Ni Umukecuru w’imyaka 74 Mukamazimpaka Constance, utuye mu Murenge wa NDORA, Akagari ka MUKANDE umudugudu wa BUGARAMA, Akarere ka GISAGARA, uvuga ko kuva mu 1996 yasabye ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kuba bwamusanira inzu, ariko buterera ngo agati mu ryinyo, akaba arara hanze iyo imvura iguye, atinya ko inzu yamugwa hejuru.
Avugana ikiniga n’agahinda kenshi, umukecuru Mukamazimpaka, warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 wo mu Karere ka Gisagara, avuga ko amazu ashaje batuyemo bayubakiwe na PAM bakimara kurokoka.

Cyakora kubera ko zitari zikomeye neza, mu 1996 FARG biciye mu buyobozi bw’inzego z’ibanze, yatangiye kujya izibasanira, gusa ngo bageraga ku nzu ye bakayisimbuka, bigizwemo uruhare n’ubahagarariye RUHAMANYA Patrice ndetse n’Ubuyobozi bw’Akagari ka Mukande n’Umurenge wa Ndora, bose ngo bagendaga basanira abantu hakoreshejwe icyenewabo na Ruswa.
Agira ati “ Umubyeyi Nyakubahwa Paul Kagame niwe wankuye mu gihuru aho nari nihishe, nyuma y’uko imiryango yanjye yose bari baramaze kuyitsemba. Muri kino gihe mbabazwa no kuba maze imyaka 27 ntakambira ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ngo bunsanire iyi nzu mubona igiye kungwaho. Abayobozi bose natakambiye banyimye amatwi, ariko buriya ahari inzu nimara kungwa hejuru napfuye, nibwo abo bayobozi bazibuka ko nanjye nari umuntu nkabo.”

Avuga ko inzu za bagenzi be bubakiriwe rimwe, zo zimaze kuvugururwa inshuro ebyiri zose ari nako babahindurira ibisenge, bagakuraho amategura babashyiriraho amabati, ariko we ngo ntiyumva na gato icyo bamuhora, mu gihe abenshi basanirwa barimo n’ubahagarariye RUHAMANYA Patrice kandi bagifite imbaraga, nyamara we w’umukecuru agatereranwa ako kageni.
Abajijwe niba nta nzego z’ubuyobozi zindi zaba zizi ikibazo cye cyo kuba mu nzu igiye kumuhirimaho, avuga ko kuva ku mudugudu kugera ku murenge wabo wa Ndora, bose ikibazo bakizi, bakaba ngo bahora bamubwira ko ari kuri Listi y’abazasanirwa, umwaka ugashira undi ugataha, kuva muri 1996 kugeza uyu munsi agitakamba.
Avuga ko iyo imvura iguye ari ku manywa, agerageza kujya kugama mu baturanyi, ariko ngo iyo ari nijoro, ntashobora gukinguza abantu, ahubwo ngo areba aho yihengeka mu nguni y’inzu yitwikiriye ibyenda n’ibifuka bishaje, imvura yose ikamunyagirira muri iyo nzu irangaye hejuru, yagira Imana ngo akabona ihise inzu itamusandariyeho, bityo akibaza uzamutabara, akamukiza uwo muruho bikamuyobera.

Agira ati “Muzambwirire Umubyeyi wacu Nyakubahwa Paul Kagame, muti {Umukecuru warokoye n’ingabo zawe z’Inkotanyi, ko atagira aho akinga umusaya}. Muzamumbwirire, mumunsabire kandi ko yamfasha nkubakirwa inzu, cyane abo natakambiye bose banyimye amatwi.”
Uhagarariye abacitse ku Icumu mu mudugudu wa BUGARAMA, utungwa urutoki rwo kuba yihishe inyuma yo gutuma umukecuru Mukamazimpaka adasanirwa inzu ye, imyaka 27 ikaba ishize abundabunda, avug a ko nta ruhare yagize ngo uwo mukecuru adasanirwa inzu ye kuko n’iye itigeze isanwa na gato.

Agira ati “Nta ruhare mbifitemo kugira ngo adasanirwa. Nanjye ntabwo bansaniye, muzaze murebe. Ni abantu batandatu basaniye gusa, dutegereje twese ko byazatugeraho.”
Avuga ko kuva amazu yubakwa na PAM, babasaniye inshuro imwe gusa ngo bategereje ko bazongera kubafasha.
N’ubwo bwose Ruhamanya ahakana gutya, ikinyamakuru IGISABO cyageze ku nzu ye iri mu gace bubakiwemo muri Bugarama, kibona neza ko we yasanwe inzu inavuguruye neza, n’ubwo bwose igisakaje amategura.
Avuga ko basaniwe inshuro imwe gusa, ariko abaturanyi bose ba Mukamazimpaka, bahamya ko ubuyobozi bwabasaniye inshuro ebyiri, bikaragazwa n’ubwiza bw’amazu menshi amukikije, nyamara iye igiye guhirima akaba ahora arara hanze, ari guhunga imvura ijoro ryose.


UBUYOBOZI BUVUGA IKI KU KIBAZO CYA MUKAMAZIMPAKA CONSTANCE UMAZE IMYAKA 27 ASABA GUSANIRWA INZU?
Nyuma y’uko Umukecuru Mukamazimpaka ashinja ubahagarariye mu mudugudu Ruhamanya Patrice nawe wacitse ku icumu, gutuma adasanirwa nk’abandi nyamara we yarasaniwe kandi agifite imbaraga, twashatse kubaza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mukande Marc Mutuganyi, nawe ushinjwa kudakemura ikibazo cy’uwo mukecuru ariko telefoni ye ntiyadukundira.

Umunyamabanga nshingwabkorwa w’Umurenge wa Ndora Theogene Nsanzimana, avuga ko ikibazo cya Mukamazimpaka Constance atakizi ngo ni ubwa mbere acyumvise.
Cyakora ngo kimwe n’abandi banyarwanda, uwo mukecuru nawe agomba ngo gutura mu nzu itunganyije, bityo avuga ko agiye kubikurikirana nawe agafashwa.
Abajijwe icyaba cyarabuze kugira ngo umukecuru nk’uwo w’imyaka 74 arinde iyo amara imyaka 27 atakamba ko inzu igiye kumugwaho ntatabarwe, nk’umuyobozi nyamara ntabimenye, agira ati “ntabwo twabimenye rwose. Ubwo tubimenye cyakora yihangane turabikemura.”
Abwiwe ko umukecuru yasiragiye kenshi ku murenge ushinzwe imibereho myiza ntamwakire, nabwo Gitifu avuga ko byanze bikunze iyo bigera kuri uwo muyobozi nawe, nka Gitifu byari kumugeraho, cyakora ngo bagiye gushaka uko bamugenderera bamufashe.

Kubera ko ari ikibazo cyagombye gukemurwa vuba ngo Uyu mukecuru ugenda atakira abantu bose akarengane yagize, twahamgaye Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara Jerome Rutaburingoga, kugira ngo atubwire icyo bashobora gufasha byihuse uyu mukecuru umaze imyaka 27 yose yarabuze ubufasha , ntiyabashije kwitaba.
Gusa mu butumwa bugufi yohererejwe, asubiza avuga ko ari kumwe n’abashyitsi ko twavugisha Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umrenge wa Ndora nyiri ukubura ubufasha aherereyemo.
Ikibazo cy’abantu batishoboye bavuga ko iyo bagannye inzego z’ibanze zibatererana, gikomeje kuvugwa henshi mu gihugu.
Gusa gahunda ya Leta ni uko buri muturage wese yakagombye kubaho neza kandi heza.
Byaba bibaje umukecuru Mukamazimpaka w’imyaka 74, akomeje gutakambira Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara ngo asanirwe inzu akabura uwamutabara mu myaka 27 yose.


Ubwanditsi