Perezida Paul Kagame kuri uyu wa 1 Gashyantare 2024 yakiriye abarimo uwayoboye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (PAM), David Beasley wanayoboye intara ya South Calorina muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, John James.
Umukuru w’Igihugu kandi yakiriye itsinda ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika bafite inkomoko muri Afurika (Black Caucus), riyobowe na Steven Horsford uhagarariye Leta ya Nevada, nkuko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byabitangaje binyuze kuri Twitter.
Ibi biro byagize bisobanura ko ikiganiro Perezida Kagame yagiranye n’aba Banyamerika cyarebagana n’uburyo izi ntumwa za rubanda muri Amerika zarushaho gukorana n’u Rwanda mu iterambere.
Biti “Bagiranye ikiganiro ku bufatanye bushoboka hagati y’itsinda ry’abagize Inteko b’abirabura n’u Rwanda.”
Perezida Kagame ari muri Amerika, aho yitabiriye igikorwa cyo kuganira n’Abanyarwanda n’inshuti zabo mu munsi wa Rwanda Day uzabera i Washington D.C kuva tariki ya 2 kugeza kuri 3 Gashyantare 2024.
Kuri uyu wa Kane biteganyijwe Perezida Kagame aritabira isengesho ryo gusabira igihugu ritegurwa na Leta ya Amerika.
Perezida Kagame yaherukaga muri Amerika muri Nzeri 2023. Yari yitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.
Perezida Kagame yakiriye David Beasley wayoboye PAM na South Carolina
