Aya ni amagambo atangazwa na Bwana Ngarambe Daniel, uyoboye Impuzamahuriro y’abakora akazi ko gutwara abantu kuri Moto mu Rwanda ”FERWACOTAMU”, avuga ko Mubazi n’ubwo hari abatari kuyishimira, kuri we abona ije gukemura ibibazo byinshi byavukaga muri uwo mwuga , bitewe ahanini na bamwe mu bawiyitiraga batujuje ibisabwa, ari nabo baca intege bagenzi babo bakayibangisha. Abamotari ngo bakazabyungukiramo, kubera ko bazaba bafite n’ububasha bwo kubona inguzanyo muri Banki iyo ariyo yose bitewe n’uko Mubazi izaba yerekanye uburyo amafaranga yagiye ayicishwaho angana “Historique.”
Bwana Ngarambe Daniel, avuga ko kuba Inzego z’igihugu zibishinzwe zaricaye kugira ngo zifashe abakora umwuga wo gutwara za Moto gukoresha ikoranabuhanga, ari ikintu cyakagombye kwishimirwa na buri wese kubera ko abatwara abantu mu modoka mu buryo bwa rusange bo bamaze kubigeraho neza, mu gihe nabo ubwo batangiraga hari bamwe batabyumva neza nk’uko no mu ba Motari ndetse n’abamwe mu bagenzi, hariho benshi batari babyakira mu buryo bweruye.
Agira ati “buri gihe iyo ibintu bigitangira birumvikana ko hari abadahita babyumva, ariko mu minsi mike ndakubwiye aba Motari bacu bazishimira cyane iyi Mubazi kuko izabungura aho kubahombya nk’uko hari bamwe bagishidikanya.
Iki ni gikoresho kije guca akajagari katerwaga na bamwe biyitiriraga umwuga wacu nyamara kandi nta byangombwa byo kuwukora bagira, bazwi ku izina ry’Inyeshyamba.
Twese tuzi neza ko hari abajura bibaga za Moto bakazihindurira Moteri na Pulaki ndetse n’abandi ba Nyamanyanga benshi umuntu utarondora.
Abo rero ntibazabasha kubona Mubazi nibaramuka bagaragaye bazafatwa, nyuma y’ibyo tukizera ko hazakora abazaba bujuje ibisabwa kandi bakora neza akazi kabo uko bikwiriye.
Byaba bibabaje hari abantu biyibagije akajagari karangwaga mu modoka zitwara abantu mu bice bitandukanye by’umujyi, ariko kino gihe Tap &GO yabo, ikaba yarabikemuye ku buryo n’uwabasaba ngo bihagarare abaturage ntibabimwemerera. Natwe rero, ndakubwiza ukuri ko mu minsi mike, Mubazi izakundwa kandi na benshi maze aba Motari bakoroherezwa mu kazi kabo ka buri munsi.”

Ibi Bwana Ngarambe Daniel, abitangaje nyuma y’uko ikigo gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro RURA, yari iherutse gutangaza ko kuwa 07 Mutarama 2022, buri mu Motari wo m’umujyi wa Kigali yagombaga gutangira kwifashisha Mubazi igihe cyose yishyurwa amafaranga y’urugendo n’abagenzi atwaye, nyamara benshi bakagenda Biguruntege, bavuga ko zibahombya aho kugira ngo zibungure.
Benshi mu ba Motari bagaragarije ikinyamakuru igisabo impungenge z’uko batazabasha kwinjiza amafaranga nkuko bayinjizaga kandi baba bagomba ngo gutanga imisanzu ya za Kopertive, ubwishingizi no gutunga ingo zabo.
Kuri izi mpungenge zabo ba Motari Bwana Ngarambe, avuga ko batagombye kuzigira kuko Mubazi izabafasha kugera ku Iterambere kubera ko hakurikijwe uburyo yagiye akoresha Mubazi akinjiza menshi bizamufasha kujya muri Banki, hakarebwarebwa Historique akaba yahabwa inguzanyo yo kubaka inzu, kugura Moto nshyashya, imodoka n’ibindi mu gihe mbere ntawamugiriraga ikizere kuko yakoraga ashyira mu mufuka, akayarya uko abyumva yizeye kuzakorera andi ejo bukeye agahora muri ayo nta Kindi.
Ku birebana n’ibivugwa n’aba Motari ko imisanzu yabo batamenya icyo ikoreshwa kubera ko n’urwaye atabasha kuvuzwa, Bwana Ngarambe avuga ko aba Motari bibumbiye mu ma Koperative atandukanye, bakaba aribo bishyiriraho abayobozi n’amategeko abagenga.
Kuba rero batamenya uko amafaranga yabo akoreshwa, avuga ko ataribyo kubera ko buri gihe, uretse ikibazo cya Corona cyateye kikaba cyaragiye gituma nta nama zabo ziba, ubusanzwe ngo bagezwagaho kenshi uko imitungo yabo icunzwe cyane ko ariho havamo ubukode bw’inzu Koperative ikoreramo, ibikoresho, kwishyura abakozi, no kugura imodoka iyo bibaye ngombwa yo kwifashisha mu kazi ka buri munsi.
Ikindi avuga ni uko aba Motari bose basigaye bishyurirwa umusanzu wo kwizigama wa EJO HEZA” izabafasha mu gihe baba batagikora bageze muzabukuru.
Cyakora Bwana Ngarambe yemera ko hari ama Koperative yagiye agaragaraho kudakora neza, agamije inyungu z’abanyamuryango, aho ubuyobozi bwa FERWACOTAMU bufatanyije na RCA bagiye ngo bakebura abo bayobozi babo, ndese bamwe bagahagarikwa hatabuze n’ibihano kubagaragaje gucunga nabi imari y’abanyamuryango.
Iby’uko Mubazi ije guteza imbere aba Motari mu kazi abo ka buri munsi, bishimangirwa kandi na Bwana Nkurunziza Charles Umuyobozi wa Koperative COTRAMO IKIZERE, ikorera mu murenge wa Kimisagara Akarere ka Nyarugenge, uvuga ko mbere y’uko aba Umuyobozi nawe yari Umu Motari badakora ngo bunguke uko bikwiriye.
Ahamya adashidikanya ko ibyo Ubuyobozi bw’igihugu bwabakoreye bukabashyiriraho kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Mubazi nta kabuza bazakora neza kandi bakabona ubwizigame butubutse.

Kubirebana na Sosiyeti y’ubwishingizi Aba Motari bifuje gushinga kubera ko bagaragaje ko amasosiyeti y’ubwishingizi abahenda Bwana Ngarambe, avuga ko ari igitekerezo kiza bagize, ariko kubera Icyorezo cya Covid 19 cyaje, kikaba kitaratumye babasha guhuza aba motari ngo bahurize hamwe ibitekerezo by’uko yaba iteye n’umugabane shingiro byasaba.
Gusa akizera ko ibihe nibigenda neza bazahura ari benshi bagatanga ibitekerezo by’uko yashingwa.
Cyakora akavuga ko niyo yashingwa yaza ari nk’ikigo cy’ubucuruzi itaba ije gufasha aba Motari ngo bayikoreshe umunsi umwe nibucya ifunge imiryango.
Asaba aba Motari gukoresha neza ubwishingizi bakoresha kino gihe, birinda impanuka, badatwara nk’ibyihebe, birinda gukora Kinyeshyamba kuko haguma amagara, amafaranga ngo arashakwa akaboneka.
Mu gusoza Bwana Ngarambe Daniel, ashimira cyane bagenzi be bakora umurimo wo gutwara abantu kuri za Moto, uburyo bakora amanywa n’ijoro bagamije kwiteza imbere n’igihugu muri rusange, ku buryo hari bamwe bari baracikishirije amashuri babashije kuyasubukura bakiga neza ndetse ngo hari n’abarangiza bakabona akazi mu buyobozi bwa za Koperative, abandi nabo bubatse amazu meza, hari abashinga ibinamba, hari ababona uburyo bwo kwishyurira abana babo amashuri ari nako banashinga ingo mu buryo buboneye.
FERWACOTAMU ni Impuzamahuriro y’abakora umwuga wo gutwara abantu kuri za Moto bazwi nk’aba Motari, kugeza uyu munsi abanyamuryango bayigize bagera ku bihumbi 196( 196,000), bibumbiye mu ma Kopetative agera ku 182 mu gihugu hose.
Intego Abayobozi bayo bimirije imbere muri kino gihe, ni uguteza imbere aba Motari babafasha gukoresha ikoranabuhanga nka Mubazi igikoresho bizera ko kizabafasha kwinjira mu Iterambere rirambye.

