Nyuma y’imyaka 24 Benzema abaye undi Mufaransa utwaye Ballon D’Or

admin
2 Min Read

Karim Benzema ukinira Real Madrid yo muri Espagne yegukanye Ballon d’Or, igihembo gikomeye gihabwa umukinnyi w’umupira w’amaguru wahize abandi ku isi mu bagabo.

Mu bagore, iki gihembo cyegukanywe na Alexia Putellas ukinira FC Barcelona.

Ibi birori byabaga ku nshuro yabyo ya 66 byari byitabiriwe n’abakinnyi batandukanye, abatoza, abakanyujijeho ndetse n’abandi batumirwa bafite aho bahuriye n’umupira w’amaguru ku Isi.

Benzema yegukanye iki gihembo nyuma y’uko mu mwaka ushize w’imikino yatsinzemo ibitego 44 mu mikino 46, anahesha ikipe ye gutwara ibikombe bya LaLiga na UEFA Champions League.

Sadio Mane yaje ku mwanya wa kabiri, Kevin de Bruyne aba uwa gatatu, naho Robert Lewandowski aza ku mwanya wa kane.

Gavi ukinira FC Barcelona ni we wahawe igihembo kizwi nka Kopa Trophy, gihabwa umukinnyi ukiri muto w’umwaka.

Ni ubwa mbere Benzema w’imyaka 34 yegukanye iki gihembo gikomeye. Ni igihembo yaherewe i Paris, agishyikirizwa na Zinedine Zidane.

Benzema yavuze ko atewe ishema n’iki gihembo, ashimangira ko “byari inzozi kuva mu bwana”

Yashimiye abakinnyi bakinana muri Real Madrid n’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa.

Uyu mwaka kandi hatanzwe igihembo gishya cy’umukinnyi witwaye neza akabanira bagenzi be neza n’ikinyabupfura, Socrates Award, cyahawe Sadio Mane.

Umunyezamu witwaye neza yabaye Thibaut Courtois ukinira Real Madrid wahatanaga na Ederson Moraes na Alisson Becker. Nyuma yo guhabwa iki gihembo ariko, Manchester City yabaye ikipe y’umwaka wa 2021-2022.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *