Ni ibyasabwe na Bwana Gasore Serge Umuyobozi Mukuru wa Fondasiyo yamwitiriwe ikorera mu mu Karere ka Bugesera, ari nayo itegura ikanashyira mu bikorwa isiganwa rizenguruka Akarere ka Bugesera ku maguru ndetse n’amagare, ibyaje guhabwa umugisha n’Abayobozi bakuru bari bitabiriye igikorwa kuri iki cyumweru Tariki ya 03 Nyakanga 2022 i Nyamata mu Karere ka Bugesera.
Iki igikorwa ngarukamwaka kitabiriwe n’urubyiruko ruvuye mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Bugesera no hanze yako, bakaba barasiganwaga ku maguru ndetse no kumagare asanzwe atari ayababigize umwuga.
Abitabiriye irushanwa baranzwe no kuzenguruka ibice bitandukanye by’Akarere, abitwaye neza muri bo bakaba barahawe ibihembo bitandukanye byagiye bitangwa ahanini na bamwe mu bafatanyabikorwa ba Fondasiyo Gasore Serge n’Akarere ka Bugesera muri rusange.
Ni igikorwa kandi kitabiriwe kinarebwa n’abaturage batari bake bo mu Karere ka Bugesera, na cyane ko byahuriranye no kumurika ibyagezweho n’Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa b’Akarere “DJAF” barimo nka MTN Rwanda, Inganda z’Amazi ya JIBU , Hotel la Palisse n’abandi benshi bo m’Urugaga rw’abikorera “ PSF”, hanatahwa ku mugaragaro inyubako nshya y’ibikorwa by’abashoramari b’Akarere BIG (BUGESERA INVESTMENT GROUP), inzu ikaba yaruzuye itwaye akayabo ka Miliyoni 400, hatabariwemo agaciro ku ubutaka bw’ikibanza yubatsweho kubera ko babuhawe n’Akare nk’uruhare rwako mu gushyigikira abikorera.
Bwana Gasore Serge ugira uruhare runini mu gutegura amarushanwa yitiriwe 20 km de Bugesera, avuga ko Siporo muri rusange ifitiye akamaro kanini umubiri w’umuntu, ari nayo mpamvu kuyishoramo imbaraga ngo ukanayikundisha abandi, ari umusanzu ntagereranwa uba uhaye abantu, kugira ngo barangwe n’ubuzima bwiza buzira umuze, bitabasabye ikindi kiguzi uretse imbaraga zonyine bifitemo ubwabo.

Avuga ko yishimira ko irushanwa rimaze kuba ubukombe, akishimira ko ritangira rikanasozwa uko bikwiriye, rikitabirwa n’abakunzi ba siporo batandukanye n’ubwo bwose mu myaka ibiri ishize, ritabashije kuba bitewe na Covid 19 yari yabaye kidobya.
Agira ati “iri ni irushanwa ribaye ku nshuro ya gatanu n’ubwo bwose mu myaka ibiri ishize ritabashije kuba, bitewe ahanini n’icyorezo cya Covid 19, cyari cyashubije ibintu byinshi inyuma na Siporo yacu irimo.
Muri make navuga ko icyatumye irushanwa ry’uyu mwaka rishyirwa kuri aya matariki atangira ukwezi kwa karindwi, ni uko twari turi gusoza iminsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, twinjira mu minsi mikuru yo kwibohora. Byabaye ngombwa ko dutegura iyi 20 Km de Bugesera, kugira ngo dutarame ari nako twifatanya n’abafatanyabikorwa bari kumurika ibyo bagezeho, tukaboneraho no kwifatanya n’abanyarwanda mu munsi mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 28 kuwa 04 Nyakanga 2022.
Bwana Gasore Serge, avuga ko muri rusange yishimira uburyo igikorwa cya 20 Km de Bugesera 2022 cyagenze neza, cyane ko cyatangiriye igihe, kitabirwa n’umubare w’abantu benshi , baba abasiganwe ku maguru n’abo ku magare. Abatsinze bahembwe neza kandi abafatanyabikorwa benshi babigizemo uruhare mu buryo bugaragara, bityo agashimangira ko buri mwaka, irushanwa rizajya rihuzwa n’itariki yo Kwibohora kugira ngo bakomeze gushyigikira ibyagezweho bikeshejwe Ukwibohora kw’abanyarwanda kuwa 04 Nyakanga mu 1994

Umwe mu bafatanyabikorwa ba Fondasiyo Gasore Serge n’Akarere ka Bugesera muri rusange Madame REHEMA UwamahoroUhagarariye abacuruzi b’inganda z’amazi ya JIBU mu Rwanda, avuga ko bashimira igikorwa kiza gitegurwa na Fondasiyo Gasore Serge, kigamije guteza imbere Siporo n’umuco no guharanira ubumwe n’ubwiyunge, ndetse ashima n’uburyo Akarere ka Bugesera kagira uruhare mu gukorana n’abafatanyabikorwa bako, n’Inganda zikora amazi ya JiBU zirimo.
Avuga ko nka JIBU, bazakomeza gukorana n’Akarere ka Bugesera mu urwego rwo gushyigikira iterambere ryako, harimo n’umuco na Siporo cyane ko iri mu bifasha abanyarwanda kugira ubuzima bwiza , ari nabwo inganda z’amazi ya JIBU ziharanira igihe cyose.
Madame REHEMA UwamahoroAsoza ikiganiro, amara impungenge, abumvise ko hari inganda za JIBU zafunzwe, ko ari nta gikuba cyacitse cyane ko bafite inganda ngo zigera kuri 57 mu gihugu hose, eshatu zonyine zikaba arizo zagize ikibazo nacyo kidakanganye, kuko harimo nko kwagura inyubako zazo , ibyo bategetswe na FDA bakaba ngo bari kubikemura neza mu minsi mike bakazaba barabisoje.
Avuga ko muri rusange amazi yose y’inganda za JIBU mu Rwanda, akomeje kuba nta makemwa, akaba ari ayo kwizerwa na buri wese nta kuko nta kibazo na gito afite.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Mutabazi Richard, avuga ko yishimiye uburyo irushanwa rya 20 Km de Bugesera ryateguwe kandi rikanasozwa neza hamurikwa ibyagezweho n’abafatanyabikorwa b’A karere ,hakanatahwa inyubako y’abashoramari izabafasha gukomeza kwiteza imbere.

Agira ati “ ibi ni ibagaragaza uruhare abikorera bagira mu kuzamura igihugu, bagamije kunganira ibikorwa bya Leta. Akarere ka Bugesera kari gutera imbere kagana mu byiza birimo Ikibuga Mpuzamahanga, Ishuri mpuzamahanga ry’ubuhinzi, Uruganda rw’amazi rw’ikitegerezo n’ibindi, ariko ibyo byose bikaba ari ibikorwa bya leta. Kuba rero abikorera babashije kuzuza iyi nzu yo urwego nk’urunguru, ni ibigaragaza ubufatanye bukomeye buri hagati y’abikorera na Leta.
Agaruka kuri Siporo yakozwe, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, avuga ko hakwiye kwishimirwa ko Urubyiruko rwinshi rwo mu Karere ka Bugesera rukomeje kugaragaza impano zibarimo, cyane ko nk’abakobwa batwara amagare, bafite ikipe ikomeje kwitwara neza mu marushnwa yo mu gihugu no hanze yacyo.
Ikindi avuga, ni uko Akarere ka Bugesera ngo kabonekamo umubare mwinshi w’abagore batwara amagare, bikaba bigaragaza umuco wo kwitinyuka ubaranga, kuburyo ugiye mu kazi yitwara ku igare, yarwara akijyana kwa muganga, cyangwa umwana n’umugabo barwara akaba ariwe ubagezayo, bikaba ngo ari ibyo kwishimirwa.
Gasore Serge ushimirwa ibikorwa byo gufasha abantu kwitabira Siporo no kuyikunda, abicishije muri 20 Km de Bugesera, ni umwe mu barinzi b’igihango bashimiwe n’umukuru w’igihugu kubera uruhare yagaragaje mu kunwanisha abanyarwanda.
Igikorwa kiswe “20 Km de Bugesera” ategura buri mwaka, ni ku nshuro ya ya 5 kibereye muri ako Karere. Mu myaka ibiri ishize nticyabashije kuba, bitewe n’icyorezo cya Covid 19.
Iri ni irushanwa rikomeje kugaragaza impano nyinshi mu rubyiruko, ari nayo mpamvu rishyishyigikiwe n’abantu bo mu ngeri zitandukanye, ari abo mu nzego bwite za Leta, ndetse n’abikorera ku giti cyabo.






