Home AmakuruMin. Dr Mujawamariya azatanga ibisobanuro ku bibazo birebana n’ubutaka

Min. Dr Mujawamariya azatanga ibisobanuro ku bibazo birebana n’ubutaka

by admin
0 comments

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yafashe umwanzuro wo gutumiza Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, ngo atange ibisobanuro ku bibazo bigaragara muri serivisi z’ubutaka mu bice bitandukanye by’igihugu.

Bimwe mu bibazo bigaragara muri serivisi z’ubutaka birimo ubutaka bushyirwa mu nyungu rusange ntibwandikwe kuri leta, ibyemezo by’ubutaka bisohoka ntibihabwe ba nyirabyo n’itinda ry’imitangire ya serivisi z’ubutaka muri rusange.

Bitewe n’urwo ruhererekane rw’ibibazo, raporo ku micungire y’ubutaka mu Rwanda, yerekana ko hari imanza 421 z’ubutaka leta yimuyeho abaturage ku nyungu rusange ariko ntibuyandikweho.

RBA yanditse ko hari ibyemezo 347 by’ubutaka byasohotse mu 2011 na 2012 bikibitswe mu mirenge bitahawe ba nyirabyo, ndetse n’ikibazo cyo gutinda gutanga serivisi z’ubutaka ku baturage ku buryo mu turere turindwi hagaragayemo gutinda gutanga serivisi z’ubutaka biri hagati y’iminsi 30 n’iminsi 689.

Nyuma yo kugeza iyi raporo ku Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, bamwe muri bo bagaragaje icyifuzo cy’uko hatumizwa abaminisitiri banyuranye bitewe nuko ikibazo cy’imicungire y’ubutaka kireba benshi.

Visi Perezida wa Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, Depite Mukabunani Christine, yavuze ko nubwo habayeho icyifuzo cyo gutumira benshi, inteko rusange yafashe umwanzuro wo kuba hatumijwe Minisitiri w’Ibidukikije kugira ngo atange ibisobanuro.

Impuguke mu birebana n’Ibidukikije, Dr. Maniragaba Abias, avuga ko imbogamizi ku ishyirwa mu bikorwa ry’ibgishushanyombonera cyane icy’Umujyi wa Kigali ngo ni uko cyaje gisanga hatuwe mu gihe ahandi imiturire iza nyuma yacyo.

Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, bakoreye ingendo mu turere 13 hagati yo ku wa 10-15 Ukwakira 2021.

Ibibazo bigaragara muri serivisi z’ubutaka zirimo ibishingiye ku mbogamizi zatanzwe n’abaturage; hari abavuga ko basorera ubutaka badatunze bwarakoreshejwe mu gukora umuhanda cyangwa ibindi bikorwaremezo, ariko ibyangombwa ntibihindurwe, abagura cyangwa bakagurisha ubutaka ariko mu gihe cy’ihererekanya ry’ibyangombwa by’ubutaka umwe muri bo akabura, ndetse no gutinda cyane kwa serivisi zo guhererekanya ubutaka, rimwe na rimwe ukeneye serivisi akabwirwa ko azahamagarwa ariko bigatinda.

You may also like

Leave a Comment