Nyuma y’Inteko rusange ya 8 y’Ishyaka riharanira Ubumwe bw’abanyarwanda na Demokarasi UDPR , yateraniye I Kigali kuri iki cyumweru Tariki ya 21 Kanama 2022, yari igamije kugeza ku barwanashyaka baryo imigabo n’imigambi y’ishyaka n’ibyakozwe byose muri manda y’imyaka itanu ishize hatowe Komite yari icyuye igihe, abitabiriye inteko rusange banyuzwe n’ibyo abo bitoreye babagejejeho.
Bityo hafi ya bose bongera kugirirwa icyizere cyo gukomeza indi manda y’imyaka itanu iri imbere, bakaba bakuriwe na Hon. Pie Nizeyimana wari usanzwe abayoboye.
Ni Inteko rusange ya 8 yitabiriwe n’abasaga 200 baturutse mu gihugu hose biganjemo urubyiruko, na cyane ko ishyaka UDPR, Ubuyobozi bwaryo n’abarigize, bavuga ko bashyira imbere imbaraga z’urubyiruko, bitewe ahanini n’uko arirwo mizero y’iterambere igihugu giharanira kugeraho buri munsi.

Hon. Pie Nizeyimana, watorewe gukomeza kuba Umuyobozi Mukuru w’Ishyaka UDPR, avuga ko kuva mu ntangiriro ishyaka ahagarariye ryamye rishyigikiye kuba mu Rwanda rurangwa n’amahoro, ubwiyunge n’umutekano, ariyo mpamvu ngo bafashe iya mbere mu gushyigikira Umuryango FPR Inkotanyi, wari uri ku rugamba rwo kubohora u Rwanda kuva mu 1990 kugeza 1994, bahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi.
Agira ati “aya mahoro tumaze kugeraho, iterambere rirambye mu bice byose by’igihugu, ububanyi n’amahanga n’imiryango mpuzamahanga, ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda, uburezi kuri buri wese, Amashanyarazi, imihanda,nibindi, turabikesha Umuryango FPR Inkotanyi urangajwe imbere na Nyakubaha Paul Kagame.
Bityo mu ishyaka ryacu, tukaba dukomeje kwifatanya nawo ari nayo mpamvu mu matora ari imbere, yaba ay’Abadepite na ya Perezida wa Repubulika tukazifatanya uko bisanzwe, by’umwihariko tukaba dushyigikiye Candidature ya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame mu 2024, cyane ko akomeje kugaragariza abanyarwanda urukundo no guharanira iterambere ryabo ibihe byose.”

Bwana Pie Nizeyimana avuga ko, ko mu myaka itanu bamaze bagiriwe icyizere n’ubwo bakomwe mu nkokora n’Icyorezo cya Covid 19, hagezweho byinshi byo kwishimira mu Ishyaka UDPR, cyane ko bahagarariwe mu Nteko Ishinga amategeko umutwe w’abadepite, aho bafatanya na bagenzi babo, gutanga ibitekerezo bigamije kubaka igihugu muri rusange.
Avuga ko muri UDPR, bashingiye ku bimaze kugerwaho kandi bigaragarira buri wese, batazihanganira na gato uwo ariwe wese washaka gusubiza inyuma ibyo byiza u Rwanda rwagezeho rwiyushye icyuya kugeza ubu.
Ni muri urwo rwego avuga ko bamagana abakomeje kwibasira u Rwanda barushinja ibinyoma ku ma Radio no ku mbuga Nkoranya mbaga, bagamije ahanini kuruharabika no kurwambika isura itariyo imbere y’amahanga.
Hon Pie Nizeyimana yatoranywe n’abandi barimo : Mukankusi Perrine Vise Perezida wa mbere, Rwigema Gonzague Visi Perezida wa kabiri, Bwana Ngiruwonsanga Jean Damascene Umunyamabanga mukuru na Ntakirutimana Renatha Umubitsi mukuru, hiyongerereyeho abandi bahagarariye za Komisiyo zitandukanye z’ishyaka.

Bamwe mu bitabiriye Inteko rusange ya 8 y’ishyaka UDPR, harimo n’abatorewe imwe mu myanya y’ubuyobozi, bagaragaza akanyamuneza baterwa n’uburyo ishyaka ryabo riyobowe.
Bashima cyane ubufatanye bakomeje kugirana n’andi mashyaka ari mu gihugu, by’umwihariko Umuryango FPR Inkotanyi bamaranye imyaka isaga 30, bafatanya mu rugamba rwo gukunda igihugu no kugikorera.
Uwurukundo Claire watorewe kuba Komiseri ushinzwe imiyoborere myiza mu Ishyaka UDPR, ashima uruhare ishyaka ryabo rigira mu gushyigikira uburinganire no guteza imbere umugore.
Avuga ko ababazwa ni uko hari ahakigaragara ihohoterwa ry’umwana w’umukobwa no guterwa inda zitateganijwe, akavuga ko ari ngombwa ko habaho ubukangurambaga buhoraho ku bana b’abakobwa, kugira ngo babashe kujya basimbuka ibyo bibazo, ariko kandi agashishikariza abana b’abakobwa, kurangwa n’imico myiza y’ubupfura ariho ahera avuga ko muri UDPR nabo, bamagana bamwe muri abo bana bambara imyenda itabahesha icyubahiro.

Uwitwa Rebero Ange Arnaud, nawe ari mubatorewe kujya muri imwe muri za Komisiyo ziyoboye ishyaka, yishimira ko nk’urubyiruko bavuga rikijyana mu ishyaka ryabo.
Avuga ko abakuze bari kumwe mu ishyaka, bagerageza kubaha ibitekerezo bitandukanye ariko bakaba aribo babishyira mu bikorwa, ku buryo ngo bashobora kubaha igitekerezo cy’icyumweru kimwe, ari ko bo bakacyagura kikaba igitekerezo kigendanye n’igihe cy’imyaka itanu.
Muri make, Abarwanashyaka ba UDPR, baba abatorewe kujya mu nzego zitandukanye ziyoboye ishyaka n’Abarwanashyaka baryo muri rusange, bavuga ko u Rwanda rukeneye kuzamurwa n’urubyiruko, cyane ko aribo mbaraga z’igihugu cy’ejo hazaza.
Bityo bagasaba buri wese bireba, gushyigikira nta n’umwe usigaye inyuma, iterambere ry’igihugu, umutekano, Ubumwe n’ubwiyunge n’imibereho myiza y’abagituye muri rusange.

Ishyaka UDPR, rimaze imyaka isaga 30 rikorera mu Rwanda mu buryo bwemewe n’amategeko, abariyoboye n’abarwanashyaka muri rusange, bakavugako bashyigikiye kurushaho ibimaze kugerwaho na Leta y’Ubumwe iyobowe na Perezida Paul Kagame, bakaba badashaka uwari we wese wagira uruhare mukubihungabanya, bakaba ngo biteguye kumurwanya aho yaturuka hose.

Uretse Abarwanahyaka ba UDPR, bari bitabiriye inteko rusange ari benshi, bamwe muba bahagarariye amashyaka n’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda bari baje kubatera ingabo mu bitugu, barimo Umuryango FPR Inkotanyi, Ishyaka PL, PSD, PDC, PPS n’abandi, ndetse n’Ihuriro ry’ayo mashyaka n’ Imtwe ya Politiki ribahuriza hamwe, rikaba ryari ryaje kubashyigikira.
Andi mafoto









