Bugesera : Umuryango wa Hakizimana uvuga ko warenganye ukitabaza Urukiko rw’ikirenga ukomeje kubuzwa epfo na ruguru

admin
9 Min Read

Uwitwa Hakizimana Innocent wo mu murenge wa Ntarama, Akagari ka Cyugaro, mu Karere ka Bugesera, wacumbikiwe n’ubuyobozi mu murenge wa Nyamata, Akagari ka Kayumba, Umudugudu wa nyiramatuntu aratabaza abo bireba bose nyuma y’uko yitabaje urukiko rw’ikirenga ku karengane yagiriwe agaterezwa inzu cyamunara by’amaherere mu rubanza yaburanaga n’abavandimwe be.

Hakizimana Innocent ni umugabo uri mu kigero cy’imyaka 45 ufite umugore n’abana icyenda, akanabana n’umukecuru we bivugwa ko arengeje imyaka 100.

Muri 2015 avuga ko yashowe mu manza n’abavandimwe bashakaga ku muhuguza ikibanza cya M3  umukecuru we yamuhaye ngo abashe kwagura ikibanza yari yaguze na mukuru we, bakaba barabikoze ngo nyuma y’uko uwo mukecuru afunzwe kubera  ibyo yakurikiranwagaho.

Kakizimana avuga ko yiyambaje  Abunzi b’Akagari no mu murenge ariko kubera ibyo yise akagambane,  ngo byarangiye atsinzwe, ibyatumye  acibwa amafaranga ibihumbi 420, mu gihe yashakaga ubushobozi bwo kuyishyura Umuhesha w’inkiko NDASIMURWA Faustin ngo afatanyije n’Umuyobozi w’Akagari ka Cyugaro, bakoresheje inyandiko mpimbano, ngo hakorwa umwanzuro watumye hongerwa amafaranga y’ubwishyu agera kuri 1,200,000frw, bahita bateza inzu yabagamo n’umuryango we nta  n’ nteguza.

Hakizimana Innocent n’umufasha we barasaba kurenganurwa

Agira ati “ mu by’ukuri ibyo naregwaga byari akarengane kuko abavandimwe bashatse kumpuguza ahantu umukecuru yampaye, bitwaje ko  yari amaze guhura n’ikibazo agafungwa.

Mu by’ukuri ntabwo namenye icyo Abunzi bahereyeho bemeza ko nsinzwe. Gusa narabyemeye nemera no kubaguranira ahandi barabyanga,  Umuhesha w’inkiko angurishiriza umutungo w’inzu ufite agaciro ka Miliyoni 9 kuko nari narayibarishije, ahitamo kuyiteza   kuri  Miliyoni3 zonyine.

Umuhesha w’Inkiko Ndasimurwa n’umuyobozi w’Akagari ka cyugaro bamenesheje umuryango wa Hakizimana

Nyuma y’uko ibye bitejwe cyamunara mu buryo yita ko ari akarengane, Hakizimana Innocent,  avuga ko yiyambaje inzego zose kuva ku Urwego rw’ Akarere, Umuvunyi  agera no kuri Presidensi ya Repubulika aza kugirwa inama yo kugana Urukiko rw’ikirenga,  ari narwo rwamaze kubona ko urubanza rwaciwe n’abunzi n’ibyakozwe byose byo guteza cyamunara birimo akarengane.  Bityo ikibazo cye cyoherezwa mu rukiko tukuru rwa Kigali rugomba kuzabifataho umwanzuro mu minsi ya vuba..

Bwana Hakizimana,  avuga ko Umuyobozi w’Akagari ka Cyugaro Evanis Musaniwabo, hamwe n’umuhesha w’inkiko Ndasimurwa Faustin bashyizemo imbaraga mu irangizwa ry’urubanza, kugeza n’ubwo ajugunyiwe ibintu byose hanze, asohorwa hanze n’umuryango we n’umukecuru ashinzwe w’imyaka irenga 100. Ibye byose bikaba biri kwangirikira mu cyumba cy’umurenge wa Ntarama.

