bibaho,  ariyo na mpamvu akangurira abantu bose barengeje imyaka 18 kwitabira kunywa Agasusuruko ari benshi,  na cyane ko uretse n’uburyohe ntagereranywa busangwa muri iki kinyobwa, ngo kagira  n’ibanga ryo gutera imbaraga mu mubiri w’umuntu,  by’umwihariko abagabo bubaka ingo ntahandi wabisanga uretse mu AGASUSURUKO.

Ikinyobwa cy’ Agasusurutso gikunzwe na benshi gitera imbaraga

Avuga ko uretse mu Krare ka Yonza hari uruganda nyiri izina rw’Agasusuruko, abatuye I Kigali no mu nkengero zayo ngo amangazini “Depo” iri mu Kare ka Kicukiro, Umurenge waKanombe, ahitwa Kabeza Kabeza kafi neza y’isoko

 Iyi nzoga y’AGASUSURUKO imaze kwamamara no gukundwa na benshi mu Rwanda bitewe ahanini n’uburyohe n’ibanga yisangije,  yengwa kandi igatunganywa n’Uruganda rw’AGASUSURUKO TANGAWIZI LTD rumaze kuba kimenya bose, ruherereye mu Ntara y’iburasirazuba.

 Abifuza kurangura ku Kicaro gikuru I Kayonza n’iKigali, cyangwa se bashaka no kuruhagararira mu bice bitandukanye bakoreramo, bashobora guhamagara kuri 0786166230, 0784574943 na 0728300332 maze  bakakirwa neza n’ababishinzwe.

igisabo.rw/

This image has an empty alt attribute; its file name is agasusurutso-1.jpg

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *