Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba CG Emmanuel K. Gasana ayoboye inama igamije kuganira n’ibyiciro bitandukanye birimo amakoperative y’aborozi bo mu turere twa Gatsibo,Kayonza na Nyagatare.hagamijwe iterambere ry’ubworozi.
Ibi biri muri gahunda uyu muyobozi yiyemeje akimara kugirwa umuyobozi w’ino Ntara, guveruneri Gasana akaba akomeje kugenda aganira n’inzego zitandukanye mu rwego rwo kumenya neza ibibazo biri muri ino ntara ndetse no kubishakira ibisubizo.
Muri iyi nama,Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard yagaragaje ko mu myaka 3 ishize ikibazo cy’amazi y’amatungo mu Karere ka Gatsibo cyakemutse ubu aborozi babona amazi y’inka zabo.
Utu turere tukaba twiganjemo aborozi benshi ndetse tukaba n’ikigega cy’ibikomoka ku buhinzi bitandukanye, ibi kandi birakomeza gukorwa no mu bindi bikorwa by’ingenzi bigaragara muri ino ntara.

Src+photo: Gatsibo District
Inkuru ya : Ndayisaba Eric
Tel : 0782511443


