Aya ni amagambo ari kugarukwaho n’Abakiliya batandukanye basanzwe bakoresha umurongo mugari w’Itumanaho wa MTN Rwanda bavuga ko niba ntagikozwe ngo iyi Sosiyeti inoze kurushaho Servise zayo zikomeje guhombya abayiyobotse ko bidatinze, bashobora kuyicikaho bakayoboka ahandi habanogeye.
Mu minsi mike ishize nibwo ikinyamakuru igisabo cyahuye n’umushoferi wavaga mu Ntara y’Amajyaruguru ageze i Remera, ari kuganyira bagenzi be ibimubayeho, ubwo yari agiye kunywesha kuri Station ya Essence akishyura akoresheje Mo Mo Pay maze akamara iminota irenga 30 yose Message y’amafaranga yohereje ibihumbi 30(30,000 Frw) batarayibona akigira inama yo kujya gukoresha Ikarita ya Banki ye ngo abikuze andi, bityo abone uko yishyura Essence y’abandi akomeze urugendo rwe, kubera ko uburyo bwa MTN bwari bumaze kumutenguha.
Avuga ko ubwo yari amaze kwishyura ayo akuye kuri Banki, aribwo yabonye Message ya ya mafaranga ya Mo Mo pay ibashije kugera ku mukiliya, abasabye kuyamusubiza bamubwira ko bitakunda kubera ko ataribo bafite uburenganzira bwo kubikuza kuri Konti ya Station amafaranga yamaze kuyigeraho, ahubwo byazamusaba kugaruka kunywa indi Essence undi munsi.
Agira “ ati igihe kirageze ngo RURA amwe muri y’Amande izajya ica ikigo runaka gitanga Servise zibangamiye Abakiliya, kugira ngo ibyo bahombye byose babisubizwe mfatiye ku urugero rw’ibyambayeho biturutse kuri Connexion za MTN zantengushye mu buryo ntari niteze nkishyura ikiguzi cya Essence inshuro ebyiri.
None se nk’ubu ko amahirwe yanjye ari uko nari mfite ayandi mafaranga make yasigaye kuri Banki, ko nari maze kwishyura inshuro ebyiri zose Essence, abana banjye bo bagombaga kurarira iki mu by’ukuri ?”
Uyu mushoferi, wabwiraga bagenzi be ibyamubayeho byo kwishyura Essence inshuro ebyiri, bivuye kuri Connexion nke ya MTN yanarinze gutegereza iminota 30 yose amafaranga yishyuye atarabasha kugera ku mukiliya we, avuga ko ku giti cye, ikizere yamaze kugitakariza iyo Sosiyee y’itumanaho, kubera ko n’ubusanzwe bitari bimubayeho ubwa mbere.
Avuga ko bikunze kumubaho kenshi nk’iyo ahamagara Shebuja agahita amukupa amubwira ko batari kumvikana mu ijwi, kubera ikibazo cya Connexion.
Undi mugenzi we wari umaze kumva agahinda kuwishyuye Essence inshuro ebyiri yaramwihanganishije cyane, amubwira ko we yamaze kubyakira kubera ko amafaranga MTN yaba yari imaze kumuhombya, atabona uburyo yayabara ngo ni menshi cyane bitewe ahanini n’uko iyo ahamagaye abakiliya bakorana akazi ku bucuruzi, Telefoni ye ikunze kwihagarika batabashije kumvikana na gato.
Uyu musore bigaragara ko ari mu kigero cy’imyaka 25, avuga ko ubusanzwe akora umurimo wo kugemurira bimwe mu bigo by’amashuri ibiribwa ku isoko rya Shebuja yatsindiye.
Uyu musore yifatiye cyane nawe mu gahanga Sosiyeti ya MTN, avuga ko niba itisubiyeho ngo ikore neza kurusha uburyo iri gukora uyu munsi, Abakiliya bayo nta kabuza bashobora kuyicikaho bidatinze bakiyobokera indi mirongo ikorera mu Rwanda.
Avuga ko ko ku giti cye, buri munsi ngo yirirwa atukana n’Umukoresha we amusaba guhagarara ahirengeye hari Connexion kugira ngo babashe kumvikana, kubera ko ahanini telefone ye iba iri kuvuga ishiririza ijwi ntiryumvikane bikarangira ivuyeho burundu.
Nta bwo ari aba bagabo babiri bonyine bavuga ku mikorere idahwitse ya MTN, kubera ko n’umwe mu basore batanga Servise yayo ya M.Money n’ama unutes, yashinje abakozi bayo bakorera ku Ishami rya Remera gutanga Service mbi ku bakiliya bayo, yewe no kuri urwo rubyiruko rubacururiza Service.
Avuga ko mu by’ukuri abakozi ba MTN basigaye babirukana ngo badacururiza hafi y’iryo shami, kubera ko hari umukozi ukomeye wa MTN nawe ngo uhacururiza nk’ibyo bakora, ku buryo kenshi ngo Aba Securites birirwa babaragiye babirukana bagira ngo uwo m mukozi wa MTN abe ariwe wicururiza imbere mu nzu.
Nta bwo ari abakorera mu mujyi wa Kigali bonyine kandi, bavuga nabi Services za MTN ko zibatenguha kenshi, kubera ko n’abo mu bice bitandukanye by’icyaro bavuga ko basigaye baramaze kwemera akaje kubera ko basanga nta kundi byagenda. Gusa bavuga ko batangiye kureka gukoresha Simukadi zayo.
Urugero rwa hafi ni urw’umugore ukomoka mu Karere Rutsiro nawe uherutse gutangariza ikinyamakuru igisabo ko rwose mu gace batuyemo, gahana urubibi n’umurenge ngo wa Kivumu nta Raison na nkeya ya MTN bajya babona hafi ya bose.
Avuga ko bahisemo kwikoreshereza Umurongo wa Aitel-Tigo kubera ko yaba ariyo ngo ibaha service neza uko babyifuza.
Undi mugabo nawe uri mu kigero cy’imyaka 50 utuye mu Karere ka Bugesera hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi, yavuze ko MTN yabahemukiye kenshi mu buryo bugaragara bitewe n’uko bahamagara kenshi Telefoni yabo ikivanaho batabashije kumvikana n’uwo bahamagara.
Bakavuga ko nabo muri ino minsi basigaye bakoresha Umurongo wa Aitel-Tigo n’uwabaturanyi bo mu kindi gihugu kiri mu majyepfo y’u Rwanda bikagenda neza kurushaho..
Hari abandi baturage ikinyamakuru igisabo cyabashije kuvugana nabo bakomoka mu Karere ka Karongi ahitwa mu Gasenyi, n’abo mu Karere ka Kirehe no muri Gisagara, icyo bahurizaho hafi ya bose ni uko babazwa n’uburyo Babura Connexion ya MTN umunsi wose ukaba washira batabashije kuvugana n’abo bashaka, nyamara ngo isaha baguriyeho amasegonda yo gukoresha yagera, bagahita bayatwara kandi nta cyo bayakoresheje na kimwe.
Aba baturage nabo bakaba bibazaza niba nta buryo bwazashyirwaho n’ababishinzwe bwo kubishyuriza ibihombo MTN ikomeje kubateza.
Ikindi na none abandi bantu benshi bakomeje guhurizaho ni uburyo bwo gukoresha Internet ya MTN, nabwo bavuga ko Connexion isigaye igenda gake gashoboka, ku buryo bahisemo kuyoboka internet z’iyindi mirongo, kubera ko no gufungura inkuru ngo yaje kuri Facebook cyangwa Twetter, hakoreshejwe internet ya MTN nabyo ngo byaba bisigaye ari inzozi.
Bamwe mu bakora akazi k’itangazamakuru nabo baganiriye n’ikinyamakuru igisabo muri iyi minsi, bavuga ko ibyo kuvugisha abantu kuri Telefoni bifashishije umurongo wa MTN nk’iyo bari gukora “Interview” byaba ngo bikomeje kubagora, bityo nabo bakavuga ko bahisemo kubyihorera bagakoresha ubundi buryo aho bahamagara Umuyobozi ngo runaka cyangwa umuturage, bigacika gurika batamubwiye icyo bamuhamagariraga.
Abandi nabo bavuga kuri Services zitanoze za MTN ni abayishinja kutabasubiza imirongo yabo bakoreshaga hagashira igihe idakora ku mpamvu runaka. Bavuga ko iyo bagiye muri MTN basanga Simukadi yabo yaratanzwe, cyangwa se idakoreshwa mu gihe nyamara benshi mu bo bavuganaga, baba bagitunze inomero y’iyo mirongo yafunzwe, babaza abakozi ba MTN ngo bagasubiza ko nta buryo bwo kuyibasubiza bushoboka.
Ubwo ikinyamakuru cyavugishaga bamwe mu bayobozi muri MTN bashinzwe amakuru muri icyo kigo bigoranye, cyane ko uwo twahamagaraga wese yaduhaga undi, nawe akongera kudusubiza uwamuduhaye, bigatwara igihe cy’iminsi itanu.
Gusa uwitwa Eugene Gakwerere bicishijwe kuri Email ya ndabaga.shumbusho@mtn.com, yemera ko Ikigo cya RURA cyabahaye igihe ntarengwa cyo kuba bakemuye ibibazo by’itumanaho byagaragajwe mu mujyi wa Kigali bitarenze kuwa 30/10/2021 ndetse no kutarenza kuwa 30/11/2021 bakaba ngo bari gutunganya neza ibyo basabwe hongerwa iminara n’ibindi bikoresho nkenerwa.
kubirebana na MoMo Pay Bwana Gakwerere Eugene, mu butumwa bwe, yemera ko ikibazo cya Connexion zayo nacyo kigihari, gusa agasaba imbabazi abashobora kuba baragizweho ingaruka n’icyo kibazo, akabamenyesha kiri gushakirwa umuti urambye.
Kubirebana na Internet itihuta, avuga ko ahanini byaba bikunze guterwa n’ibintu bitatu ribyo : aho Umufatabuguzi aherereye mu gihe umuyoboro afatiraho waba wagize ikibazo. Kuba umurongo akoresha uriho umubare munini w’abafatabuguzi barikuyikoresha. Icya gatatu kikaba ubushobozi bw’igikoresho cy’ikoranabuhanga uwo mufatabuguzi yaba akoresha.
Ikinyamakuru igisabo cyagerageje kuvugisha ababishinzwe mu kigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro RURA ariko nacyo mu minsi itanu yose tugerageza kubashaka no kubavugisha, ntibabashije kugira icyo badutangarize kerekeranye na Raporo baba bamaze kubona y’aho Ikigo cya MTN cyaba kigeze gikemura ibibazo bya Connexion bikomeje kugaragazwa n’abafatabuguzi bayo nk’uko babisabwe mu minsi ishize.
Ibyari byo byose n’ubwo bamwe mu bayobozi muri MTN bagerageza gusobobanura aho bageze bubahiriza ibyifuzo bya RURA byo gukemura ibibazo bafitanye n’abafatabuguzi babo, byaramuka bidakunze bagacibwa amande, Abantu benshi bakomeje kwinubira imikorere ya MTN bakayisaba ko yahindura imikorere cyangwa se bakayicika bakayoboka indi mirongo y’itumanaho.
Ikindi benshi bakomeje kwibaza na none, ni ikigendanye nuzabishyura igihombo bakomeje guterwa n’iyo mikorere idahwitse y’icyo kigo, haba mu guhamagara ntibumvikane neza n’abo bashaka, kubitsa cyangwa kubikuza bikanaga cyane mu masaha ya nimugoroba, kwishyura hakoreshjwe uburyo bwa MoMo Pay cyangwa se gukoresha Internet umunsi ugashira ntacyo bagezeho bitewe na Connexion ya ntayo.