Mu gushimangira umubano w’ibihugu byombi u Rwanda rugiye gufungura ambasade muri Hongrie

admin
3 Min Read

Perezida Paul Kagame yatangaje ko mu minsi ya vuba u Rwanda ruzafungura ambasade muri Hongrie, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.

Yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga ubwo yakiraga Perezida wa Hongrie, Katalin Novák umaze iminsi mu Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko mu biganiro bagiranye, biyemeje kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi ku nyungu z’abaturage.

Ati “Twiyemeje kurushaho gutsura umubano. Nshaka kuvuga ko u Rwanda rufite intego zo gufungura dipolomasi muri Budapest kandi ni mu gihe vuba.”

Yavuze ko intego nyamukuru ari ugufasha mu ihangwa ry’imirimo myinshi no korohereza ubucuruzi n’ishoramari hagati y’impande zombi.

Hasinywe amasezerano atatu hagati y’u Rwanda na Hongrie arimo amasezerano y’amahugurwa ku bijyanye n’imikoreshereze y’ingufu za nucléaire zitangiza, n’amasezerano ku kuvugurura no kwagura urugomero rw’amazi rwa Karenge mu karere ka Rwamagana.

Perezida Kagame yavuze ko Hongrie ifasha u Rwanda no mu bijyanye n’uburezi, aho kugeza ubu abanyeshuri 40 bamaze kubona buruse zo kwiga muri icyo gihugu, mu biganiro yagiranye na Perezida Novák bakaba biyemeje kubongera.

Perezida Novák na we yishimiye uburyo yakiriwe mu Rwanda no kuba ari we Perezida wa mbere wa Hongrie usuye igihugu cyo muri Afurika.

Yavuze ko impamvu yahisemo u Rwanda ari uko yashakaga kwirebera n’amaso ibyo rwagezeho nyuma y’imyaka 29 habaye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Nabyiboneye n’amaso kuko nagize amahirwe yo guhura n’abanyarwanda. Ukurikije amateka ashaririye mwanyuzemo, ni ibintu bikomeye cyane urebye ibyagezweho, bigizwemo uruhare n’imiyoborere ndetse n’umuhate wanyu.”

Yavuze ko urugendo rwo kwiyubaka no kwivana mu bibazo by’umutekano muke Abanyarwanda banyuzemo, ari isomo no ku bandi.

Novák yagarutse no ku bibazo by’abimukira byugarije u Burayi kuri ubu, aho yahishuye ko mu biganiro bye na Perezida Kagame babigarutseho.

Ati “Twumva ko ubu bwiyongere bw’abimukira bwugarije u Burayi mu gihe tuzaba dutanze ubufasha aho ikibazo gituruka. Ntabwo twifuza guhora dutwara abantu bafite ubumenyi bize, bashoboye baba ab’u Rwanda cyangwa abo ku mugabane wa Afurika ngo tubatware i Burayi. Icyo dushaka ni ukugira umusanzu dutanga ku iterambere ryanyu.Ibyo bizakorwa binyuze mu kubabaza icyo mukeneye akaba aribyo tubafashamo.”

U Rwanda rusanzwe rufitanye umubano na Hongrie mu nzego zirimo ishoramari, ubucuruzi, ubwikorezi bwo mu kirere, gusangira ubumenyi, gukorana mu bya dipolomasi n’ibindi bitandukanye.

Perezida Kagame na Katalin Novák baganiriye ku ngingo zitandukanye zigamije iterambere ry’ibihugu byombiPerezida Kagame yakiriye mu biro bye mugenzi we wa Hongrie, Katalin Novák n’itsinda ayoboye

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *