Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Biruta Vincent yavuze ko umubano w’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba wifashe neza uretse ibibazo biri ku ruhande rwarwo na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, RDC.
Ni ibyo yatangarije mu Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa 26 Mutarama 2023, ubwo yabagezagaho uko umubano w’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere wifashe.
Minisitiri Dr Biruta yavuze ko muri rusange umubano w’u Rwanda n’amahanga wifashe neza uretse uwa RDC.
Umubano w’u Rwanda n’u Burundi wajemo agatotsi guhera mu 2015, ubwo hari hagiye kubaho ihirikwa ry’ubutegetsi ari nabwo impunzi z’u Burundi zahungiye mu Rwanda.
Nyuma y’imyaka umunani, umubano wifashe neza ndetse hari inama zagiye ziba mu bihe bitandukanye zihuza abayobozi b’Intara, uturere duhana imbibi n’ibindi bikorwa byagiye biba bigaragaza uko umubano ugenda uba mwiza muri ibi bihe.
Ati “Ariko buhoro buhoro umubano wagiye usubirana muri iki gihe u Burundi turagenderana, nababwira ko turasurana, njyewe ubwanjye nayoboye intumwa z’u Rwanda mu munsi mukuru w’ubwigenge umwaka ushize.”
Yakomeje agira ati “Hari inama zagiye ziba mu bihe bitandukanye zihuza abayobozi b’Intara […] Ibyo bigaragaza uko umubano wagiye utera imbere, umupaka warafunguwe. U Burundi rero umubano wigeze kuzamo igitotsi ariko uko iminsi igenda ugenda usubirana, ku buryo ubu dutekereza ko n’ibibazo byaba bisigaye bifite inzira zo kubiganiraho.”
Ku ruhande rwa Uganda, Minisitiri Dr Biruta yavuze ko umubano umeze neza ndetse hari inama ya 15 y’ubutwererane hagati y’u Rwanda na Uganda iteganyijwe muri Werurwe 2023.
Ati “Umupaka wa Gatuna wari warafunzwe, ubu warafunguwe ni urujya n’uruza rw’abantu ndetse hari gutegurwa inama ya 15 y’ubutwererane hagati y’u Rwanda na Uganda. Ibyo rero birababwira ko umubano w’u Rwanda na Uganda umeze neza.”
Minisitiri Dr Biruta yavuze ko Tanzania n’u Rwanda, umubano wifashe neza ndetse hari amasezerano y’ubufatanye yagiye asinywa ku mpande zombi kandi akomeje gushyirwa mu bikorwa nk’uko byumvikanywe n’impande zombi.
Ibindi bihugu birimo Kenya na Sudan y’Epfo, nabyo biri muri EAC, Minisitiri Dr Biruta yavuze ko nabyo umubano wifashe neza muri rusange.
Minisitiri Dr Biruta yavuze ko ku bijyanye na RDC, umwuka mubi watangiye mu mpera z’umwaka wa 2021, ubwo hadukaga imirwano hagati y’Ingabo za Leta, FARDC n’Umutwe wa M23.
RDC ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ibyo leta y’u Rwanda yagiye ihakana kenshi.



