Nyuma y’imyaka irenga 55 Abakristu Gatulika batuye mu gace ka Kimihurura mu mujyi wa Kigali batagira Paroisse basengeramo bateranira aho bitaga mu Gisariziyane Santarare ya Kimihurura, bamaze guhabwa Paroisse nshya ya Kimihurura Bikiramariya Umubyeyi utabara Abakristu izakomeza gucungwa n’Umuryango w’Abasaleziyani mu Rwanda, Umuhango wayobowe na Nyiricyubahiro Cardinal Antoine Kambanda kuri uyu wa GatandatuTariki ya 02 Ukwakira 2021.

Umushumba wa Archidiyosezi ya Kigali Nyiricyubahiro Cardinal Antoine Kambanda, atangiza ku mugaragaro ibikorwa by’iyo Paruwasi nshya ya Kimihurura akanaha Ubusaseridoti Umudiyakoni wo mu muri uwo muryango w’Abasaleziyani baragijwe iyo Paroisse, yashimiye cyane abagize uruhare mu ishingwa n,iyubakwa rya Paruwasi yari isanzwe ari Santarari ya Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu (Ste Famille), maze abizeza kuzakomeza kubaba hafi igihe cyose kugira ngo binjizwe neza mu mikorere n’uburyo bw’imiyoborere ya Paruwasi bityo Abakristu nabo barusheho kunogerwa n’ibizajya bibakorerwa buri gihe babigizemo uruhare rugaragara, kuva mu miryango remezo yabo, Ama Santarare na Paruwasi muri rusange.
Avuga ko muri rusange ari intego muri Kiliziya Gatolika yihaye y’uko Abakristu basengera hafi yaho batuye Kandi bakanabona Umusaserodoti ubafasha kwitagatifuza mu mibereho ya buri munsi ari no muri urwo rwego hatangijwe Paruwasi nshya ya Kimihurura ije ari igisubizo kigamije gufasha Abakristu basaga ibihumbi 3 barushywaga no kujya gusengera mu ma Paruwasi abakikije nka Ste Famille na Kacyiru.

Avuga ko igihe cya Covid, ubwo icyorezo cyari gikabije ubukana Kiliziya yimukiye mu muryango. Abantu basengera mu ngo basaba Imana ngo ibakize Sekibi bikaba bishimangira ko gusengera hafi y’aho Abakristu batuye bakegerezwa Paruwasi n’Abasaseridoti hafi nk’uko byakorewe abatuyeku Kimihurura ari uburyo bwiza bugomba gushyikirwa nab uri wese, ari nayo mpamvu hakomeje no kuvuka ngo Paruwai nyinshi mu minsi mike ishize hakaba harafunguwe iya Karama mu Murenge wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge, byose ari ukugira ngo boroherereza Abakristu gusenga bitabagoye.
Asoza asaba Abakristu gufata neza Kiliziya bahawe kugira ngo igere ku ntego yo kugira Abakristu b,intangarugero mu bukristu nyabwo bahabwa Amasakramentu uko bikwiriye cyane cyane hatozwa abana n,urubyiriko kwera imbuto zibaganisha gukunda no kumenya Kristu wabacunguye wigaragariza kenshi mu Isakramentu ry’Ukaristiya.
Padiri Augustin Cezar Habanabakize, wahise ahabwa kuyobora Paruwasi nshya ya Kimihurura, ashima cyane Nyiricyubahiro Cardinal Antoine Kambanda wabatangirije ku mugaragaro Paruwasi nshya, yizeza Ubuyobozi bw,umuryango we w’Abasareziyani akomokamo kuzakora neza inshingano ahawe afasha Abakristu guhabwa Amasakramentu yose uko agenwe, anarushaho kandi gukorana n’urubyiruko ahereye mu miryango remezo kubera ko n’ubwo mu nshingano zabo harimo gukorana no kurera urubyiruko bagendeye ku ihame rya Mutagatifu Don Bosco inshuti y’urubyiruko byabagoraga, kubera ko nka Santarare ubwabo, batari bafite ububasha ku miryango remezo bakaba bamaze kubihererwa ububasha, kuva ubwo icyari Santarare bakoreragamo gihindutse Paruwasi ifite ubuzimagatozi. Bityo ibyakorwewaga kuri Paruwasi ya Ste Famille babarizwagamo bikaba byose bigiye kujya bikorerwa kuri Paruwasi nshya ibikorera Abakristu bayo mu buryo bugaragara kandi busesuye.
Ibyo gushima Nyiricyubahiro Cardinal Antoine Kambanda bishimangirwa Kandi na Padiri Ngoboka Pierre Celestin Umukuru w’umuryango w,Abasaleziyani mu Karere k’ibiyaga bigari, uvuga ko bagize igitekerezo cyo guhabwa Paruwasi ya Kimihurura kuva mu 1964, bakaba bishimiye ko inzozi zabo zibonewe igisubizo, zigasozwa n’Umushumba wabo, ubatangirije Paruwasi nshya bitezeho umusaruro mwinshi cyane.
Agira ai “Biradushimishije cyane kandi ni ngombwa kuba tubonye Paruwasi twifuje kuva cyera, ikazadufasha m’uburyo bw’Iyogezabutumwa rigezweho.
Ubusanzwe Imiryango y’Abapadiri nk’Abasaleziyani iba yigenga ariko iba ifite ubutumwa bwa Kiliziya. N’ubwo bwose tuba duhawe kuyobora Paruwasi nk’iyi, inshingano tugenderaho tuzihabwa n’Umwepiskopi udukuriye muri Diyosezi.
Uyu munsi rero tukaba dufite inshingano zo gufasha Abakristu mu mihango yose ya Kiliziya duhereye mu muryango. Mu by’ukuri Izi nshingano duhawe turazishimiye na cyane ko twari dusanzwe n’ubundi mu bihe byashize, hari andi ma Paruwai twagiye duhabwamo inshingano zo kuyayobora ubutumwa bukaza kurangira Diyosezi igakomezanya nayo.
Twavuga rero ko iyi Paruwasi nayo duhawe ya Kimihurura tuzakomeza gukorana n’Abakristu bacu uko bisanzwebo mu buryo bw’Iyogezabutumwa ndetse no gukomeza ibikobwa byo kurerera igihugu urubyiruko rufite ubwenge runaharanira buri gihe kugira impano mu byo rwigishwa. Bityo agashimira ababateye Inkunga ngo Kiliziya yubakwe, barimo Umuryango wabo w’Abasaleziyani ku isi ufite ikicaro gikuru i Roma n’abandi batera nkunga bari bayobowe na Padiri Danco.
Padiri Ngoboka Pierre Celestin, avuga kandi ko n’ubundi muri kino gihe bari basanganywe Paruwai imwe bayoboraga nk’Umuryango w’Abasaleziyani, ikaba ari Paruwasi ya Rango muri Diyosezi ya Burare, ije ikurikirwa na Paruwasi nshya ya kimihurura.
Avuga ko mu ma Paruwasi bahoranye nk’Abasaleziyani, ubutumwa bwo kuyayobora no kuyahagararira bukaba bwarashubijwe mu maboko ya Archidiyosezi ya Kigali ngo ni Kucukiro na Musha iherereye mu Karere ka Rwamagana.

Padiri Mukuru wa Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu Ezechiel Rukimbiri, avuga ko kuba Paruwasi ya Kimihurura yavutse kuri Paruwasi yabo ikaba iretse kuba Centrale, bivuze ko bazakomeza no kubaba hafi mu buryo bw’ubujyanama kugira ngo babasangize ku bunararibonye bw’imiyoborere n’imicungire ya Paruwasi bahereye mu miryangoremezo.
Avuga ko mu by’ukuri iyo ubyaye umwana uba ugomba no gukomeza kumukurikirana muri byose kugira ngo akure neza nawe abe umugabo, ariyo mpamvu bazabafasha kubaka amakomisiyo anyuranye y’Abakristu, muri make bakazakomeza kubafasha kwiyubaka m’ubuzima bwa Roho, kugira ngo umuco w’Ubukristu ukomeze ugende neza uko bisanzwe.
Ubwo yaganiraga kandi n’Itangazamakuru nyuma y’Uwo muhango wo guha umugisha Paruwasi nshya ya Kimihurura no gutanga Isakaramentu ry’Ubusaseridoti, Umushumba wa Archidiyosezi ya Kigali Cardinal Antoine Kambanda yagarutse ku butumwa bushya aherutse guhabwa na Nyirubutungane Papa Fancis bwo gukurira ibikorwa by’uburezi mu mashuri ya Kiliziya Gatolika ku isi.
Avuga ko yishimiye cyane ubutumwa bushya yahawe bwiyongera ku nshingano z’indi byose ngo akazabikorana umwete n’umutima mwiza yisunze imbaraga za Roho Mutagatifu ndetse afatanyije n’abandi bihaye Imana bagenzi be akizera adashidikanya ko izo nshingano zizasozwa neza.
Gusa avuga ko atizera ko azajya aboneka kenshi mubikorwa bya Archidiyosezi ashinzwe, ariko kandi ngo ku bufatanye n’Abapadiri n’abandi bafasha be bakorana igihe cyose, nabyo ngo akomeje kwizera ko inshingano zose zizajya zigerwaho neza uko bikwiriye

Ku kibazo kigendanye no gukuramo inda aherutse gutangaho ibitekerezo benshi bakabishyigikira hakabamo n’abanyuranya nawe, avuga ko uko byagenda kose, umuntu ari ubuzima bukomoka ku Mana ubwayo bityo ko ari nta muntu n’umwe ufite uburenganzira bwo kubuhungabanya yitwaje icyo yaba ari cyo cyose.
Agira ati “ubuzima ni Impano y’Imana bugomba gusigasirwa, bukarindwakandi icyabuhungabanya icyo ari cyo cyose. Turiho ku isi ngo dusegasire iyo mpano y’ubuzima Imana yaduhaye tuburinda indwara n’icyabwangiza cyose, gukuramo inda rero ntibyemewe na gato uba wishe ubuzima Imana yashyize mu muntu uba ukoze icyaha gikomeye.”
Paruwai ya Kimihurura yatashywe ku mugaragaro ikanahabwa umugusha n’Umushumba wa Archidiyosezi Gatolika ya Kigali Nyiricyubahiro Carcdinal Antoine Kambanda, ihererereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo aho bakundaga kwita ku Gisaliziyani cyangwa kuri IFAK.
Ni Paruwasi itangiranye Abakristu basaga ibihumbi 3, ikaba iyobowe n’Abapadiri bo mu muryango w’Abasaliziyani biragije Mutagatifu Don Bosco Inshuti y’urubyiruko.











