Abasoje amasomo muri Mother Mary International School Complex bose babonye amanota abemerera gukomereza muri Kaminuza ku si hose nta nkomyi

admin
7 Min Read

Ubwo basozaga amasomo yo mu cyiciro cy’imyaka 9  n’abo mu cyiciro cy’imyaka 12, abanyeshuri bo muri  Mother Mary International School Complex, ubuyobozi bukuru bw’ishuri buvuga ko abasoje amasomo y’icyiciro cya Secondary hafi ya bose, batsindiye ku kigero cyo hejuru ku buryo bose bemerewe kwinjira muri  Kaminuza yose baba bifuje kwigamo ku isi; bityo bagasaba ababyeyi kudatindana mu nzira abana  bashaka kwandikisha mu mwaka mushya wa   2024-2025 ugiye kuzatangira mu mezi make ari imbere.

Ni igikorwa cyabereye ku cyicaro gikuru cy’ishuri mpuzamahanga rya Mother Mary International School Complex rikorera i Kibagabaga kuri uyu wa 28 Kamena 2024, hatangwa impamyabumenyi ku bana basoje icyo umuntu yagereranya n’icyiciro rusange, hanatangwa Impamyabumenyi ku basoje amashuri y’isumbuye, bikaba bibaye nyuma y’uko kuwa 27 Kamena nabwo bari basezeye ku bana basozaga icyiciro cy’inshuke (Nursary) n’abasozaga amashuri abanza  (Primary).

Umuyobozi mukuru akaba n’uwashinze Mother Mary International School Complex, Rwabigwi Cyprien, avuga ko za Kaminuza zose zo ku Isi zungutse abahanga benshi basoje amasomo mu kigo cy’Indashyikirwa kimaze kwandika amateka, bitewe ahanini no kugira abanyeshuri bazi ubwenge kandi bigana ubushake, bakaba babigeraho babifashijwemo n’abarimu b’inzobere bafite uburambe kandi bahuguriwe mu Rwanda no mu bihugu byo hanze byamaze gutera imbere ku bigendanye n’Ireme ry’uburezi.

Agira ati: “ Ngira ngo mwabonye amadisikuru y’ubwenge abana batugaragarije, mubona uburyo bafite ubuhanga mu ndimi bavuga nk’abanyaburayi. Ibi rero ndababwira ko tubikesha ubufatanye bwacu n’ababyeyi cyane ko bakurikirana abana ku masomo  yose tuba twabigishije, bakabafasha kuyasubiramo neza no kuyakunda, ahasigaye umwana nawe agashyiraho ake, maze akiga atiyigishije. Nguyu rero  umusaruro ufatika muri kubona dukesha ubufatanye bw’ababyeyi. Abana mubona ni abahanga  bikagaragazwa cyane n’uko abasoje amasomo yabo,  abari munsi y’amanota  70% ni bake cyane, bityo abasoje hafi ya bose bakaba bafite amahirwe yo kwakirwa na za Kaminuza  mpuzamahanga zose zo ku Isi.”

Bwana Rwabigwi Cyprien Umuyobozi Mukuru wa Mother Mary International School Complex

Bwana Rwabigwi, avuga ko isezerano ari isezerano,  ko bemereye ababyeyi ko Mother Mary igomba kujya ku rwego rw’amashuri nk’ay’i Burayi  byatangiye, ku buryo  imwe mu nyubako enye zigomba kubakwa iri hafi kuzura, ikazaba igeretse gatanu, ifite ibyumba 15 kandi n’izindi nyubako zisigaye ngo zizagenda zubakwa, cyane ko hari Amabanki  bakorana ngo  yiyemeje kugirana ubufatanye na Mother Mary.

Bamwe mu babyeyi barerera kuri iki kigo, bavuga ko batabona uburyo bashimira ubuyobozi bw’ikigo barereramo, cyane ko kibafashiriza abana kwiga neza, ku buryo n’iyo bagiye mu bindi bigo uko byaba bimeze kose,   bahita ngo berekana ikinyuranyo bakuye muri Mother Mary,  bagakomeza kuza mu myanya y’imbere.

Hirwa Janvier, ni umubyeyi ufite abana babiri biga kuri iki kigo, avuga ko akimara kumenya Mother Mary akahazana umwana wa mbere yahise anyurwa n’uburyo ari ikigo kirangwa n’Indagagaciro za gikirisitu kandi kigisha ku buryo abana batsinda bose, ibyatumye n’undi mwana wakurikiyeho ariho yahise amuzana kandi ngo n’abandi bose ikigo cyabo ni Mother Mary nta kindi.

Agira ati : “ Muri kino gihe icyo waraga umwana wawe nta kindi,  kitari ubumenyi buzamufasha mu buzima bwe amaze gukura, kugira ngo azabashe kwiteza imbere. Kuba rero kino kigo kibidufashamo kikaduhera abana ireme ry’uburezi nyabwo,  ni icyo gushyigikirwa na buri wese.”

Kimwe n’abandi barerera kuri iki kigo,  asaba ababyeyi bataramenya Mother Mary  kuyimenya, kandi  bakahazana abana babo kugira ngo nabo bige neza uko bikwiriye.

Hirwa Janvier Umubyeyi urerera muri Mother Mary

Madame MALIZABATUMIKE Blanche nawe afite abana babiri kuri Mother Mary, avuga ko iyo yicaye mu rugo umwana we yagiye ku ishuri,  yumva aruhutse cyane ko aba azi neza ko yamujyanye ku kigo azakuriraho, akahakura ubumenyi buzamufasha cyera, nawe akazafasha abandi.

MALIZABATUMIKE Blanche Umubyeyi

Abanyeshuri barashima ababyeyi babo n’ikigo bigaho cya Mother Mary International School Complex

Mu gihe ababyeyi bishimira ko Mother Mary ari ikigo kibarerera neza abana, abagenerwabikorwa aribo banyeshuri, babishimangira bavuga ko kwiga muri Mother Mary, ari nko kubonekerwa nk’uko bishimangirwa na Cyuzuzo Muganwa Aldo urangije umwaka wa gatandatu mu mibare, akaba avuga ko ari nayo azakomeza muri Kaminuza.

Ashimangira ko ubumenyi ahakuye, aribwo  bugiye kumufasha kwambuka imipaka yose y’isi,  akaba afite ubushobozi bwo kuba yakwiga  aho ashaka hose ku Isi,  cyane ko ubumenyi akuye muri Mother Mary,  ari bwinshi kuko asoje ari mu myanya ya mbere.

Cyuzuzo Muganwa Aldo asoje neza amasomo yiteguye kwiga ahari hose ku isi

Mugenzi we nawe usoje umwaka wa gatandatu mu binyabuzima n’ubutabire KIREZI NKUBANA Marie Merci, avuga ko ntacyo ashinja Imana ye, kuko ntacyo itamuhaye ubwo yamuzanaga ku kigo kirangwa n’abarimu b’abahanga, abarimu bigisha ibikenewe ku isoko ry’umurimo, ku buryo umuntu usoje amasomo agira ubushobozi bwo kuba yakwiga, cyangwa agatura aho ashaka ku isi hose, bitewe ahanini  n’uburyo biga indimi neza zabafasha mucyerekezo  bakenera kujyamo cyose.

KIREZI NKUBANA Marie Merci muri Kaminuza aziga ibigendanye n’ubuzima

Murumuna wabo HIRWA MBABAZI Ledista, ushoje mu mwaka wa cyenda umuntu yagereranya n’icyiciro rusange, avuga  ko kwiga muri Mother Mary byamugize Intyoza mu bintu byose,  ku buryo ashobora kuvuga ibisigo mu ndimi zose adategwa ahereye ku Kinyarwanda, Igifaransa, Igiswayire n’Icyongereza.

HIRWA MBABAZI Ledista asoje umwaka wa 9 ni umuhanga mu ndimi n’ubuvanganzo

Avuga ko ubwo bumenyi nta handi yabukuye hatari muri Mother Mary International School Complex.

Ishuri rya Mother Mary International School Complex ryasoje umwaka w’amashuri 2023-2024 ritanga impamyabumenyi ku bana basoje amasomo,  rikanashimira abitwaye neza muri rusange, ni ishuri rimaze kuba icyitegerrezo mu Rwanda no mu mahanga mu myaka 18 rimaze, bitewe ahanini n’uburyo abaharerera bavuga ko ryabafashirije abana babo kuba abahanga mpuzamahanga.

Ni ishuri ryigisha rigendeye kuri gahunda y’Abongereza ya Cambridge n’iy’Abafaransa, ku buryo ibizamini bakora bitegurirwa mu gihugu cy’Ubwongereza

Ubuyobozi bukuru bw’ikigo,  buvuga ko kino gihe  buri kwakira abantu benshi bava mu bihugu bitandukanye byo ku Isi,  birimo Sudani zombi, Kenya,  Cote d’Ivoire, Eritrea, Ubuhinde, n’ahandi henshi ku Isi aho bamaze kwakira  abaturuka mu bihugu birenga 35 bose baje kuvoma ku isoko idakama y’ubwenge buvomerwa muri Mother Mary.

Umuyobozi akunda cyane abana be

Ni muri urwo rwego yongera gusaba ababyeyi bashaka kwandikisha abana babo ku kicaro gikuru i Kibagabaga, ndetse  n’i Gahanga ku ishami ryayo,  kwihutira kubikora vuba abo banyamahanga batarabacura  imyanya,  cyane ko hasigaye  mbarwa.

AMAFOTO

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *