Abarema isoko rya Mimuri riherereye mu Murenge wa Mimuri, mu Karere ka Nyagatare bibukijwe ko icyorezo cya COVID-19 kigihari, basabwa kubahiriza ingamba zo kukirinda kuko bitabaye ibyo cyakongera kuzamura ubukana kigatuma abantu basubira muri gahunda ya Guma mu rugo.

Ni mu bukangurambaga bwabaye mu cyumweru gishize ubwo ririya soko ryaremaga. Bamwe mu barirema ntibubahiriza ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 nko gukaraba.
Nyiraneza Malliam ucururiza mu isoko rya Mimuri, avuga ko bamwe mu bacururiza muri iri soko bakomeje kwigira ba ntibindeba ku mabwiriza arimo guhaa intera no kwambara neza udupfukamunwa.
Uyu mucuruzi avuga ko kuko iri soko ritazitiye hari abanyura mu nzira zitemewe badakarabye ku buryo bafite impungenge ko bashobora kwanduzanya.
Uwimbabazi Flida usanzwe ari umunyeshuri wari waremye ririya soko, avuga ko ingamba zashyizweho zisobanutse kandi zoroshye ariko atumva impamvu hari abakomeje kuzirengaho.
Ati “Buri muntu agiye akaraba intoki neza akinjira mu isoko afite isuku ihagije, byazatuma indwara ikira tugasubira ku ishuri, barebe uko bajya bafunga isoko buri umwe yinjire anyuze ku muryango, bizatuma twese dukaraba ntitwanduzanye.”
Umunyamakuru Rukizangabo Shami Aloys uri mu bari gukora ubu bukangurambaga, yibutsa abantu ko kwirinda icyorezo cya COVID-19 ari inshingano za buri wese akabibutsa zimwe mu ngaruka zatewe na kiriya cyorezo zirimo gahunda ya guma mu rugo yinubiwe na benshi.
Yagize ati “Muri mwese ni inde wibagiwe igihe twahoze turi mu rugo? Ni iki cyatumye abana bava ku ishuri batarangije kwiga? Mumenye ko coronavirus igihari, mukarabe intoki, mwambare udupfukamunwa neza, muhane intera hagati yanyu n’ibindi bisabwa, buri umwe asabwa kubigira ibye hato mutazashiduka twasubiye mu rugo.”
Umukozi ushinzwe ubuzima mu karere ka Nyagatare, Kayishema avuga ko nubwo abantu bagarutse mu mirimo ariko badakwiye kumva ko icyorezo cyagiye.
Yagize ati “Twararwanye tuguma mu rugo turongera turagaruka, ariko n’ubwo twagarutse mu kazi ntitwibwire ko coronavirus yacitse.”
Iki gikorwa cy’Ubukangurambaga bwo kurwanya icyorezo cya COVID-19, cyakozwe ku bufatanye bw’Ibinyamakuru birimo Umuseke, Radio Ishingiro, Umuryango utari uwa Leta Water Aid n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC.


Inkuru ya : NDAYISABA Eric
Contact : 0782511443