Perezida Kagame arasaba abayobozi ba Afurika gutegura uko bazihaza ku rukingo rwa covid19 niruboneka

admin
2 Min Read

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasabye ko Afurika ikwiye gutegura uburyo bwo kubona urukingo rwa Covid-19 niruramuka rubonetse kandi hakaboneka inkingo zihagije.

Yabigarutseho kuri uyu wa kane tariki 20 Kanama mu nama yahuje Biro ya Afurika yunze Ubumwe n’abayobozi b’uturere tw’ubukungu muri Afurika.

Ni nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga iyobowe n’Umuyobozi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika Perezida Cyril Ramaphosa, yagarutse ku ngorabahizi zugarije Umugabane w’Afurika kubera icyorezo cya COVID-19 n’ibisubizo zikomeje gushakirwa mu rwego rw’ubuzima, urw’imibereho myiza n’urw’ubukungu.

Perezida Kagame yashimiye abateguye iyo nama yiga ku mbogamizi Afurika ihura na zo mu rugamba rwo kurwanya COVID-19.

Yavuze ko kongera ingufu mu bufatanye hagati y’uturere byaba ingirakamaro mu gukumira icyorezo cya Covid-19.

Mu gihe ubushakashatsi ku rukingo rwa COVID-19 bukomeje gukorwa hirya no hino ku isi, Perezida Kagame yasabye ko Afurika ikwiriye gutegura uburyo bwo kubona urwo rukingo kandi hakaboneka inkingo zihagije, asaba by’umwihariko ko hashyirwaho Umukuru w’Igihugu uhabwa inshingano zo gukurikirana iby’uko uru rukingo rwazagera ku Banyafurika benshi.

Yakomeje agira ati “Numva umwe mu bagize Biro Nyobozi, cyangwa se undi Mukuru w’Igihugu, yashyirwaho akamwunganira mu gukurikirana iyo nshingano yihariye kuko ibyo bizashimangira ko Afurika itazabura urukingo cyangwa ngo izabone urudahagije.”

Perezida Kagame yagarutse ku buryo Ihuriro AMSP rikomeje gutanga umusaruro ushimishije, ashimira Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, Strive Masiyiwa n’itsinda bafatanyije, mu guharanira ko Umugabane w’Afurika wihaza mu bikoresho by’ubuvuzi bikenewe mu guhangana na COVID-19.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *