Muri gahunda Leta y’u Rwanda yashyizeho y’uko buri munyarwanda wese agomba kuba afite umuriro iwe muri 2024, Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere BRD, kuri uyu wa Kane Tariki ya 16 Ukuboza 2021 yatangije uburyo bushya bwo gucanira abatishoboye bo mu kiciro cya mbere cy’ubudehe bise Cana Challenge, igikorwa iteganya gufashwamo n’abaturage, n’abikorera bo mu ngeri zitandukanye.
Ni gahunda y’igihe cy’imyaka itanu kuva muri 2019, u Rwanda rwatewemo inkunga ya miliyoni 48 z’Amadorari na Banki y’isi, ahari hagamijwe kugeza ku baturage bo mu kiciro cya 1 kugeza ku cya gatatu bo mu ngo ibihumbi 450 muri gahunda ya Cana Uhendukiwe Campaign.
Igikorwa cyari kigamije kugeza amashanyarazi aciriritse, adatangwa n’ingufu z’umurongo mugari “amashanyarazi asanzwe atangwa na EDCL, hakaba hari hategayijwe ko yagombaga kugera ku miryango ibihumbi 450, kugeza uyu munsi ingo 93,346 zikaba zaramaze kugerwaho n’uwo muriro.
Umuyobozi w’imishinga yihariye muri Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere BRD, Madame Liliane IGIHOZO UWERA, avuga ko iki gikorwa batangije kije cyunganira ibimaze kugerwaho, aho bazaha umuturage Itara rigezweho mu gutanga ingufu z’imirasire rifite agaciro cy’ibihumbi 115 (115,000Frw).
Avuga ko ari igikoresho gishyirwaho amatara 3 ushyira mu byumba wifuza, aho bacomeka Radio ndetse na hajya Telefoni, iryo tara rikazahabwa umuturage ubarizwa mu kiciro cya mbere cy’ubudehe yiyishyuriye ibihumbi 15(15,000Frw gusa, andi asigaye ibihumbi 100(100,000Frw), akazatangwa na BRD nk’inkunga Leta y’u Rwanda yageneye abaturage batishoboye kugira ngo bagerweho n’Ingufu z’amashanyarazi ziciriritse mu buryo bworoshye.
Agira ati “kugira ngo igikorwa kigende neza kandi kizagere no ku ntego yacyo, abagenerwa bikorwa bazakorana n’Ibigo by’Imari nka Saccco, Micro Finance na Banki z’ubucuruzi.
Ni muri urwo rwego dusaba kandi abaturage babishoboye, abikorera, n’abandi bo mu bigo bitandukanye, gutera inkunga iki gikorwa dutangiye batanga umusanzu wose bashobora kubona uwari wo wose, kugira ngo abaturage ibihumbi 10 (10,000), duteganya gucanira muri ubwo buryo bo mu kiciro cya 1, habashe kuboneka Miliyoni 15 zunganira icyo gikorwa.”
Madame Liliane IGIHOZO UWERA, avuga ko igikorwa cyatangijwe cyo kuzakusanya inkunga yo kunganira abo batishoboye bagomba kugezwaho ingufu z’amashanyarazi, biteganyijwe ko cyazasozwa kuwa 15 Werurwe 2022 kugira ngo inkunga ibonetse, izifashishwe mu gusoza neza igikorwa uko giteganyijwe.
Avuga ko bizera neza ko igikorwa kizasozwa habonetse umusaruro ugaragara, ku buryo intego y’uko abo mu kiciro cya mbere cy’Ubudehe badafie uburyo bwo gucanirwa, mu mpande z’igihugu zitandukanye bazagerwaho n’ingufu z’amashanyarazi mu buryo bukwiriye.
Madame Alida Ikuzwe Ushinzwe igikorwa cyo kugeza ingufu z’Amashanyarazi ku bagenerwa bikorwa muri BRD, avuga ko ari igikorwa cyiza bazafatanyamo n’inzego z’ibanze kugira ngo habashe kuboneka umubare nyakuri w’abagomba gufashwa.
Agira ati “Tuzi neza ko ibyo bihumbi 15 hari abadashobora kuyabona mu buryo bworoshye. Niyo mpamvu, tubasaba ko bazajya bagana ibigo by’imari, kubera ko ibyo bigo gahunda twamaze kubyumvikanaho, BRD nayo ikaba ibateganyiriza Inyoroshyamwenda yo kubishingira ya 75% abagore na 50% ku bagabo.”
Avuga ko iki gikorwa cyo kugeza ku batishoboye umuriro, batazakifasha bonyine nka BRD, ahubwo bizera ko bazafatanya n’ibigo bitandukanye 25 byigenga, bizajya bitanga ibikoresho bikoresha iyo mirasire, hari kandi ibigo by’Imari na SACCO bigera kuri 70, abo bose ngo bakaba bizeye ko bazakorana neza, kugira ngo igikorwa cyo gufasha abaturage batishoboye kubona ingufu z’Amashanyarazi akomoka ku mirasire kigende neza.
Ubuyobozi bwa BRD kandi, buvuga ko mbere y’uko bashishikariza abantu gutanga uko bifite, abakozi bagera kuri 200 ba BRD bahisemo kuzafata iya mbere mu gukwegeranya inkunga, yo gufasha iyo miryango itaragerwaho n’ingufu z’amashanyarazi, bityo bagakangurira abantu bose babishoboye, kuzafatanya na BRD muri iki gikorwa Umusanzu ukazajya wishyurwa hakoreshejwe uburyo bwa MoMo na Airtel Monney no kuri Banki n’ibigo by’Imari bitandukanye, Nomero zizjya zifashishwa muri ubwo bufasha, zikazamenyeshwa abantu mu minsi ya vuba.
Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere BRD, ubusanzwe itera inkunga imishinga ibyara inyungu yatanzwe n’ama Banki n’ibigo by’Imari bitandukanye.
Kuba muri kino gihe BRD, iri mu gikorwa cyo gufasha no kuzamura abaturage batishoboye kubona umuriro, Ubuyobozi bukavuga ko naryo mu by’ukuri nabyo ari iterambere, kubera ko iyo umuturage abayeho neza by’umwihariko atunze ingufu z’imirasire zimufasha gucanirwa uko abyifuza, nta kabuza bikaba ngo ari Iterambere ryo kwishimirwa na buri wese.
Biteganyijwe ko nta gihindutse, igikorwa cyo gutangira igeragezwa ryo gucanira imwe mu miryango itishoboye bizatangira kuwa kabiri Tariki ya 21 Kuboza 2021 ku baturage bo mu mudugudu uzaba watoranyijwe mu gihugu.
E. Niyonkuru
