U Rwanda rwashyizeho ingamba zigamije gukumira Ebola yagaragaye mu gihugu cya Uganda

admin
3 Min Read

Ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC) cyatangaje ko u Rwanda rugiye gushyiraho ingamba zo gukumira icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri Uganda.

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, kuri uyu wa Kabiri yatangaje umusore w’imyaka 24 yahitanywe na Ebola mu gace ka Mubende kari mu bilometero 390 uvuye ku mupaka wa Gatuna ugabanya u Rwanda na Uganda.

Icyorezo ya Ebola cyagaragaye muri Uganda

Minisitiri w’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko uwo musore yabanje kugaragaza ibimenyetso bya Ebola byo kuva amaraso menshi mu mubiri, ndetse aza kwitaba Imana.

Yagize iti “Uburwayi bwabonetse mu musore w’imyaka 24 wo mu mudugudu wa Ngabano, mu gace ka Madudu mu Karere ka Mubende, wagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara nyuma aza gupfa.”

Iyi Minisiteri yavuze ko hari abandi bantu batandatu bapfuye muri ako gace muri uku kwezi, nyuma yo kugaragaza ‘ibimenyetso bidasanzwe’. Harimo gukorwa iperereza ngo hamenyekane niba baba barazize iki cyorezo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Prof Claude Mambo Muvunyi, yavuze ko u Rwanda rwiteguye kandi rugiye kubyutsa ingamba rusanganywe zo guhangana n’icyorezo cya Ebola.

Ati “Hari amatsinda dufite mu bitaro byacu amenyereye guhangana na Ebola no ku rwego rw’igihugu dufite itsinda ry’abantu bahuguwe, ubu tugiye kubyutsa ayo matsinda ndetse n’ingamba dufite ku mipaka cyane cyane aho gukarabira, aho gusuzumira abinjira n’abasohoka n’ibigo by’akato tugiye kubishyiramo ingufu kugira ngo byitegure”.

Ku mipaka hagiye gushyirwaho uburyo bwo kubaza abinjira n’abasohoka niba bavuye ahari icyorezo, gupimwa umuriro no kubazwa niba barahuye n’uwapfuye.

Uwo ababishinzwe bazasanga yarahuye n’uwo Ebola yishe cyangwa akaba yaranduye, azashyirwa mu kato k’iminsi 21 ahantu hateguwe mu bitaro bitandukanye, naho abazaba bakeneye kuvurwa cyane bazajyanwa mu kigo cya Kanyinya na Nyamata.

Ebola yandurira mu matembabuzi ava mu mubiri, ku buryo ishobora gukwirakwira mu gihe umuntu akoze ku wanduye cyangwa mu guhererekanya ibintu byagiyeho ubwandu.

Urwaye Ebola agaragaza umuriro mwinshi, akaribwa umutwe, mu ngingo, mu muhogo, agacika intege, agahitwa, akaruka kenshi kandi cyane. Ibimenyetso bindi  agaragaza harimo kuribwa mu nda no kuva amaraso ahantu hose hari umwenge ku mubiri.

Minisiteri y’Ubuzima yemeje ko yasanze icyo cyorezo ari virus ya Ebola ikomoka muri Sudani.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, ku rwego rwa Afurika, ryavuze ko rikomeje gukurikiranira hafi ubwo bwandu.

Si ubwa mbere Ebola igaragaye muri Uganda, ariko inzego z’ubuzima zagiye zifata ingamba zituma ihashywa. Imaze iminsi igaragara cyane muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *