
Iyi ni gahunda igamije guherekeza no gusubiza mu buzima busanzwe abantu bagororewe mu bigo bitandukanye by’Ikigo cy’igihugu gishinwe ingororamuco (NRS) birimo ikigo cya IWAWA, ikigo cya Nyamagabe n’ibindi. Muri iyi gahunda yatangijwe n’Umuryango Sowing Hand Rwanda, umuryango wiyemeje guteza imbere abagore n’irubyiruko babarizwa mu byiciro binyuranye by’abanyantege nke, abavuye kugororwa bazafashwa gusubira mu buzima busanzwe bafashwa kubona ibyo bakora, gukorerwa ubuvugizi ku bijyanye n’uburenganzira bwabo n’ubwo biba bigoye ko abo basanze bongera kubiyumvamo ngo bemere ko bahindutse.
Iyi gahunda yatangijwe ku mugaragaro mu Karere ka Ngoma kuri uyu wa gatanu tariki ya 08/04/2022, Umuryango Sowing Hand Rwanda uvuga ko ku ikubitiro uzakorera mu Karara ka Ngoma no mu murenge umwe wo mu Karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, Urubyiruko rutangiriweho rukaba ari abasore 28 baherutse gusezererwa mu bigo byavuzwe haruguru ku itariki ya 28 Werurwe 2022.
Abasezerewe mu bigo ngororamuco nabo bagaragaza ko bari b akeneye ibikorwa byo kubaherekeza nk’aho uwitwa Habiyaremye Jean Baptiste utuye mu Murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma wagororewe mu karere ka Nyamagabe nyuma yo gufatirwa mu bikorwa byo gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge; wemeza ko yahindutse ndetse akakira agakiza mu itorero rya ADEPR. Yivugira ko bitoroshye gusubira ku murongo w’ubuzima busanzwe.
Ati “Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2022 nibwo twasubijwe mu miryango yacu. Ngeze mu rugo nasanze umugore wange yarataye urugo, ata abana, ajya gushaka undi mugabo. Byarampungabanije cyane, nshaka abana bange ubu nibo tubana, gusa ubuzima ntibutworoheye na gato. Twatashye batwizeza ko tuzasanga ubufasha ku Karere ariko kugeza ubu ntiturabubona. Abo duturanye siko bose bizera ko twahindutse. Sowing Hand niyo ituba hafi ikadufasha kwemeza abantu ko twahindutse by’ukuri.”
Uyu mugabo ugaragaza agahinda mu maso, avuga ko akeneye abamuba hafi kuko abayeho nabi, gusa akarahira kutazasubira mu ngeso mbi.
Kabanda Charles Perezida w’ihuriro ry’ababyeyi b’abana babaye mu bigo ngororamuco ryitwa TABARA MUBYEYI nawe wari muri uyu muhango, avuga ko bahura n’ikibazo cy’uko umuryango nyarwanda utakira neza abana bavuye mu bigo ngororamuco, bityo bikagora abo bana kwisanga mu bandi.
Ati “Benshi mu bana bacu iyo bagarutse ntibakirwa neza, ntibizerwa. Noneho wakongeraho no kudahita babona ibyo bakora bigatuma bamwe basubira muri za ngeso mbi bahozemo bamwe bakisanga basubijwe muri bya bigo. Niyo mpamvu dushimira Sowing Hand Rwanda ku gikorwa cyo kubafasha kwisanga mu muryango mugari.”

Byukusenge Jean de Dieu, Umuyobozi nshingwabikorwa w’umuryango Sowing Hand Rwanda yagarutse kucyo umuryango ayoboye uzakora muri iyi gahunda utangije, ati:“Iyi gahunda igamije guherekeza umuntu wavuye mu kigo ngororamuco. Ni ukuvuga kumufasha mu buryo bw’imyumvire, kwigarurira ikizere no kumufasha mu buryo yakwihangira imirimo, ibyo yize bimugirire umumaro akore yiteze imbere ku buryo nawe atangira gukirigita ifaranga. Hari no kumukorera ubuvugizi mu buryo butandukanye, hari igihe usanga ari mu muryango ufite ibibazo bitandukanye akeneye gukorerwa ubuvugizi. Kumukorera ubuvugizi mu nzego z’ubuyobozi, no gufaha umuryango mugari kumugirira ikizere.
Umuyobozi w’ishami ry’imibereho myiza mu Karere ka Ngoma, Bwana Hakuzwimana Gedeon wari uhagarariye Akarere ka Ngoma muri iki gkorwa, yashimiye umuryango Sowing Hand Rwanda ku bikorwa byo bitandukanye biteza imbere abaturage.
Yagize ati “Twishimiye inkunga y’umuryango Sowing Hand Rwanda yo kudufasha gusubiza mu buzima busanzwe abavuye mu bigo ngororamuco. Ni iby’agaciro kubona abatwunganira mu mihigo akarere kari kihaye.kandi ntibikuraho inshingano zacu ahubwo in ukutwunganira”
Yasabye abasezerewe mu bigo ngororamuco bari bari aho gukomeza kwitwara neza mu bandi baturage no kugaragaza ko bahindutse koko. Yavuze ko Akarere gafatanyije n’abandi bafatanyabikorwa kazakomeza gukora ibishoboka kugira ngo babone icyo bakora kandi aho bishoboka batangire gukora imyuga bahuguriwe.
Umuryango Sowing Hand Rwanda uri mu bafatanyabikorwa b’Akarere ka Ngoma kuva 2018, aho ubarirwa mu bikorwa biteza imbere abatishoboye.
MPOREBUKE Noel


