Uburezi : Hari byinshi Sainte Anne Primary school ryakwigirwaho na benshi nyuma yo kwegukana umwarimu w’Indashyikirwa mu gihugu

admin
7 Min Read

Nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere mu mashuri abanza y’igenga mu Rwanda, Sainte Anne Primary School ishuri ribanza ryigenga rihereye mu murenge wa Rukomo, Akarere ka Nyagatare mu Ntara y’I Burasirazuba, Ubuyobozi n’abarezi baryo bavuga ko intego ari ugukomeza gusigasira ibyagezweho birimo gutsinda no guhora ku isonga.

Ni imigabo n’imigambi y’abayobozi, abarezi n’abanyeshuri bo muri iri shuri ry’Ikitegererezo,  batangarije ikinyamakuru Igisabo kuri uyu wa gatatu Tariki ya 09 Ugushyingo 2022, mu urwego rwo kugaragaza akanyamuneza batewe no kuba  ku isonga ry’amashuri abanza y’igenga ubwo umwe mu barezi babo Nshimiyimana Eustache Yahabwaga igihembo cy’indashyikirwa, nyuma yo kugaragaza uburyo bwihariye System yavumbuye, imuhuza n’abanyeshuri y’igisha, hifashishijwe Telefoni zigezweho zifite ikoranabuhanga  rihanitse“Smart Phone, hadakoreshejwe ikibaho cyangwa impapuro,  bityo bagashimangira ko ikoranabuhanga bamaze kugeraho ari impamba ikomeye mu masomo yabo no mu bihe biri imbere.

Umuyobozi w’Ishuri rya Sainte Anne Primary School Soeur Lucia Nyirahakizimana, avuga ko ishuri ryabo ryatangiye ari aho bafashiriza abana bafite imirire mibi, bagamije ahanini gufasha   ababyeyi  kubategurira indyo iboneye, nyuma y’aho ibyo bigo bihinduriwe inshingano,  ngo bahisemo gutangiza ishuri ry’inshuke ryaje kwiyongeraho n’iribanza, nyuma y’ubusabe bw’ababyeyi benshi.

Agira ati “ iri ni ishuri ry’ikitegererezo. Dutangira twahereye ku mashuri y’Inshuke,  nyuma y’aho ababyeyi babidusabye ko twabashyiriraho n’ishuri ribanza twubahirije ibyifuzo byabo.

Muri kino gihe, nakubwira ko   dufite abana b’abahanga, bigaragazwa n’uko  mu myaka ine ishize, hatangiye gukorwa ibizamini bya Leta, abana bose babitsinda ijana ku ijana.

Umuyobozi w’Ishuri rya Sainte Anne Primary School Soeur Lucia Nyirahakizimana

Kuba abana bacu batsinda neza, tukaba tubikesha abarimu b’abahanga dukoresha bigisha abana neza uko bikwiriye, n’ikimenyimenyi tukaba twarabonye umwarimu w’Indashyikirwa ku urwego rw’igihugu  wahawe igihembo na Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe kuwa 02 Ugushyingo 2022 nk’umwarimu wo mu mashuri abanza yigenga,  wagaragaje guhanga udushya mu myigishirize y’abana be, kandi mu buryo bugendanye n’ikoranabuhanga rigezweho.”

Soeur Lucia Nyirahakizimana,  avuga ko kuba abanyeshuri babo  barangwa n’ikinyabupfura isuku no kubaha, ibitanga icyizere cyo kuzagira abanyarwanda beza mu bihe biri imbere barangwa n’ubuhanga n’imico myiza.

Avuga kandi ko mu rwego rwo guharanira ubuzima bwiza bw’abo barera hari imirima y’imboga z’amoko yose bahinga buri gihe, indi imyaka  nk’ibigori, ibishyimbo n’imbuto.

Ikindi ni uko ibigori ngo bejeje cyangwa ibindi bigurwa kugira ngo byunganire ibyabo, bafite  imashini  igezweho ibitunganya kugira ngo  babonere ifu hafi ya Kawunga yo kwifashisha, Kawunga ikaba ngo isimburana n’umuceri n’ibirayi kandi ngo abana bahabwa ifunguro bu buryo buhagije.

Asoza ashimira Leta y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bakorana kenshi mu guharanira ko ireme ry’uburezi rirushaho gutera imbere muri Sainte Anne Primary School no mu gihugu hose muri rusange.

Cyakora asaba Leta kujya ibunganira ku bikoresho bikenerwa n’abanyeshuri kenshi,  birimo ibitabo na Mudasobwa zigenewe abana za One Lap Top per Child,  byanaba ngombwa bakubakirwa amashuri mashya nkuko bikorerwa amashuri afashwa na Leta.

Bwana Nshimiyimana Eustache,  Mwarimu w’Indashyikirwa ku urwego rw’igihugu,  washimiwe na Guverinoma y’u Rwanda kubera umuhate no guhanga udushya yagaragaje, yishimira cyane igihembo cya Moto yahawe, ikaba ngo iri kumufasha kurangiza inshingano ze zo kwigisha cyane ko kuva iwe mu rugo,  yahakoreshaga iminota  nka 20, ubu akaba atarenza iminota 5 gusa.”

Agira ati “ iki ni igikoresho kiri kumfasha cyane. Mu minota 20 nakoreshaga ndi gukoresha 5 yonyine. iyo 15 nungutse nkaba nayo nyifashisha mu gutegura abana, mbafasha kwinjira  mu isomo neza ry’umunsi. Ibi ni ibintu nizeye ko bizamfasha kubona umwanya uhagije wo kwita no kwigisha abo nshinzwe kurushaho.”

Bwana Nshimiyimana Eustache,  ashimira cyane Nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’abamufasha ku bera ibihembo bageneye abarimu bagaragaje ubudasa mu myigishirize yabo, bikaba biri kububaka no kubatera ishyaka mu byo bakora.

Bwana Nshimiyimana Eustache,  ashimira cyane Nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’abamufasha ku bera ibihembo bageneye abarimu

Avuga ko yifuza ko biriya bihembo bitangwa, byagenda bikambuka umupaka bikagera mu mu muryango w’ Afurika y’I Burasirazuba, bityo abanyarwanda bakajya babihatanira, bagamije kubitsindira nawe ubwe arimo.

Herve ni umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu ubanza muri Sainte Anne Primary School, yishimira cyane kuba ababyeyi baramuzanye kwiga ku ishuri ry’ikitegererezo kandi ritsinda, rikaba rifite abarimu b’abahanga babafasha kwiga neza, gusubiramo amasomo no kuyatsinda uko bikwiriye.

Agira ati “mpisemo gushishikariza ababyeyi kugana iri ishuri ari benshi, kugira ngo abana babo baze dufatanye kurahura ubwenge buzadufasha kwiteza imbere mu bihe bizaza.

Ndikwiga neza amasomo,  nkaba nifuza ko ninyasoza muri kaminuza maze gukura,  nifuza kuzatwara  indege, cyane ko nkunda amasomo y’ubumenyi n’imibare, nkizera ko bizamfasha mu buzima bwanjye nteganya kuzabamo.

Herve yifuza kuzatwara indege

Igihozo Umutoni Divine ni mugenzi we  w’umukobwa nawe wiga mu mwaka wa 6.  Avuga ko ateganya kuzaba umuganga uvura abandi, bitewe ahanini n’uburyo abona abaganga b’igitsina gore,   bakiri bake bityo akifuza kuzaminuza muri uwo mwuga.

Agira ati “ kuba ntsinda amasomo neza kuri kino kigo cy’Indashyikirwa, bimpa imbaraga zo kuzakomeza no gutsinda mu mashuri yandi azakurikiraho kandi mbifitiye icyizere kinshi.

Igihozo Umutoni Divine yifuza kuzaba umuganga

Sainte Anne Primary School, ishuri ry’ikitegererezo rirangwa no kugira abana b’abahanga n’abarimu barangwa n’ubumenyi bwo kwigisha ibyo bazi neza, ndetse n’ubuyobozi buharanira iterambere ry’ikigo buri gihe n’igihugu muri rusange, ni ishuri riherereye mu Ntara y’I Burasirazuba, Akarere ka Nyagatare, Umurenge wa Rukomo.

 Ni ishuri rifite icyiciro cy’amashuri y’inshuke Nusery, n’icy’amashuri abanza Primary.

 Muri kino gihe hakaba habrirwa bana basaga  500 b’abahanga kandi barangwa n’ikinyabupfura.

Ubuyobozi bw’ikigo bukaba butangaza ko mu minsi iri imbere, bagiye no gushyiraho ikiciro cy’amashuri y’isumbuye Secondary School, bitewe ahanini n’uko ababyeyi babisabye ari benshi, bityo bakaba bariyemeje kubishyira mu bikorwa.

igisabo.rw/

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *