RDF iratangaza ko imaze gusenya ibirindiro byose by’ibyihebe muri Mozambike

admin
3 Min Read

Maj Gen Eugene Nkubito uyobora ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique avuga ko  kuva inzego zu Rwanda zishinzwe umutekano zagera muri kiriya gihugu zasenye ibirindiro byose by’ibyihebe byari mu Turere twa Muidumbe, Mocimboa da Praia na Palma.

Ni akazi avuga ko bakoze bafatanyije n’ingabo za Mozambique.

Gen Nkubito yagiye kuyobora ingabo z’u Rwanda muri Mozambique asimbuye Major General Innocent Kabandana.

Ni ngombwa kuzirikana ko na Polisi y’u Rwanda yoherejeyo abapolisi.

Ku ikubitiro uduce tubiri twa  Mocimboa da Praia na Muidumbe ni two  twari twarigaruriwe burundu n’ibyihebe mu gihe utundi tune muri dutandatu tugize Cabo Delgado, ibyihebe byatugabagamo ibitero shuma.

Gen Nkubito avuga ko imibare afite yerekana ko abantu 3,100 bishwe n’ibyihebe byavaga mu bice bitandukanye bya kariya gace kanini cyane kuko karuta u Rwanda inshuro enye.

Muri bo harimo abantu 80,000 barahunze.

Ibi bitangajwe nyuma y’uko ingabo z’u Rwanda na Polisi bamaze umwaka urenga bageze muri kiriya gice cya Mozambique.

Nyuma yo gukubitwa inshuro n’ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza SADC mu mezi make yakurikiye iyoherezwa ry’ingabo z’u Rwanda na Polisi muri kiriya gice,  abarwanyi bari  barigaruriye Intara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bahinduye umuvuno bakerekeza mu Ntara ya Nampula ndetse no mu Majyepfo ya Cabo Delgado.

Bashakaga kujya gushinga ibirindiro muri Niassa ariko naho ingabo z’u Rwanda zirahabirukana.

Icyakora ntibacitse intege burundu kuko hashize igihe hari amakuru avuga ko bashinze ibirindiro mu Ntara ya Nampula.

Muri ako gace niho bahisemo guca ingando kandi ni kamwe mu duce twa Mozambique uriya mutwe wari utakandagiyeho guhera mu mwaka wa 2017.

Ikinyamakuru kitwa Longwarjournal.org giherutse kwandika ko  amikoro ya Islamic State ari yo afasha abarwanyi bo muri Mozambique kubona intwaro n’amikoro yo guhaha no guha abantu ngo babayoboke.

Ayo mafaranga acishwa muri Somalia kugira ngo abagereho.

Twabibutsa ko ibikorwa by’uyu mutwe w’iterabwoba byatangiye muri Kanama 2017, bitangira ari udutero shuma twibasiraga stations za Polisi nyuma biza kuba gutega ibico bakica abasirikare n’abapolisi batambukaga hafi aho nyuma biza guhinduka ibitero binini kurushaho  byatumye bigarurira Mocimboa da Praia mu mwaka wa  2020.

Ntibyarangiriye aho kuko nyuma abarwanyi baje kwigarurira umwaro uri ku Nyanja y’Abahinde uri ho uruganda rucukura rukanatunganya gazi rw’Abafaransa rw’ikigo Total bihita bikangura Isi, ibona ko ba bantu badakina!

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *