Abagize Urugaga rw’abikorera mu Rwanda “ PSF” bashimiwe ubwitange bagize mu guhashya Icyorezo cya Covid 19

admin
7 Min Read

Mu mpera z’ukwezi gushize kuwa 30 Nzeri 2022 habayeho gushimira abagize Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF, ku bwitange n’umurava bagaragaje mu guhashya icyorezo cya Covid 19, ariko banakomeza gukora akazi neza uko bisanzwe bubahiriza ingamba zose zari zashyizweho, banabikangurira abandi.

Ni Umuhango wayobowe na Ministiri w’ubucuruzi n’Inganda Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome,  ari kumwe n’Umuyobozi mukuru w’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF Robert Bapfakurera,  mu bashimiwe by’umwihariko ku muhate bagaragaje, hakabamo nka Ese SINA Gerard/URWIBUTSO, BRALIRWA n’abandi benshi bagaragaje gukora batizigamye.

Aganira na Igisabo.rw kuri uyu wa kane Tariki ya 06 Ukwakira 2022, Bwana Robert Bapfakurera, Umuyobozi Mukuru w’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda “PSF”, avuga ko intego y’icyo gikorwa muri rusange,  kwari ugusabana no gushimira by’umwihariko abacuruzi n’abanyenganda , uruhare n’umusaruro bagaragaje mu gukora batikoresheje mu bihe   bya Covid 19,   aho umusaruro mbumbe w’ibikorwa byabo  wari  16% imbere ya 2019,  ukazamuka kugera  kuri 20% muri iyi myaka ibiri ishize.

Agira ati “Byari ngombwa ko duhurira hamwe twe nk’abikorera, ari abacuruzi, abanyenganda, amahoteli, abanyabukorikori n’abandi  kugira ngo hishimirwe ibyakozwe mu bihe bitari bitworoheye byo guhangana na Covid 19, nyamara bikaba bitarabujije gukomeza gukora no kugaragaza umusaruro  ushimishije.

Ni muri urwo rwego, abagaragaje gukora cyane kurusha  abandi babishimirwe, ari nako hafatwa ingamba zihamye zo gukomeza guteza imbere ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Ikindi twavuga ni uko  nyuma y’uko icyorezo cya Covid 19  gihashyijwe, hagendewe ku ngamba Leta  yashyizeho, byagaragaye ko Ibyakozwe n’abikorera dushima uyu munsi,  byongereye agaciro  ubukungu bw’igihugu ho 10%, bikaba ari  ibyo kwishimira.”

Bwana Robert Bapfakurera, avuga abikorera bafite inshingano yo gukomeza gukorana umwete,  kugira ngo bakomeze kuziba icyuho cyari kigiye guterwa na Covid 19 mu ngeri z’ubukungu bw’igihugu.

Umuyobozi mukuru w’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF Robert Bapfakurera mu muhango wo guhemba abitwaye neza

Ku bigendanye n’ibiciro by’ibiribwa bikomeje kuzamuka ku masoko,  umuturage agakomeza kubazwa amafaranga y’umurengera ari nta handi akura,  Bwana Bapfakurera avuga ko  mu by’ukuri bitewe n’intambara yo muri Ukraine n’Uburusiya, nta gushidikanya ko hakomeje kubaho  izamuka ry’ibiciro ku isi yose.

Cyakora ashimangira ko ingamba zikomeza gufatwa n’amahanga n’u Rwanda rurimo, hagabanywa ibiciro by’ingendo  zo mu kirere no mu mazi, by’umwihariko mu Rwanda hakaba harabayeho  igabanuka ry’ibiciro ku biribwa nk’umuceri n’isukari, hakanashyirwaho  ibigega by’ingoboka bigamije  gutera inkunga abanyenganda ,abacuruzi n’amahoteri, ngo ni  ibyo kwishimirwa cyane ko byatumye hatabaho izamuka rikabije ry’ibiciro  muri rusange.

Ni muri urwo rwego  asaba abanyenganda bo mu Rwanda gukomeza gukorana umwete, bagakora bashingiye kubiboneka mu gihugu.

 Aboneraho kandi gusaba abahinzi nabo gukomeza  guhinga ibihingwa by’ibanze byinshi,  bakoresheje ifumbire n’inyongeramusaruro kugira ngo bakomeze kugira uruhare mu bukungu bw’igihugu basarura umusaruro uhagije, bityo ngo bihaze mu biriribwa, banasagurire amasoko, hirindwe  izamuka ry’ibiciro by’ibyo  biyezereza.

Ku birebana n’imurikagurisha  “EXPO” riherutse kuba  mu  kwezi kwa munani 2022,  Bwana Bapfakurera,  avuga ko muri rusange ryagenze neza  kandi ko bizakomeza kuba bityo  no mu bihe biri imbere. aboneraho  kubwira abanyarwanda  kwitegura no kuzitabira  indi EXPO izasoza umwaka wa 2022.

Bwana Robert Bapfakurera avuga ko ashimira abanyamuryango bakomeje kumugaragariza icyizere bamufitiye, bakaba baramutoreye kuyobora Manda ya kabiri m’Urugaga.

Ministiri w’ubucuruzi n’Inganda Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome yifatanije n’abikorera kuri uwo munsi

Avuga ko mu by’ukuri ari Manda, yizera ko afatanyije  na bagenzi be bazabyaza umusaruro mu buryo bugaragarira buri wese.

Agira ati “ n’ubusanzwe hakozwe byinshi. Tuzakomereza aho twari tugeze  , tukazarushaho guteza imbere Urugaga n’abarugize.  Hari uguhugura abanyamuryango mu bikorwa bitandukanye, ari nako bongererwa ubushobozi n’ubumenyi.

Hari kandi  Kubakorera ubuvugizi, Kubategurira ingendoshuri kugira ngo babashe guhura na bagenzi babo bo mu mahanga ya kure, buri wese yigire ku wundi , bityo habeho kwiyungura ubumenyi n’ibitekerezo mu byo bakora bya buri munsi.

Ikindi ni uko hariho no gukomeza kubashishikariza gukunda umurimo, banubahiriza amabwiriza na gahunda za Leta y’u Rwanda n’ibindi.

Ku bigendanye no kumenya niba hari Ikigega cy’ingoboka cyaba gihari, kikaba gishobora kunganira umunyamuryango wahura n’ikibazo nk’icyo mugenzi wabo Hadji,  wacururizaga mu Ntara y’amjyepfo waje guhomba ndetse  ibye bigatezwa cyamunara,  Bwana Robert Bapfakurera,  avuga ko hari benshi mu bikorera nabo bagiye bahura n’icyo  kibazo.

 Gusa avuga  ko ntawakagombye kwiheba cyangwa se ngo acike integer,  kubera ko mu bucuruzi ari ibisanzwe ko umuntu yunguka cyangwa se agahomba iyo hatabayeho kuba maso.

abahembwe barimo na Sina Gerard Nyirangarama bishimiye ibihembo bahawe

Ni muri urwo rwego,  asaba abacuruzi n’abanyenganda kujya bategura  imishinga yabo neza, bagakora ibigendanye n’ubushobozi  bafite kugira ngo babibyaze umusaruro bishyure neza inguzanyo za Banki batagonganye nayo, bagaharanira kunguka aho gukorera mu gihombo.

 Avuga ko igihe cyose  uriya mucuruzi Hadji yagana Urugaga agasobanura ikibazo cye, hari uburyo yagirwamo inama bikaba byamufasha  kongera kubyutsa umutwe wo gukomeza ibikorwa bye by’ubucuruzi kugira ngo abashe kubona ubwishyu nk’uko yabiteganyaga.

Ku bigendanye n’ikibanza kigomba kubakwamo ahazajya hakorerwa Expo kiri i Gahanga mu Karere ka Kicukiro, avuga ko  n’ubwo hanyuzemo icyorezo cya Covid 19 cyashubije inyuma ibikorwa bimwe na bimwe, abantu  batagombye kurambirwa kubera ko mu bihe bya vuba,  ibikorwa by’ubwubatsi ngo  biraba bitangiye kugira ngo abikorera bajye babona aho bamurikira ibikorwa byabo bisanzuye kurushaho.

Bwana Robert  Bapfakurera, asoza asaba abikorera bagenzi be,  gukomeza kurangwa no  gukora banoza  imirimo yabo neza, ari nako bagendera ku ikoranabuhanga rigezweho.

Arabasaba  gukomeza gukorera hamwe mu bwisungane kugira ngo utazi ikintu iki n’iki,  akigire kuri mugenzi we,  bikazabafasha kugirana urukundo ibihe byose, bityo Urugaga rw’abikorera mu Rwanda rukomeze rube igicumbi cyo guteza imbere abarugize.

Robert Bapfakurera uyoboye Urugaga rw’abikorera mu Rwanda ni umwe mu banyemari bamaze kwandika izina mu Rwanda, bitewe ahanini n’ishoramari mu bigendanye n’amahoteli, gutumiza no kohereza ibintu mu mahanga, ubwubatsi bw’amazu n’ibindi.

Muri uyu mwaka wa 2022 nibwo yongeye kugirirwa icyizere na bagenzi be,  ubwo yatorerwaga kuyobora Manda ya kabiri. Ni nyuma yo kugaragaza ubushake n’imbaraga muri manda yari ashoje we na bagenzi be, n’ubwo  hari   mu bihe bitari byoroshye bya Covid 19.

igisabo.rw/

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *