Umujyi wa Kigali watangije umwaka w’Ubwisungane mu kwivuza 2022-2023

admin
7 Min Read

Ni umuhango wayobowe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Rubingisa Pudence, ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize Rugemanshuro Regis,  bitangirizwa mu Murenge wa Rusororo,  AKarere ka Gasabo, hagamijwe ahanini no gukangurira abaturage kwitabira gutangira gutanga ubwisungane mu kwivuza, mu mwaka wa 2022-2023  hakiri kare.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Rubingisa Pudence, avuga ko umwaka ushize mu Mujyi wa Kigali  hagaragayemo intege nke ku bigendanye n’ubwitabire bwo gutanga Ubwisungane bwo kwivuza (mituel de santé), cyakora muri  uyu mwaka wa 2022-2023, intego ihari  ikaba  iyo kuva kuri icyo gipimo cyo hasi  bakagera ku ijana ku ijana.

Avuga ko ubusanzwe igituma imibare y’abatanga ubwisungane mu kwivuza mu mujyi wa Kigali igenda ijya hasi,  biterwa ahanini n’imiterere y’Umujyi n’abawutuye, ku buryo uwari utuye mu gace runaka bitewe n’ibyo ahakora, ahamara iminsi mike akagenda atavuze, bityo agakomeza nawe kubarwa mu mibare y’abagomba kuba barishyuye ubwisungane.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Rubingisa Pudence atangiza igikorwa

Nubwo bimeze bityo ariko, Bwana Rubingisa Pudence ashima cyane ubwitange n’ubufatanye bukomeje kuranga  abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze, hagamijwe guharanira ko abatuye Umujyi wa Kigali barangwa n’ubuzima bwiza, ari nayo mpamvu buri wese bireba  agomba kugira intego yo kugira Ubwisungane mu kwivuza, kugira ngo bajye boroherwa mu gihe byaba  ngombwa ko bajya kwivuza.

Agira ati “Birakwiye ko buri wese muri twe,  ko yaba ijisho rya mugenzi we kugira ngo hamenyekane neza ko hariya iwacu mu Isibo, mu Mudugudu no mu Kagari ko nta muntu waba  utarabashije kubona ubushobozi bwo gutanga “Mituelle”. Birumvikana ko abadashobora kubona ubwo bushobozi, hagomba kubaho no kubaremera cyangwa bagashakirwa icyo bakora cyajya kibunganira buri munsi.

Bwana Rubingisa, avuga ko bamaze kugeza ku bayobozi bo mu nzego  z’ibanze amakayi yo kwandikamo abaturage bose bafite mu midugudu yabo badafite ubwishingizi na bumwe barimo, Ubutangwa n’ibigo bitandukanye mu Rwanda,  kugira ngo bategurwe, banashishikarizwe gutanga “Mituelle” hakiri kare, ku buryo buri munsi hagomba kumenyekana abamaze kwishyura, abasigaye, bityo ku itariki ya 30 Kamena 2022, abaturage benshi bakaba bakagombye kuba igikorwa baramaze kukigira icyabo.

Aboneraho gushimira Akarere  ka  Gasabo kari ku isonga muri kino gihe ku bigendanye no gutanga umusanzu wa “Ejo heza”. Bityo akizera ko uwo murava n’umuhate bafite, uzakomeza kubaranga  bakazaza ku isonga mu kwishyura Ubwisungane bwo kwivuza muri uyu mwaka wa 2022-2023.

Asoza  yizeza ko Uturere mu Mujyi wa Kigali, tuzakomeza gukorana  n’abafatanyabikorwa  basanzwe bakorana neza,  barimo Abahiyimana Abahagarariye amadini, Abikorera n’imiryango ishingiye kuri Leta, kugira ngo bafatanyirize  hamwe, ku buryo nta muturage n’umwe wakagombye gusigara atabonye ubwishingizi kandi izo mbaraga zose zihari.

Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB Rugemanshuro Regis aganira n’Itangazamakuru

Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB Rugemanshuro Regis avuga ko ikigo ahagarariye, gifite inshingano y’ibanze yo guharanira ko umuturage wese arangwa no kugira ubuzima bwiza, ari na yo mpamvu babashishikariza buri gihe kugira Ubwisungane mu kwivuza no kwiteganyiriza mu za bukuru.

Kimwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rugemanshuro Regis ashimira abayobozi mu nzego zitandukanye,  umuhate bakomeje kugaragaza bakangurira abaturage babo gutanga Ubwisungane hakiri kare, kugira ngo buri muntu yicare atekanye kandi yizeye ko igihe cyose byaba ngombwa ko arwaza uwo mu muryango cyangwa ku giti cye,  yazakirwa neza ku ivuriro ryose yagenda agana agiye kwivuza .