Avuga ko yabonye ako karengane yiyambaza Perezidansi n’Intara y’iburasirazuba, aribwo bategetse Akarere ka Bugesera gukodeshereza uwo muryango  inzu yo kubamo,  mu gihe agitegereje umwanzuro w’urukiko rukuru, ari narwo rwasabwe n’Urukiko rw’ikirenga gusuzuma ikibazo cy’akarengane avuga ko yakorewe, gusa ngo mu mezi 5 Akarere kemeye kumwishyurira abiri yonyine yamaze gushira nyiri inzu aza kubasohora..

Uwo Akarere kakodesheje  inzu y’umuryango wa Hakizimana yaje kubasohoramo hakibura amezi 3 yose

Amakuru agera ku kinyamakuru igisabo ,  ni avuga ko kuri uyu wa gatanu Tariki ya 04 ugushyingo 2022, ubwo uwitwa Kalisa, ari nawe  nyiri inzu yakodeshejwe n’Akarere ka Bugesera, iherereye mu mudugudu wa Nyiramatuntu, Akagari ka  Kayumba, umurenge wa Nyamata,  ngo ari kumwe n’abagabo batatu batazwi,  yazindutse  asohora umuryango wa Hakizimana, avuga ko Akarere kamwishyuye amezi abiri yonyine.

Amakuru  akomeza avuga ko abana 9 b’uwo muryango  bahise bamenengana, bityo ntibabasha kujya ku  ishuri, cyane ko   bari banamaze igihe batajyayo,  kubera  iterabwoba ngo rya Kalisa, wakangishaga gukinga inzu ye kenshi, bityo bakagira ubwoba bwo kuyoberwa aho bashobora gusanga ababyeyi babo  berekeje.

Ikinyamakuru igisabo cyaganiriye na Madame Rachel Ntakirutimana umugore wa Hakizimana,  avuga ko bandagaye hanze  nyuma yaho bashyiriwe ingufuri ku nzu bakagenda nta kintu na kimwe basohokanye,  bakaba ngo babuze n’uko basohokana umukecuru wabo w’imyaka 120 wakingiranwemo n’abo bise abagizi ba nabi.

Agira ati” aka ni akarengane. Tugize uburyo twagurishirijwe inzu tukayisohorwamo by’amaherere. None dore  n’inzu Akarere kaducumbikishirijemo tuyirukanwemo.  Nk’ubu se aba abana turabajyana he,  ko ubona n’umukecuru wacu  ashobora kugwa muri iyi nzu bamukingiranyemo.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka kayumba Madame Justine Uwera,  avuga ko bamaze gusaba umuryango wa Hakizimana,  kugaruka mu rugo cyane ko  basabye ngo nyiri nzu kuyikingura nta yandi mananiza, kuko ibyo yakoze ngo binyuranyije n’amategeko.

Agira ati “twasabye ko akingura iyo nzu,  umukecuru wari wasigayemo twamuhaye amata n’icyo kurya.  Umuryango nawo turawusaba gusubira mu nzu  nk’uko bisanzwe,  cyane ko amasezerano y’ubukode yakozwe n’ubuyobozi , bityo nyiri inzu akaba agomba  agaciro.”

Inzu ya Hakizimana yatejwe cyamunara mu buryo butesheje agaciro

Madame Uwera, avuga ko bahisemo gushyira kuri iyo inzu abashinzwe umutekano kugira ngo umukecuru wasigayemo atagira icyo aba cyane ko bene urugo banze kugarukamo bavuga ko batizeye umutekano wabo

Igisabo  cyahamagaye nyiri ugukinga inzu akanakingiranamo umukecuru,   dusanga telefoni ye itariho.

Icyo benshi bavuga kuri iki kibazo cy’Umuryango wa Hakizimana

Umunyamabanga shingwabikorwa  w’Umurenge wa Nyamata  MUSHENYI Innocent. Ahakana ko nta bantu basohoye mu nzu, kandi ngo nta n’uwakwemera ko nyiri inzu agira uwo asohora, cyane ko umuryango wa Hakizimana washyizwemo n’ubuyobozi. Gusa ahakana ko batazabishyurira amezi atanu.

Agira ati “ abantu ntawabasohoyemo barahari kandi nzu irakinguye. Nta muntu wasohora umunyarwanda mu nzu, Gusa twabemereye amezi abiri yonyine, ibindi bafite imbaraga nabo nibishakemo ibisubizo.”

Uyu muyobozi cyakora n’ubwo avuga ko ntawabasohoye mu nzu, bene kurara hanze,  bahamagaye umunyamakuru isaa  saba z’ijoro,  bavuga ko nyuma yo kumeneshwa baraye ku urubaza  rw’umuntu ahitwa ngo Kariyeri.  Nyiri urwo rubaraza nawe akaba yaravuganye n’umunyamakuru avuga ko yabuze aho abaraza.

Inzu akarere ka Bugesera kakodeshereje umuryango wa Hakizimana bayisohowemo igitaraganya

Umukuru w’umudugudu wa Nyiramatuntu Mugabo James, avuga ko bitumvikana ukuntu abo kwa Hakizimana badatanga inzu y’abandi kandi amezi abiri ngo bishyuriwe yararangiye.

Agira ati “ jyewe uko nabibonye bataye inzu ntawabirukanye, ariko rero bakwiriye kuva  mu nzu y’abandi kuneza.”

Ikinyamakuru igisabo, cyamenye ko n’ubwo ubuyobozi bwavuze ko bwaje kurinda umutekano w’iyo nzu hamwe n’umukecuru ushaje cyane bakingiranyemo,  bene gusohorwa ngo bahageze kuri iki cyumweru Tariki ya 05 Ugushyingo basanga hari ibintu byabo byibwe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa  Ntarama Madame Uwamugira Martha,  aho umuryango wa Hakizimamana wakagombye kuba uri bataragurishirizwa umutungo, avuga ko Hakizimana agifite imbaraga ko yakagombye gukora akirwanaho.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa  Ntarama Madame Uwamugira Martha

Umuhesha w’Inkiko Ndasimurwa Fausti, ushinjwa kwangaza umuryango wa Hakizimana amutereza cyamunara mu buryo bw’akarengane, inshuro zose yahamagawe n’umunyamakuru ngo agire icyo abivugaho ntiyitabye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyugaro Evanis Musaniwabo, ahakana ko nta ruhare yagize mu itezwa cyamunara ry’umutungo w’umushinja. Ibyo ngo bireba abunzi bo bagashyira mu bikorwa imyanzuro yabo.

N’ubwo uyo bora Cyugaro ahakana cyakora,  Hakizimana amushinja  kumutwarira inka ngo ashaka ubwishyu, aza kuyisubiza ngo abigiriwemo inama n’Ubuyobozi bw’Akarere.

Nyuma y’ubusesenguzi ikinyamakuru igisabo gikomeje gukurikirana kuri uyu muryango bivugwa ko uri kubuzwa epfo na ruguru, umukecuru wa Hakizimana, mu gahinda kenshi agira ati “

Umwana wanjye baramurenganya. Mbere y’uko mfungwa nari naramuhaye metero nkeya yongera ku kibanza yaguze na mukuru we. Natangajwe no kumva ko bari kumwangaza bamugurishiriza ibye. Ndatakambira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ngo andenganurire umwana asubizwe ibye.

Ibyo umukecuru wa Hakizimana,  avuga bishimangirwa na Habimana Hassan, mukuru we wamugurishikje ikibanza yubatsemo inzu Mukecuru akamwongereraho metero eshatu.

Agira ati “ ntako ntatakambiye Abunzi mbabwira ko Hakizimana abavandimwe bacu bamurenganya. ndetse n’umuhesha w’inkiko arabimubwiye. Umutungo ni uwa Hakizimana nzakomeza mbivuge, Imana izamurenganura ndabizi.

Habimana Hassan mukuru wa Hakizimana arashimangira akarengane ku muvandimwe we

Ikigaragara muri rusange ni uko iki kibazo Hakizimana abayobozi bagifata nk’icyoroshye,   mugihe benshi bemeza ko  arengana, Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwakagombye gukurikirana iki kibazo kikarangira neza nk’uko Nyakubahwa Ministiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Gatabazi Jmv yabisabye Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Richard Mutabazi, ubwo yari amaze gutangaza kuri Twetter ko ikibazo akizi kandi yagikurikiranye.

Meya Richard Mutabazi yasabwe na Ministiri Gatabazi kurangiza ikibazo cy’umuturage
Urukiko rw’Ikirenga rwagaragaje akarengane ka Hakizimana
NYUMA YO GUSOHORWA MU NZU BISHINGANISHIIJE KURI POLISI Y’IGIHUGU

igisabo.rw/

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *