Mu gikorwa cyo kugaragaza no gushimira abatanze serivise nziza n’ibikorwa by’indashyikirwa bitegurwa na karisimbi Events, umwanditsi akaba n’umuyobozi w’urugaga rw’abanditsi mu Rwanda Hategekimana Richard yashyikirijwe igihembo cy’umwanditsi mwiza w’umwaka.
Ni mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa 28 Werurwe 2025 ahahembwe abantu n’ibigo mu ngeri zitandukanye, maze kubigendanye n’umwanditsi mwiza w’umwaka igihembo giherekejwe n’igikombe kikaba cyahawe Hategekimana Richard washimiwe kuba umwanditsi w’intangarugero umaze gusohora ibitabo bigera kuri 15, ibyinshi bikaba ari ibivuga bikanarata Ubutwari bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.
Hategekimana Richard washimiwe nk’umwanditsi mwiza w’umwaka, ubusanzwe ni Perezida w’urugaga rw’abanditsi mu Rwanda, akanaba icyarimwe Perezida w’ishyirahamwe ry’uruganda rw’igitabo.
Bimwe mu bitabo uyu mugabo umaze kuba indashyikirwa mu kwandika biri no mu byashingiweho abona iki gihembo, twavuga “Kagame Paul Imbarutso y’Ubudasa bw’Abanyarwanda, igitabo yatangaje kuwa 04 Mata 2024 ndetse n’icyo yise “President Paul Kagame’s Journey to Victory” yatangaje kuwa 01 Ugushyingo 2024, byose bikaba bifite umwihariko wo kuvuga no kurata ubutwari bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.
Ku rundi ruhande, amakuru agezweho kuri Hategekimana Richard wamaze guhembwa na Karisimbi Events nk’Umwanditsi w’umwaka, akaba anakomeje kubishimirwa na benshi by’umwihariko abanditsi bagenzi be, avuga ko kuwa 04 Mata 2025 azashyira kandi ku mugaragaro ikindi gitabo gishya “Rwanda’s Path to The Elections in a Nation Rebirth, igitabo kivuga ku matora y’u Rwanda.

Ni igitabo Hategekimana avuga ko ari intwaro ikomeye yo kwimakaza amatora meza mu bihugu byo ku isi, na cyane ko u Rwanda ngo rwamaze kuba intangarugero mu bikorwa byinshi birimo n’amatora abereye Abanyafurika n’Abananyarwanda muri rusange.
Hagarukwa ku gihembo Hategekimana yahawe kuri uyu wa gatanu tariki ya 28 Werurwe 2024, avuga ko yishimiye cyane igihembo yahawe , agahamya adashidikanya ko ibi biri mu bimwongerera imbaraga zo gukomeza kuba umwanditsi ushishikajwe n’umwuga yahisemo.
Agira ati “Ntunguwe cyane n’iki gihembo mpawe, ku rundi ruhande ariko sintunguwe kuko umuntu aba yarakoze neza akazi ke. Ibi ni ibintu binejeje kandi binyongereye imbaraga. Nshimiye cyane aba bateguye iki gikorwa, ubushishozi bakoranye bakaba barangeneye iki gihembo. Ni umusanzu ukomeye mbonye. Ni muri urwo rwego nsaba n’abandi banditsi bagenzi banjye gukomeza gukotanira ibyiza by’u Rwanda bandika ibyiza byarwo bitandukanye dukesha ubuyobozi bwiza, burangajwe imbere n’intore ibarusha Intambwe Nyakubahwa Paul Kagame.
Igikorwa cyo kumurika no gutangaza Igitabo gishya “RWANDA’S PATH TO THE ELECTIONS IN A NATION REBIRTH cyanditswe na Hategekimana Richard kikaba kivuga ku budasa bw’amatora y’u Rwanda, kizaba kuwa 04 Mata 2025 cyagombye kuba cyaratangajwe kuwa 27 Werurwe 2025 kiza kwimurwa, kuri uwo munsi kandi hakazabaho no guhemba ndetse hagashimirwa abanyeshuri bo muri za Kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda basomye bakanandika neza ibitabo, igikorwa kizabera muri Intare Arena Conference i Rusororo mu Karere ka Gasabo.



ANDI MAFOTO:





IGISABO