Agira ati “Uyu munsi mu Mujyi wa Kigali,  hatangijwe ku mugaragaro umwaka mushya wo gutanga Ubwisungane mu kwivuza. Turi mu Karere ka Gasabo ariko no muri Nyarugenge na Kicukiro icyo gikorwa kirahari,

Hatanzwe Amakaye yo kwandikamo abishyuye n’abatarishyura Ubwisungane mu kwivuza

Muri rusange twishimira ko hamaze gutangwa mu gihugu hose ubwisungane buri ku kigero cya 31% muri gahunda y’umwaka mushya,  muri  iyi Gasabo nabo baracyari ku kigero cyo  ku 10%, ariko tukizera ko  ubu bukangurambaga ubwo butangijwe,  iyo mibare nayo ko igiye kwiyongera kurushaho, tukizera  ko umwaka mushya ugendanye n’ingengo y’imari mu kwezi kwa 7, tuzaba turi  ku gipimo cya 70% by’abazaba bamaze gutanga ubwisungane.

Avuga ko kandi ko ikigamijwe muri rusange, ari ugushyira umuturage ku isonga, kugira ngo ashake  ibyamuteza imbere,  ariko kandi anarangwa  n’ubuzima bwiza.

Ku bigendanye n’ibyiciro bishya by’Ubudehe bimaze igihe bikozwe bikaba bitubahirizwa, uyu muyobozi avuga ko muri kino gihe hari gukurikizwa ibyiciro bisanzweho, ibishya bikazatangira gukurikizwa Ministeri ibishinzwe imaze kubinoza no kubishyira ku murongo neza.

 Avuga ko muri ibi byiciro bisanzwe,  Leta ikomeje gahunda yo gushyira umuturage ku isonga, ariyo mpamvu  yiyemeje kwishyurira abari mu kiciro cya mbere batishoboye,  ubwisungane bwa 3000 F ku umwaka, abo mu kiciro cya 2 n’icya 3, bakoroherezwa kwiyishyurira 3000 F naho abo mu kiciro cya 4 bakiyishyurira 7000 F yonyine mu mwaka.

Abayobozi bahawe ibitabo bikubiyemo Amabwiriza n’Imfashanyigisho

Mu rwego  rwo gufasha kandi umuturage kurangwa n’ubuzima bwiza, Rugemanshuro avuga ko umuturage yoroherejwe nabwo, hakurwaho imbogamizi zatumaga arindira iminsi 30 ataravurwa kandi yarishyuye, muri kino gihe byaravuguruwe, umuryango wishyuye ukaba ugomba guhita utangira kuvurwa ako kanya, bamaze kwishyura   byibura 75% yayo bagomba kwishyura, asigaye akaba yatangwa kuri 31 Ukuboza 2022.

Asoza avuga ko hari byinshi byakozwe  kugira ngo umuturage akomeze yoroherezwe.

 Muri byo ikiza kikaba ko  umuntu wese wakira umurwayi, afite n’ubushobozi bwo gukoresha ikoranabuhanga, bityo bakamenya ko uwivuza yishyuye ubwisungane atiriwe ajya ku murongo, ibyo bikaba bituma bagera ku bakozi ba  RSSB  Serivisi zose  zarangiye.

Umuhango witabiriwe n’Ingeri zitandukanye z’abaturage bo mu Karere ka Gasabo

Uwitwa Ndayisaba Joseph, ushinzwe Amajyambere n’Iterambere mu mudugudu wa Runyonza, wari witabiriye igikorwa cyo gutangiza umwaka mushya w’ubwisungane mu kwivuza, avuga ko agendeye ku mpanuro bahawe n’Abayobozi babo, bagiye gukangurira abaturage gutanga umusanzu w’ubwisungane hakiri kare kugira ngo abaturage be,  bakomeze ibyo bakora ariko banizera ko igihe byaba ngombwa ko hari uwahura n’uburwayi bwa bwisungane bwe yatanze bukaba bwamugoboka bidatinze.

Akarere ka Gasabo katangirijwemo umwaka mushya w’ubwisungane mu mukwivuza mu Murenge wa Rusororo,  ni kamwe mu turere dutatu tugize umujyi wa Kigali.

 Ni Akarere gashimirwa ko kagaragaje ubwitabire buri hejuru mu gutanga imisanzu mu kigega Ejo heza. Abaturage bagize aka Karere, bakaba basabwa gukoresha uwo muhate bagize,  bakazaza ku isonga no mugutanga ubwisungane mu kwivuza muri uyu mwaka mushya wa 2022-2023.

E.Niyonkuru

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *