Perezida Museveni yavuze ko muri Kampala nta Ebola ihari

admin
3 Min Read

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kuri uyu wa Gatatu yategetse ko abavuzi gakondo n’abapfumu bahagarika kuvura muri iki gihe icyorezo cya Ebola gikomeje guca ibintu muri iki gihugu, aho abagera kuri 19 kimaze kubahitana.

Mu ijambo yagejeje ku gihugu, Museveni yategetse inzego z’umutekano guta muri yombi abantu bose bakekwaho kuba barahuye n’abanduye iyi virusi mu gihe banze kwishyira mu kato.

Museveni yabwiye abavuzi gakondo n’abavurisha imiti rwatsi kutavura abantu bakekwaho kwandura Ebola.

Ni nyuma y’urupfu rw’umugabo wari ufite imyaka 45 ufite inkomoko muri RDC witwa Twagirayezu Ndahiro uzwi nka Kakono, wari washyizwe ku rutonde n’amatsinda y’abaganga nk’uwagize aho ahurira na virusi ya Ebola.

Uwo mugabo yapfiriye mu bitaro byo mu murwa mukuru Kampala. Yari yahunze icyaro yari atuyemo cyo mu karere ka Mubende rwagati muri Uganda, aka karere kakaba ari ryo zingiro ry’iki cyorezo.

Uyu mugabo ngo yivurije ku muvuzi gakondo w’ahandi hantu hitwa Luweero, mbere yuko yerekeza ku bitaro bya Kiruddu i Kampala, apfa hashize amasaha amaze gushyirwa muri ibyo bitaro.

Abantu barenga 20 bahuye n’uyu mugabo bishyize mu kato, abandi nabo basabwe kubikora.

Museveni ati “Abapfumu, abavuzi gakondo n’abavurisha imiti y’ibyatsi ntabwo bagomba kwakira abarwayi. Muhagarike ibyo muri gukora. Nta bupfumu buhari hano. Ebola ni indwara, abantu bari aho yiganje bamenye ko yica kandi ikwirakwira binyuze mu guhura n’uwanduye.”

Museveni yakomeje abagira inama yo guhamagara inzego z’ubuvuzi zigatwara abantu ku bitaro.

Yasabye abanyamadini kutemera ko abantu barwaye bafite ibimenyetso bya Ebola bajya gusengerwa, kuko iyo ubakozeho wandura Ebola.

Abatwara abantu kuri moto basabwe kuba menge ntibatware abantu barwaye, ahubwo bakabafasha guhamagara imodoka itwara abarwayi.

Perezida Museveni yatangaje ko nta muntu n’umwe wanduye Ebola uri mu murwa mukuru wa Kampala, ariko aburira abaturage abasaba gukomeza kuba maso, abizeza ko abakozi bo mu buvuzi bazahashya iki cyorezo.

Kuva icyorezo cya Ebola cyagera muri Uganda, abaturage bo mu turere dutanu; Mubende, Kassanda, Kyegegwa, Kagadi na Bunyangabu bakomeje kugarizwa cyane.

Kugeza ubu abantu 54 ni bo bamaze kwemezwa ko banduye Ebola muri Uganda. Abantu 20, barimo batanu bakora mu buvuzi, barayikize.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *