Perezida Kagame yatangaje ko indangagaciro u Rwanda rwubakiyeho, zikomeye ku buryo nta muntu ushobora kuzisenya kabone n’iyo yasenya bene u Rwanda cyangwa se agakora ikindi cyose.
Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yakiraga ku meza mugenzi we wa Madagascar, Andry Rajoelina, uri mu ruzinduko mu Rwanda, amushimira ko yasuye u Rwanda ndetse anamwizeza ko ibihugu byombi byiteguye kurushaho gukorana hagamijwe iterambere rusange.
Ni umusangiro witabiriwe n’intumwa ziri kumwe na Perezida Rajoelina ndetse n’abayobozi b’u Rwanda mu nzego zitandukanye.
Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Madagascar ari ibihugu byombi bifatanya mu nzego zinyuranye binyuze mu miryango mpuzamahanga irimo COMESA na Francophonie.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko muri Afurika, icyorezo cya Covid-19, imihindagurikire y’ibihe ndetse n’ibibazo bya politiki, byatumye iterambere ridindira. Gusa ngo kugira ibibazo si ikibazo ahubwo ni ukuba ntacyo bikorwaho ngo bikemurwe.
Ati “Kuri Afurika navuga ko bibabaje kuko ibyo bibazo ni ibihe byatumye Afurika isigara inyuma burundu? Ibyo bibazo ni ibihe? Hari uwakwibaza ati se ni umuvumo?”
“Twaravumwe kugira ngo tube gutyo? Si ko mbitekereza. Ariko rimwe na rimwe twebwe Abanyafurika, twitwara nk’aho ari ko biri, kuko twumva ko turi abantu badafite agaciro cyangwa se tutagomba gushimana cyangwa se no gushima ibyo dufite byashobora kudufasha gukemura ibyo bibazo tuvuga buri munsi.”
Yavuze ko hari Abanyafurika benshi bize, bakora ingendo hirya no hino, kugira ngo bigane abandi, atari ukwigana ibyatumye batera imbere ahubwo bigana ibintu bidafite umumaro kuri bo.
Ati “Iyo urebye amakimbirane, umwuka mubi umugabane wacu urimo, nta kindi utekereza kitari ukwibaza uti ni ikihe kibazo dufite, bizarangira ryari?”
Umukuru w’Igihugu yavuze ko hari abantu bo mu bice bitandukanye by’Isi bumva ko bageze aho bagomba kuba bari, bafatirana Afurika, bagatangira kuyiha amasomo ajyanye n’uburenganzira bwa muntu n’ibindi, ariko bigakorwa hirengagijwe amakosa abo bantu bakoze kuri uyu mugabane.
Ati “Ariko se nabarenganya? Oya. Ndenganya bamwe muri twe bemeye gufatwa gutyo. Bamwe muri twe […] twirengagije ububabare bw’abantu bacu, bw’ibihugu byacu hanyuma nyuma tugashimwa n’ibihugu by’amahanga ko turi abantu beza Isi yagize, twarangiza tukabyemera.”
Yatanze urugero ku mugani wa Kinyarwanda uvuga ngo “uwanga kubwirwa ntiyanga kubona”, avuga ko ushobora kwanga kubwirwa ukuri, ariko ko udashobora gusimbuka guhura cyangwa se kubona ingaruka z’ibibi waburiweho.
Yagaragaje ko u Rwanda rwagerageje gukora ibishoboka byose mu gushaka uko rwakemura inzitizi rufite, kandi bikorwa mu buryo bwose igihugu cyari gishoboye.
Yavuze ko ibyo bitazigera bihagarara kandi ko ibyo abantu batekereza k’u Rwanda nk’indangagaciro rukwiriye kuba rufite, byaganirwaho, ko nta nziza “ziruta izacu kandi ni ibintu dushikamyeho nta muntu wabihindura”.
Ati “Wadusenya ariko ntiwasenya indangagaciro zacu.”
Yabwiye Perezida wa Madagascar ko u Rwanda rwifuje gusangiza igihugu cye ibintu rubona ko ari iby’ingenzi kuri rwo kandi rubona ko ari n’iby’ingenzi kuri Madagascar no ku baturage bayo mu rugendo rw’iterambere.
Ati “Turi igihugu kiri hagati muri uyu mugabane mugari, dufite ibyo twasangiza abandi, ariko duhora iteka twifuza kwigira ku bandi ibintu bitandukanye mu bwubahane, dukorana kugira ngo turebe ko uyu mugabane watera intambwe igana aho twese twifuza kuba.”
Ku bw’ibyo, yashimiye Perezida wa Madagascar wagendereye u Rwanda, amubwira ko hari ibyo ibihugu byombi byamaze kubona bishobora gufatanyamo hagamijwe iterambere bisangiye.
Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Madagascar ubwo bageraga kuri Kigali Convention Centre
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina ari mu ruzinduko mu Rwanda

Iki gikorwa cyo kwakira ku meza Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina cyari cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye

