Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Television ya gikristu Pacis Tv n’ubufatanye bwayo na Canal Plus, Sina Gerard Nyirangama yongeye gutangaza ko yifatanyije n’abanyamakuru bose bo mu Rwanda ku bw’umunsi w’ubwisanzure bwabo bagize kuwa 03 Gicurasi 2021 by’umwihariko Pacis Tv nk’umuyoboro uzajya unyuzwamo ibitekerezo by’abakristu batandukanye bo muri Kiliziya Gatolika abereye umuyoboke.
Ni umuhango wabereye I Kigali kuri uyu wa kabiri tariki ya 04 Gicurasi 2021, hagamijwe gutangiza ku mugaragaro television ya Pacis Tv ikorera muri Paroisse ya Remera ikaba ifite intego yo gusakaza ubutumwa bwiza bwa Kristu binyujijwe mu isakazamajwi ry’amashusho, umuhango wayobowe na Nyiricyubahiro Cardinal Antoine Kambanda ari kumwe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie vianney Gatabazi ufite mu nshingano ze amadini muri rusange.
Mu biganiro bitandukanye byatanzwe, bose bashimiye ubuyobozi bwa Pacis TV bavuga ko ari television yaje ikenewe inasonzewe n’abakristu b’ingeri zitandukanye bifuzaga aho banyuza ubutumwa bwabo ngo busakare mu gihugu hose mu buryo bw’amashusho, nyuma y’uko bari bafite Radio Mariya nayo ikunzwe na benshi cyane ko yumvikana henshi mu gihugu no hanze yacyo.
Sina Gerard Nyirangarama, aganira n’itangazamakuru nyuma y’uwo muhango, agira ati “ nishimiye cyane itangizwa rya Pacis Tv, turizera ko igiye gukomeza kurushaho igikorwa yatangiye cyo gutangariza abanyarwanda ubutumwa bwiza bicishijwe ku mashusho nk’uko Radio Mariya ibigenzakuri Radio isanzwe. Rwose nshyigikiye cyane itangaza makuru kuko ryungura rikanafasha abantu b’ingeri zitandukanye. Ejo abanyamakuru mwari mufite umunsi mukuru wabahariwe w’ubwisanzure, mboneyeho kubabwira ko nkomeje kwifatanya namwe. Ni muri urwo rwego Pacis tv, nk’umukristu Gatolika nzakomeza gukorana nayo kugira ngo dufatanye kugeza ku bakristu ibiganiro n’ubutumwa bwiza ibihe byose.”
Muri uwo muhango, Pacis Tv ikaba yanatangije ubufatanye na Canal Plus aho izajya igaragara ku ma Chennel yayo ku isi, bityo inyigisho n’ibiganiro byubaka biyicaho bikaguma kunogera abanyarwanda n’abanyamahanga bayikurikira.
Sina Gerard Nyirangarama akaba akunze kuba imena mu bikorwa bya kiliziya Gatolika abereye Umuyoboke aho afite na Kiliziya y’ikitegererezo y’ubakiye abakristu bo mu gace aherereyemo ko kuri Nyirangarama, Kiliziya isengerwamo by’umwihariko n’abanyeshuli biga mu kigo Fondation Sina Gerard n’abandi bakritu basanzwe, akaba amaze no kubona Ababikira bashinzwe iyo Kiiziya mu minsi ya vuba akazaba afite n’abapadiri bahashinzwe by’umwihariko nk’uko abitangaza.
Pacis Tv yatangije ibikorwa byayo ku mugaragaro, ubusanzwe ikorera kuri Paroisse ya Regina Pacis i Remera ikaba yarashinzwe ku gitekerezo cy’abakristu b’iyoParoisse babifashijwemo cyane na Padiri mukuru Jean Bosco Ntagungira wagize uruhare rukomeye mu ishingwa ryayo. Iyi Television ikaba yarafashije Abakristu mu gihe cya guma m’urugo kuko bakurikiranaga Misa m’uburyo buboroheye bari mu ngo zabo.
Sina Gerard Nyirangarama akaba yizeza iyi Television inkunga itubutse yaba iy’ubushobozi busanzwe n’iy’ibitekerezo bigamije ubukristu no kubaka igihugu muri rusange.
Asoza asaba abakristu n’abanyarwanda muri rusange gukomeza kwirinda no gukumira Covid 19 kugira ngo ihashywe burundu bityo mu bihe bya vuba, abanyarwanda bazasubire mu buzima bwabo no mubikorwa bitandukanye bahoranye mu bihe bishize.
E. Niyonkuru









