Rimwe mu mashuri rigendera ku Ndangagaciro za Gikirisitu “ECOLE MERE DU VERBE” rikorera mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri ya 1, abaharererwa n’abaharerera, bavuga ko bahisemo neza uko bikwiriye kuko ari ikigo cyujuje ibisabwa byose kugira ngo uhanyuze wese ahakure impamba y’ubwenge buzamufasha mu buzima bwe bwose.
Ibi ni bimwe mu byavugiwe mu birori byo kwishimira isozwa ry’umwaka w’amashuri 2025-2026 muri ECOLE MERE DU VERBE rikorera mu murenge wa Remera nk’uko byavuzwe haruguru, hanasezerwaho abana 48 barangije umwaka wa 6 w’amashuri abanza banamaze gukora ibizamini bya Leta, bakaba bitegura kujya mu mashuri yisumbuye, ndetse n’ibibondo 21 birangije umwaka wa 3 w’Ikiburamwaka(Nursery), nabo bakaba bagiye kwinjira mu mwaka wa 1 w’amashuri abanza.

Ni ibirori byari binogeye ijisho byabaye kuri uyu wa 11 Nyakanga 2026 byaranzwe n’imyiyereko y’abana beza barererwa kuri iryo shuri, bagaragaje udushya turi mu myigire yabo, cyane ko uretse kwerekana Akarasisi ka Gisirikare kayobowe n’umwana w’imyaka icyenda, abana banerekanye uburyo bashobora kuvura uwagezweho n’uburwayi agatabarwa.
Bagaragaje kandi impano zigendanye no kubyina imbyino Gakondo n’ iza Kizungu, Imivugo, Imbwirwaruhame n’ibindi bigaragaza uburere n’ubumenyi bahererwa ku kigo bahisemo.
Umuyobozi mukuru wa Ecole Mere du Verbe Delphine Kamaliza avuga ko ikigo cyabo kimaze kuba ubukombe cyane ko cyatangiye muri 1997 ,kikaba kimaze gusohokamo abana benshi ubu bafite imirimo itandukanye mu gihugu no hanze yacyo, cyane ko ari ikigo kirangwa no kugira abana b’abahanga, abaharangiza bose bakaba batsinda amasomo yose 100%.
Avuga ko abasoje umwaka wa 6 uyu mwaka nabo, ngo bamaze gukora ibizamini bya Leta, bakaba baratangarije abarezi babo ko babitsinze byose, bakaba biteguye neza kujya mu mashuri yisumbuye.
Agira ati “Twishimiye cyane ko turangije umwaka neza w’amashuri 2025-2026 aho abana bagera kuri 300 aribo twifuriza kuwusoza neza, muri bo barimo 48 bo mu mwaka wa 6 banamaze gukora Ibizamini bya Leta. Tukaba tubifuriza Intsinzi ikomeye nk’uko bakuru babo babanjirije bagiye batsinda bose. Abana bacu twabashimiye tubaha indangamanota n’impamyabumenyi zabo, tutibagiwe na barumuna babo bato basoje umwaka wa 3 w’Ikiburamwaka, abo nabo bakaba biteguye kujya mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza, muri rusange abanyeshuri bakaba baratsinze 100% ari nayo mpamvu twaje kubashimira.”

Avuga ko mu by’ukuri ishuri ryabo rizakomeza guharanira gutanga Ireme ry’uburezi nyabwo nkuko babyiyemeje ko abana, bagomba kwiga neza bakarangwa n’ikinyabupfura, ku buryo ndetse n’iyo bagiye ku bindi bigo bakomeza kuba abahanga.
Bityo asaba abasoje umwaka wa 6 kuzababera Ba Ambasaderi beza aho baziga hose, kugira ngo abazajya bababona bababonemo intangarugero, zizi ubwenge kandi bakomeze barangwe n’imico myiza bakuye kuri Ecole Mère de Verbe.
Ku urundi ruhande avuga ko asaba ababyeyi bifuza kurerera ku ishuri ryabo, kubikora hakiri kare muri ibi biruhuko, imyanya ikaba ngo ihari kandi biteguye kwakira abana bose bazabagana, cyane ko bafite abarimu b’abahanga bafite uburambe mu kwigisha no gufata neza abana uko bikwiriye.
Ashimira Leta y’u Rwanda nk’Umufatanyabikorwa mwiza biciye muri Minisiteri y’Uburezi, uburyo baba hafi babagira inama, babagenera Imfashanyigisho n’amahugurwa asaba uko bufatanye bwakomeza kwiyongera nk’amashuri yigenga bakajya bagerwaho n’ibigenerwa andi mashuri kuko icyo baguriyeho ari ujrera Igihugu abana b’abahanga bazubaka igihugu mu bihe biri imbere.
Kimwe n’umuyobozi mukuru w’ishuri, Umuyobozi w’ishuri Head Master” Vedaste Dusabimana avuga ko biba bitoroshye gufata umwana uza ari uruhinja ari kurira iyo yinjira mu kiburamwaka, nyamara akahava ari inkumi n’umusore witegura guhita yinjira mu mashuri yisumbuye.
Ashimira abarimu bagenzi be umuhate n’umurava bagaragaza mu kurera abana babo ku uburyo ikigo cyabo cyabaye Pepiniyeri y’abahanga bamwe basoza bafite amanota ya mbere, banakomeza mu yandi mashuri bagakomeza nabwo kuza mu myanya ya mbere.
Ashimangira ko kuba ikigo cyabo kirangwa n’abanyeshuri bafite ubwenge ku urwego rwo hejuru, ari uko abarimu babakurikirana mu myitozo yose bahabwa, ndetse bakanafashwa n’ababyeyi babakurikiranira hafi, bityo na nyuma y’amasomo ntibirare ku uburyo no mu biruhuko babaha ibyo batahana bagomba gukora.

Ikindi uyu muyobozi avuga, ni uko abana biga bisanzuye kuburyo nta shuri rirenza abana 25, bityo mwarimu nawe yigisha neza nta nkomyi, abana nabo bakiga nta mubyigano buri wese akagerwaho na mwarimu uko abyifuza.
Ku birebana n’akarusho ka Ecole Mère du Verbe, avuga ko harimo ni uko abana bahabwa umwanya wo kugaragaza impano zibarimo, haba mu myidagaduro n’imikino itandukanye, cyane ko ishuri rifite ibibuga byujuje ibisabwa, haba ku umupira w’amaguru n’iy’amaboko. Akarusho ishuri ngo rikaba rifite Ikipe y’abantu bahitoreza ikomeye ku buryo mu minsi mike iraba ibarizwa mu cyiciro cya 3 cya Shampiyona yo mu Rwanda.
Ababyeyi n’abana barashimira Ecole Mère du Vebe
Umwe mu babyeyi barera kuri Ecole Mère du Verbe Emmanuel Sibobugingo avuga ko yishimira cyane kuba arerera ku kigo gifite abana b’abahanga kandi barangwa n’ikinyabupfura ku uburyo bugaragarira buri wese.
Agira ati “Aha mpafite abana babiri umwe arasoje undi ari mu Kiburamwaka. Rwose navuga ko abarerera ahangaha twahisemo neza uko bikwiriye ndetse n’abana ubwabo barabyishimira, uwanjye aba ansobanurira buri gihe uburyo bigishwa neza n’abarimu babo, ku uburyo ngo babaha imyitozo myinshi ari nayo ibafasha gucengerwa n’amasomo baba bize.”

Uyu mubyeyi avuga ko n’abandi babyeyi baba bifuza kurerera ku kigo kita ku bana babo, nta handi bakagombye kujya hatari muri Ecole Mère du Verbe nabo ubwabo bahisemo, cyane ko kuharera ari amahirwe umubyeyi n’umwana baba bahuye nayo.
Gakiza Aime Egidia ni umwana w’umukobwa urangije umwaka wa gatandatu. Avuga ko amasomo ayasoje neza kandi yagize hejuru ya 92%,bityo akaba yiteguye kwinjira mu mashuri yisumbuye kandi yiteguye gukomeza gutsinda nk’uko yabigize intego.
Agira ti “Nsoje amasomo neza. Umwaka wa gatandatu nkwusoje niteguye kujya mu mashuri yisumbuye rwose, cyane nyuma y’uko dukoze ibizamini bya Leta, ku bwanjye nabonye narabitsinze nta gushidikanya. Ndasaba bagenzi banjye dusozanyije, kutirara bagakomeza gusubira mu masomo uko bikwiriye, kugira ngo tuzagere mu mashuri yisumbuye twitwara neza, nkuko twabigenzaga hano kandi nk’uko twabitojwe.”
Avuga ko mu masomo akunda kandi azakomeza gukunda, harimo by’umwihariko imibare, cyane ko inamufasha gutekereza no gufungura umutwe akiga atiyigishije, gusa ngo n’icyongereza aragikunda nk’ururimi rukoreshwa ku isi yose.

Yizera adashidikanya ko urwego cyangwa intera azamutsemo ari uwa mbere, bizamufasha nta shiti kugera muri Kaminuza ndetse akazarangiza akiri mu myanya ya mbere.
Ecole Mere du Verbe, ni ishuri ryigenga ntangarugero riherereye mu murenge wa Remera, Akagari ka Rukiri ya1 mu karere ka gasabo.
Ni ishuri rimaze imyaka hafi 29 ritanga Uburezi nyabwo nkuko ubuyobozi bwaryo n’ababyeyi baharerera babitangamo ubuhamya.
Ni shuri kandi rirangwa no kugira abana b’abahanga batsinda ibizamini bya Leta 100% ari nayo mpamvu Ubuyobozi bw’ishuri buhamagarira buri mubyeyi ubishoboye kuzana umwana we kuhiga, kugira ngo uwo mwana nawe abashe kuvoma kuri iryo riba ry’ubwenge ridakama.
Amafoto





























































