Mu birori bya Yubile y’Impurirane byabereye muri Paruwasi ya Rilima, Arkidiyoseze ya Kigali, hatanzwe Isakaramentu rya Batisimu ’Ukarisitiya,no Gukomezwa, Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda akaba yahaye abagera kuri 340 Isakaramentu ry’Ugukomezwa, bahise bahabwa Ubutumwa bukomeye bwo gukomeza kuba Abahamya ba Kristu wazutse bamubera Abahamya mu bantu.
Ni Ibirori binogeye ijisho byahuje Abakiristu ba Paruwasi ya Rilima n’inshuti zayo kuri uyu wa 19 Nyakanga 2026, ahizihirijwe Yubile y’Amasakaramentu y’ibanze ariyo Batisimu, Ukarisitiya n’Ugukomezwa.
By’umwihariko Abakiristu bamaze imyaka 50 na 25 babatirijwe muri iyo Paruwasi, bakaba nabo babihererwa Impamyabumenyi z’ishimwe ko bakomeje kuba Intangarugero mu bakiristu bagenzi babo, byose bikaba byayobowe n’Umushumba wa Arkidiyosezi ya Kigali Antoine Cardinal Kambanda.
Mu nyigisho ze, Umushumba wa Arkidiyosezi ya Kigali Antoine Cardinal Kambanda, ashimira Abakiristu ba Paruwasi ya Rilima, uburyo bitwaye neza muri ibi bihe bya Yubile z’Impurirane, haba kubigendanye na Yubile y’Imyaka 125 Kiliziya Gatolika imaze igeze mu Rwanda, Yubile y’Ubusaseridoti, Yubile y’Ubukiristu mu Rwanda, Yubile y’Imyaka 50 ya Arkidiyosezi ya Kigali no kuri iyi tariki ya 19 Nyakanga akaba bari kwizihiza Yubile y’Amasakaramentu y’ibanze bakaba bakomeje kubikora uko bikwiriye.
Agira ati “ Muri byose byakozwe, Abakiristu ba Paruwasi ya Rilima barashimirwa uburyo bagiye bitwara kugira ngo ahanini barusheho gushimangira Ubukiristu bwabo, bahabwa Amasakaramentu kenshi, ari nako barushaho kwitabira ibikorwa byose bya Kiliziya.”
Akomeza agira ati “Kuri uyu munsi, abahawe Isakaramentu ryo gukomezwa ndetse n’abahwe Batisimu n’Ukarisitiya bose ubutumwa ni bumwe, gukomeza kubera umugabo mu bantu, Kiristu wazutse akaducungura. Isakaramentu ry’Ugukomezwa ni Ikimenyetso gikomeye cyongerera imbaraga uwarihawe zo kuvuga no guhamya Kristu mu bantu yemye, nk’uko Intumwa n’Abakristu bambere ubwo boherezwaga Roho Mutagatifu bakumvikana bavuga mu ndimi nyinshi, bakajya bazumva bakanasobanukirwa nkaho bazize. “ Ibyakozwe n’Intumwa Umutwe wa 2, uhereye ku Umurongo wa 1.”

Avuga ko Isakaramentu ryo gukomezwa nyiri ukurihabwa, afite kandi inshingano zikomeye zo kubera bagenzi be itara rimurika, akaba agomba kurangwa n’ingero nziza muri byose. Bityo aboneraho gusaba ababyeyi babo kubaguma hafi, babafasha gukuza Ubukiristu bwabo bashishikarizwa kujya mu miryango y’Agisiyo Gatolika, imiryango ibafasha gukomeza gukura mu bukiristu, ikanabafasha kandi guca ukubiri no gushaka kujya mu yandi madini n’amatorero kandi ntacyo babuze.
Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rilima Samuel Mukasa, ashimira cyane Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda Umushumba wabo, uburyo abahora hafi yigomwe byinshi mu nshingano afite akaza kwifatanya n’Abakiristu ba Rilima kandi akabikora kenshi.
Agira ati “ Abakiristu ba Paruwasi ya Rilima babashima kenshi ko muza kwifatanya nabo kenshi mu bikorwa by’iyogezabutumwa biba byateguwe na Liturujiya iba yateguwe, ibyo bikaba biri mu bibaha imbaraga zo gukomeza gukorera Kiliziya Gatolika bahisemo bumva ko bashyigikiwe.”
Akomeza agira ati “Kuri uyu munsi wa Yubile y’Amasakaramentu y’ibanze ndetse no muri uru rugendo rw’imyaka ibiri tumaze,hatanzwe Amasakaramentu atandukanye mu buryo bwinshi, Abakirisitu bagaragaje urukundo bafitiye Kiliziya n’abayobozi bayo, by’umwihariko kandi uretse kandi aba 340 bamaze gukomezwa, mu gitambo cya Misa cyabanje hatanzwe Isakaramentu rya Batisimu n’iry’Ukarisitiya tukizera tudashidikanya ko inyigisho bahawe zizabafasha mu buzima bwabo aho bazaba bari hose.”

Padiri Mukuru Mukasa, yizeza Umushumba wabo muri rusange ko Abakiristu ahagarariye, bazakomeza nta shiti gushyira mu bikorwa inyigisho n’impanuro abagenera kenshi.
Ku birebana n’ingorane bafite, avuga ko mu ma Santarari 6 agize Paruwasi, abiri muriyo, ariyo akora yonyine andi akaba afunze.
Ku urundi ruhande bakaba bafite kandi n’ikibazo cy’uko kubera kwagura ibikorwaremezo bya Leta, Abakirstu benshi ndetse na Paruwasi, bagiye kuzimurwa bikaba ari ikibazo giteye impungenge ku bakiristu batazi aho bazimukira.
Uhagarariye Abakiristu muri Paruwasi ya Rilima, avuga ko Abakiristu ba Paruwasi yabo, ubusanzwe barangwa no kwitabira gahunda za Kiliziya n’ibikorwa bya Liturujiya birimo Amasengesho, guhabwa Amasakaramentu, ituro rya Kiliziya n’ibindi bigamije ahanini uguteza imbere Paruwasi.
Avuga ko bashima ubuyobozi bwa Paruwasi n’umushumba wabo Antoine Cardinal Kambanda uboherereza kenshi Abapadiri bazi kubana neza n’Abakirisitu bahasanze.
Kimwe na Padiri mukuru, uyu Mukiristu uhagarariye abandi, avuga ko ari ikibazo kibakomereye kuba bagiye kwimurwa ndetse na Paruwasi yabo n’ibindi bikorwaremezo bihari nk’amashuri n’ ibitaro n’amavuriro.

Cyakora kuri iki kibazo cyo kwimura Paruwasi ya Rilima, Umushumba w’Arkidiyosezi ya Kigali Antoine Cardinal Kambanda, avuga ko, iyo ibikorwa by’inyungu rusange bije, ari ngombwa kubyubahiriza. Bityo abizeza ko bafatanyije n’izindi nzego, ikibazo kirigukurikiranirwa hafi ndetse aho Paruwasi izimukira, hakaba haramaze kuboneka muri Santarari ya Kamabuye.
Gusa avuga ko ikibazo gihari, ari uko iyo Santarari iri muzifunze, akizera adashidikanya ko ababishinzwe bazabibafashamo. Aboneraho gusaba Abakiristu gukomeza gusenga, kugira ngo ibiteganyijwe bizakorwe neza uko bikwiriye.
Umwe mu bakirisitu uri mu bizihije Yubile y’imyaka 50 bamaze babatirijwe muri Paruwasi ya Rilima Valens Sinayobye, avuga ko yishimiye kuba abashije kwizihiza imyaka 50 abatirijwe muri paruwasi ye.
Ashimira ababyeyi be b’umubiri na ba Batisimu bamubaye hafi. Agashimira kandi na Paruwasi yabo ya Rilima yakomeje kubatoza kuba Abakiristu nyabo. bityo asaba bagenzi be ba b’Akirisitu gukomeza gukomera ku kwemera bahisemo, bagakomera ku isezererano bahawe nta gahato ryo gukorera Kiliziya Gatolika bahisemo.
Agira ati” Rwari urugendo rutoroshye muri iyi myaka 50 maze mbatirijwe muri iyi Paruwasi. Ndashimira Imana cyane cyane yo yamfashije muri uru rugendo rw’imyaka 50 mbatijwe, nkaba mbashije kwifatanya n’abandi bakristu muri Yubile. Ndashimira imana kandi ko iyi myaka yose nyimaze nkiri Umukristu Gatolika cyane ko atari benshi babasha kubigeraho, aboneraho gusaba Abakristu bagenzi be gukomeza gutera imbere bishingikirije Ijambo ry’Imana ari naryo rizabafasha kuba Abakristu nyabo, kandi ngo Yubile yagize akayitura ababyeyi be babashije kumubatirisha akiri umwana, ababyeyi ba Batisimu, umufasha n’abana be bakomeje kumuherekeza muri urwo rugendo rw’ubukiristu.

Paruwasi ya Rilima yizihije Yubile y’Amasakaramentu y’ibanze, ibirori byayobowe na Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda, ni imwe mu maparuwasi 44 agize Arkidiyosezi ya Kigali, ihereye mu Karere ka Bugesera.

Ni Paruwasi igizwe n’Abakiristu basaga ibihumbi 20, ikaba yarabyaye izindi zayishibutseho arizo, Paruwasi ya Nkanga n’iya Rushubi.
ANDI MAFOTO

























































