AHF Rwanda yatanze udukingirizo 7840 kubitabiriye umunsi wa mbere wa Expo 2020

admin
6 Min Read

Uyu ni umubare w’udukingirizo twatanzwe na AHF Rwanda, ku munsi wa mbere wa Expo 2020 kuwa gatanu tariki ya 11 Ukuboza 2020 hagamijwe gufasha abantu kwirinda no kwandura icyorezo cya Sida.

Nk’uko basanzwe  babigenza Umuryango  AHF Rwanda, uharanira kurwanya no gukumira ubwandu bw’agakoko gatera Sida AHF,  begereje abazitabira  imurika  gurisha mpuzamahanga  EXPO 2020,  udukingirizo kugira ngo bafashe abazayitabira kurushaho kwirinda kwandura Virus itera Sida igihe byaba bibaye ngombwa ko habaho abakora imibonano mpuzabitsina  batikingiye.

Bwana Nzeyimana Anastase, Umukozi wa AHF Rwanda ushinzwe gahunda yo gukumira no kuburizamo ubwandu bwa gakoko ka Sida,  avuga ko  ku munsi wa mbere wo   kuwa gatanu  tariki ya  11 Ukuboza 2020,  babashije  gutanga udukingirizo 7840.  

Ahamya ko,  uko Expo izagenda imenyerezwa umunsi ku wundi uwo mubare  wabadukenera  uziyongera,  ku buryo bateganya ko bazajya batanga nk’ibihumbi 12 k’ umunsi.

Agira ati : buri  mwaka mu gihe cya Expo  nka AHF  Rwanda twegereza abayigana,  udukingirizo hafi yabo,  kugira ngo abashobora kuhava bari mubihe bidasanzwe by’urukundo, bibuke no  gukoresha  agakingirizo,  na cyane ko ntawe uba yizeye neza uko mugenzi we  ahagaze.

Anastase   avuga ko,  uyu mwaka bafite  amahema  atatu mu bice bitandukanye by’inguni za Expo,  ku buryo  akurikije  uburyo abantu bitabiriye ku munsi wa mbere,  byerekana neza  ko bishimiye  ubwo  buryo  bwiza  bazaniwe na AHF Rwanda.

Bwana Nzeyimana Anastase, Umukozi wa AHF Rwanda ushinzwe gahunda yo gukumira no kuburizamo ubwandu bwa gakoko ka Sida,

 Avuga kandi ko bazanye ubwoko bw’amabara abiri y’udukingirizo  tw’abagabo  ku buryo  umuntu  ahitamo ibara rimunyuze  agataha yishimye.

Abajijwe  impamvu  batazanye  utw’abagore,  avuga ko muri rusange utwo  tutamenyerewe  gukoreshwa  cyane, cyakora ngo  nyuma y’inyigo  ziri dukorerwaho n’inzego zibishinzwe, ngo  natwo bazajya  batuzana kugira ngo natwo twifashishwe n’abazaba badukeneye.

Bwana Nzeyimana,  avuga ko ubusanzwe  agakingirizo  gafasha abantu kutandura Sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina  idakingiwe  cyangwa no kuba haboneka inda zitateguwe.

Agira ati : mu kwirinda ibyo byose  rero,  AHF Rwadna yifashisha n’abakoranabushake,  barimo n’aba ngaba  ubona  twazanye kugira ngo bafashe  abari  kugana  Stands  zacu,   kwigishwa uburyo bwo kwirinda no kwifata,  abo byaba  binaniye bakifashisha  agakingirizo.  Aba  bamenyerewe ku izina  rya  Youth  of Ambassadors,  bakaba no  mu yindi minsi  isanzwe itari iya  badufasha m’uburyo  budahoraho  kwigisha abakuru n’abatoya  kandi umusaruro wabo turawushima.

Uwineza  Zena ni umwe  m’urubyiruko  twasanze kuri  imwe muri Stands  za  AHF  Rwanda muri EXPO,  aje gufata udukingirizo.  Ashimira cyane uyu muryango  uburyo  uzirikana urubyiruko  n’abandi bantu muri rusange  bagana Expo begerezwa udukingirizo,   cyane ko hari benshi  bagira isoni zo kujya kudushakira  muri Butike,  bakaba bashobora  guhura n’ingorane,  zo kuba bakwandura  Sida ndetse  n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiwe.

Agira ati : twebwe urubyirukorw’abakobwa  duhura n’ibishuko  byinshi simbeshya.  Buri muntu wese yaba umusore  cyangwa se abakuze baturuta,  batwirukanka ho kenshi ngo dukorane imibonano.  Ni ngombwa rero ko umuntu  yahora yirinda, bikaba na byiza uramutse  ufite agakingirizo,  kugira ngo kakurinde mu gihe waba wemeye,  ukagwa mu mutego baba bagushyizemo:

Zena w’imyaka 22,  avuga ko kino  gihe urubyiruko rufite ubushyuhe,  hakenewe umuryango nka AHF Rwanda wo kuruba hafi,  kugira ngo ubafashe kutandura icyorezo cya Sida, n’izindi ndwara nka Mburugu,  imitezi no gusama inda zitateguwe.

Madame Sandra  Nikuze, ushinzwe umushinga w’ibigendanye n’ubuzima,  Project Manager of Health muri PSF,  avuga ko buri mwaka, haba muri Expo mpuzamahanga na Made in Rwanda, bishimira  gukorana na AHF Rwanda,  mugukangurira abantu kwirinda kwandura  Virus itera Sida,  babagezaho Udukingirizo two kubafasha.

Agira ati ; nta kundi byagenda. Ubusanzwe  hari ho buryo bwo kwifata n’ubudahemuka  bukoresha  na benshi mukwirinda , ariko  turakomeza kukabona  abandura virus itera Sida. Birumvikana ko abo ngabo baba bakoze imibonano idakingiye. Niyo mpamvu  rero,   bagomba kugirwa inama yo gukoresha agakingirizo, aribwo buryo bwa gatatu, kugira ngo batandura  cyangwa bakanduza abandi. kandi uruetse na Sida erega  nibamenye ko  n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye ntaho zagiye.  Bage bamenya kandi  ko ako  gakingirizo kanabafasha  kudasama  inda batateguye. Turashuima  rero AHF Rwanda ibidufashamo nikomemeze aho.:

AHF Rwanda ni Umuryango mpuzamahanga  utari uwa Leta. ufasha abaturage kwirinda no  kwandura Virus itera Sida  ndetse n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuza bitsina ibicishije mu nyigisho,  kubapima no kubegereza udukingirizo hafi.

Mu mujyi wa Kigali,  abaturiye  Remera- Migina bafite Quiosque baziboneraho hafi,  hari kandi ku Giporoso-Coordor, I Nyamirambo kuri 40  MAGERWA hafi hahitwa Sodoma no mu Gatsata-Kanyonyomba.

Mu ntara ahashyizwe  Quiosk  nk’izo n’uyu muryango  AHF Rwanda, hari Rusizi hafi y’isoko,   Huye m’umujyi na Rubavu hafi y’isoko.

Edouard Niyonkuru

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *