U Rwanda ruzakira Inama Nkuru ya 3 y’Igihugu ku Mbuto (Rwanda National Seed Congress 2026) izabera i Kigali kuva ku wa 20 kugeza ku wa 21 Nyakanga 2026, ikazahuza abafatanyabikorwa b’ingenzi mu rwego rw’imbuto baturutse mu Rwanda no mu bindi bihugu, bagamije gushimangira ubufatanye mu guteza imbere uru rwego.
Iyi nama izaba ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imbuto nk’inkingi y’ihindura ry’Igihugu: Guteza imbere urwego rw’imbuto ruhatana ku isoko kandi ruyobowe n’abikorera, hagamijwe kubungabunga umutekano w’ibiribwa, guhanga imirimo no guteza imbere ubucuruzi.”
Iyi nama itegurwa n’Ishyirahamwe ry’Abakora n’Abacuruza Imbuto mu Rwanda (NSAR) ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda n’Urugaga rw’Abikorera (PSF), ku nkunga y’abafatanyabikorwa batandukanye mu iterambere. Igamije gushyira u Rwanda mu bihugu bifite uruhare rukomeye mu guteza imbere inganda z’imbuto mu karere no ku rwego mpuzamahanga.
Perezida wa NSAR, Innocent Namuhoranye, yavuze ko iyi nama ari urubuga ruzagaragaza uruhare rw’abikorera mu kubaka urwego rw’imbuto rukomeye, rudaheza kandi rushobora guhangana ku isoko mpuzamahanga.
Yagize ati: “Dushingiye ku masomo twakuye mu Nama Nkuru ya Mbere n’iya Kabiri ku Mbuto, ndetse n’ibimaze kugerwaho binyuze mu bufatanye, Inama Nkuru ya Gatatu ku Mbuto izongera kuba urubuga mpuzamahanga rwo ku rwego rwo hejuru rugamije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’icyerekezo cyacu no gushyira u Rwanda ku mwanya w’ihuriro ry’urwego rw’imbuto mu karere.”
Iyi nama izatanga kandi umwanya wo kurebera hamwe aho ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’ingenzi z’urwego rw’imbuto rigeze, harimo n’iterambere rimaze kugerwaho mu gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera cy’imyaka irindwi kigamije guteza imbere inganda z’imbuto kugeza mu mwaka wa 2030.
Abitabiriye barenga 300 baturutse muri Afurika, u Burayi, Amerika, Aziya na Ositaraliya biteganyijwe ko bazitabira iyi nama. Muri bo harimo abahagarariye inzego za Leta n’iz’abikorera, abashakashatsi, abarimu bo muri za kaminuza, abafatanyabikorwa mu iterambere, ibigo by’imari n’abahinzi.
Abafatanyabikorwa bo mu rwego rw’imbuto basabwe kurushaho gushimangira uburyo bwo kwemeza ubuziranenge bw’imbuto, kugenzura ubuziranenge no kunoza amategeko agenga uru rwego, kugira ngo abahinzi babone imbuto zifite ubuziranenge kandi zibageraho ku gihe.
Impuguke zigaragaza ko kubona imbuto zinoze kandi zitanga umusaruro mwinshi ari kimwe mu by’ingenzi byafasha kongera umusaruro w’ubuhinzi no gukomeza kubungabunga umutekano w’ibiribwa.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ivugurura ry’Ubuhinzi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Dr. Patrick Karangwa, yavuze ko imbuto zifite ubuziranenge ari zo musingi w’ihinduka ry’ubuhinzi.
Yagize ati: “Dukeneye kurushaho gushimangira urwego rw’imbuto, kongera ishoramari no kubaka ubufatanye kugira ngo u Rwanda rwongere uruhare rwarwo mu nganda z’imbuto ku rwego mpuzamahanga. Ubushakashatsi, guhanga udushya no kongerera abahinzi ubumenyi ni byo bizihutisha ihinduka ry’ubuhinzi no kongera ubushobozi bwo guhangana ku isoko.”
Inama Nkuru y’Igihugu ku Mbuto iba buri mwaka, ikaba yarabaye urubuga rwo gusuzuma aho ishyirwa mu bikorwa ry’igishushanyo mbonera cy’imyaka irindwi cyo guteza imbere inganda z’imbuto mu Rwanda rigeze. Inarebera hamwe ibijyanye no kubahiriza amabwiriza agenga uru rwego, kunoza amategeko, kongera ubufatanye hagati y’abafatanyabikorwa no gushaka ibisubizo byafasha kugera ku ntego zateganyijwe mu mwaka wa 2030.


















































