Abarwanyi ba M23 babiri bahawe ipeti rya Brigadier General

admin
1 Min Read

Umutwe wa M23 watangaje ko umuyobozi wawo, Bertrand Bisimwa yazamuye mu ntera abarwanyi babiri, Colonel Mboneza Yusufu na Colonel Byamungu Maheshe Bernard.

Itangazo ry’uyu mutwe rivuga ko abazamuwe mu ntera biri mu rwego rwo kuzuza imyanya mu gisirikare no kuba hagendewe ku bikorwa byabo.

Si kenshi humvikanye ibyo kuzamura mu ntera abarwanyi ba M23 kuva bakubura imirwano n’ingabo za Leta ya Congo mu mwaka ushize.

Iri tangazo risohotse nyuma y’umunsi umwe gusa, abayobozi ba M23 bahuye n’Umuhuza w’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, EAC mu bibazo bya Congo, ari we Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya.

Turatsinze Emmanuel

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *