Yego Manufacturers LTD, ni uruganda Nyarwanda ruherereye mu murenge wa Gahanga, Akarere ka Kicukiro, Umujyi wa Kigali, rukaba arirwo rukora ikinyobwa gikunzwe na benshi kitwa Gorilla Power Gin ndetse na Bombo za Ndi umunyarwanda zikunzwe n’abatari bake by’umwihariko abakiri bato, bakanakora n’ibinyobwa bidasembuye nabyo bikunzwe ku isoko ry’igihugu cyose.
Bwana Mahagarara Alexis, Umuyobozi Mukuru akaba na nyiri uruganda Yego Manufacturers, aganira n'ikinyamakuru igisabo.rw/ avuga ko m'urwego rwo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda uruganda ahagarariye, mubisanzwe rukora rukanatunganya ibinyobwa bisembuye n'ibidasembuye by'imitobe hiyongereyeho Bombo za Ndi umunyarwanda, rukaba rwaratangiye imirimo yarwo muri 2011, hagamijwe ahanini kwiteza imbere nka nyiri uruganda n'umuryango, Guteza imbere agace ruherereyemo harwanywa ubushomeri no kuzamura igihugu cy'u Rwanda muri rusange.
Agira ati “Dushinga uruganda Yego Manufacturers Ltd, twari tugamije gushaka uburyo bwo kwiteza imbere mu bikorwa by’amajyambere bitandukanye by’umuryango tunagamije inyungu z’igihe kirambye birumvikana, Twifuzaga kuzamura agace uruganda ruherereyemo ka Gahanga muri Kicukiro na cyane ko abakozi hafi ya bose dukoresha ari abaho, bakaba babasha kubona umushahara ubafasha nabo kwiteza imbere ubwabo n’imiryango yabo.”

Kubirebana no kuzamura igihugu muri rusange, tukaba twishyura neza imisoro isabwa igera nko kuri Miliyoni 300 buri kwezi byumvikane ko Uruganda Yego Manufacturers intego zarwo ziri kugenda zitanga umusaruro nyawo kandi ushimishije uko bigomba.
Bwana Mahagarara, avuga ko gushinga uruganda bisaba ibintu byinshi no kwitanga mu buryo bwose, cyakora ngo iyo urushinze ugakora neza kandi ubikunze unabishyize ku umutima nta kabuza ngo umusaruro ukenewe uraboneka ndetse ukanasagura.
Avuga ko ibyo bakora byose muri Yego Manufacturers babifitiye isoko mu gihugu hose hakaba hari guteganywa uburyo bwo kwagura amarembo ibyo bakora bikanagezwa mu bihugu by’abaturanyi, ariko ngo mu minsi ya vuba hakazaba hari ama Depo i Rubavu na Rusizi kubera ko umusaruro w’uurganda ukomeje kuba mwinshi kandi ibinyibwa byabo bikaba bikunzwe binakenewe ku isoko na benshi.
Asoza ashimira Leta y’u Rwanda uburyo ikomeje gushyigikira inganda n’ibikorerwa mu Rwanda muri rusange, ibituma nabo nk’abikorera barushaho gukorana ishyaka baterwa no kumva ko Leta yabo ibabaye hafi.
Avuga ko muri rusange nta ngorane nyinshi bakunze guhura nazo mu kazi ka buri munsi, uretse na none icyorezo cya Covid 19 cyashubije ibintu byinshi nyuma, cyane cyane ibigendanye n’ibinyobwa kubera ko utubari tumaze umwaka n’igice dufunze.
Ikindi avuga n’ik’ibikoresho byifashishwa mu gukora ibinyobwa batumiza hanze muri rusange, bikaba bibageraho bihenze ahanini bitewe n’imisoro iri hejuru cyane.
Cyakora, akizera neza ko uko ibihe bizagenda biba byiza imisoro nayo izagabanuka bagakora babona urwunguko rwinshi mu buryo bwifuzwa.

Ushinzwe Ubuyobozi bw’uruganda (Executive Director Officer) Yannick Hagenimana, avuga ko uruganda Yego Manufacturers ari uruganda rwaje rukenewe mu Rwanda kubera ko ibinyobwa bakora byose byaba ibihiye n’ibidasembuye by’imitobe na Bombo zirimo Ndi Umunyarwanda, byose bikunzwe ku isoko ibituna buri Ntara n’Uturere bagiramo ababahagarariye, kugira ngo abakiliya benshi babone ibikorwa n’uruganda rwabo hafi yabo biboroheye.
Agira ati “ubusanzwe, Uruganda ubwo rwatangiraga imirimo imirimo yarwo muri 2011, rwabanje kujya rukora ibinyobwa bidasembuye (Juices), aho dukora amoko atatu ariyo Yego Juice ya 350 ml ikaba ikoze muri Mango, Yego Juice 500 ml nayo ya Mango ndetse na Yego Juice ya 500 ml ikoze muri Apple.
Uretse ibi binyobwa by’imitobe bikunzwe n’abantu benshi mu gihugu, Bwana Yannick Hagenimana, avuga ko Yego Manufacturers ariyo ikora ikanatunganya Bombo za Ndi Umunyarwanda zimaze igihe zigeze ku isoko aho zakiranywe na yombi n’abanyarwanda benshi cyane urubyiruko.
Agira ati “Bombo dukora nazo zirimo amoko ane atandukanye ariyo : Ndi Umunyarwanda Lolipop, Ndi Umunyarwanda Sweets, Inkorora Sweets na Fruit drops Sweets.“
Nyuma y’ibi binyobwa byose by’imitobe byaje bikenewe bikaba binakunzwe na benshi, Bwana Eric Hagenimana, avuga ko hahise hakurikiraho ibinyobwa bihiye, nabyobikoranwa ubuhanga kubera ko bafite ngo abakozi babifitemo ubuhanga n’ ubunararibonye,

Ari byo : Gorilla Power Gin ya 200 ml, Gorilla Power Gin ya 250 ml ndetse na Leyon Vodka Super Star ya 200 ml.
Akomeza avuga ko ubusanzwe buri munsi bakora ama Litiro arenga ibihubmi 4500 y’ibinyobwa bisembuye, ahanini ngo bitewe n’uko bafite imashine n’ibyuma bizitunganya zigezweho kandi zifite ubushobozi buri hejuru mu gukora neza kandi vuba
Ikindi avuga ni uko uruganda Yego Manufacturers, rufite abakozi bagera kuri 40 bahoraho kandi bahembwa neza uko bikwiriye bakanahemberwa ku gihe, ari nako batangirwa imisanzuy’ubwiteganyirize kino gihe ndetse bakaba bari gukangurirwa n’ubuyobozi no gutanga imisanzu mu Kigega Ejo Heza.

Bwana Bruno Irankunda nawe ni Umuyobozi wungirije w’uruganda Yego Manufacturers Ltd (Assistance Executive Director) akaba ashinzwe n’abakozi.
Yishimira cyane kuba akora mu ruganda rukomeye kandi rufite ibyangombwa byose bikenerwa mu kazi ka buri munsi.
Avuga ko nk’umuntu ushinzwe abakozi abashishikariza gukorana umwete kugira ngo umusaruro w’uruganda ukenewe m’ubyukuri uboneke uko bikwiriye, bityo nabo babone umushahara ubabereye.
Agira ati “Twishimira cyane ko hano mu kazi dukora, abakozi dufashwe neza n’Ubuyobozi bwacu. Duhembwa neza kandi tugahembewa igihe ari nako duteganyirizwa dutangirwa imisanzu y’abakozi muri RSSB ndetse tukanahabwa ifunguro rya saa sita.
Muri rusange abakozi ba hano iyo binjiye bapimwa umuriro, bakanakaraba amazi meza n’isabune ndetse tukanacuga neza imikorere yabo mu kazi kugira ngo hatagira ushukwa n’inzoga biriwe bakoramo hakagira usomaho, ibyatuma yica akazi bityo ntatange umusaruro yari yitezweho uko bikwiriye.”
Bwana Irankunda Bruno yishimira na none ko abakozi ashinzwe bakorana umurava bakanagaragaza ubuhanga n’ubunararibonye ibituma ibinyobwa byaba ibihiye, iby’imitobe na Bombo z’amoko yose bakora, byose bigera ku isoko bigakundwa n’abantu bose kubera ubwiza n’uburyohe babisangana.
Avuga ko m’urwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid 19 abakozi bose bakorera uruganda bamaze gukingirwa ndetse no mu kazi ngo bakaba bagenda basimburana mu byiciro, kugira ngo hakore bakeya bashobora kwirinda uko bikwiye.
Asoza abasaba abakozi bagenzi be gukomeza kurangwa n’ishyaka n’umurava mu kazi bakora kugira ngo haboneke umusaruro utubutse w’uruganda bityo n’Ubuyobozi bukuru bwarwo buge bubagenera agahimbaza mushyi, gatubutse bahereye kubikorwa byakozwe.

Uruganda rwa Yego Manufacturers Ltd, ni uruganda rumaze kuba Ikitegererezo mu Rwanda, rukaba rutunganya ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye by’imitobe y’imbuto ndetse na Bombo z’amoko atandukanye harimo izwi nka Ndi Umunyarwanda.
Ni Uruganda ruherereye i Gahanga mu Karee ka Kicukiro , umujyi wa Kigali, mu Cyanya cyahariwe Inganda ku muhanda munini werekeza mu Karere ka Bugesera
Abifuza kurangura no gukorana n’uruganda Yego Manufacturers, bashobora guhamagara kuri +250787750621 cyngwa +250788293973 bagahabwa ibisobanuro birambuye.









