Garage ATECAR ikomeje gutanga serivisi nziza inakumira icyorezo cya Covid 19

admin
5 Min Read

Garage ATECAR iherereye mu Murenge wa Muhima Akarere ka Nyarugenge. Kimwe n’ibindi bigo by’abikorera mu Rwanda, Ubuyobozi bwayo buvuga ko bukomeje gutanga serivisi neza uko bisanzwe ku babagana bose banubahiriza ingamba zo kwirinda no gukumira icyorezo cya Covid 19 gikomeje kuzengereza abatuye isi n’Abanyarwanda muri rusange.

Umutesi Janviere ashinzwe Abakozi (Human Resources) muri Garaji ATECAR aganira n’ikinyamakuru igisabo.rw/ mu izina ry’Umuyobozi mukuru waryo, avuga ko Igaraji rya ATECAR rimaze kuba ubukombe kubera ko ubusanzwe ryatangiye imirimo yaryo mu 2001, ritangirana ishyaka ryo gutanga serivisi no kwakira neza abarigana ku buryo mu gihe gito bahise bigarurira isoko ry’abantu batandukanye bakeneye gukoresha ibinyabiziga byabo kubera ahanini ubuhanga no gukora neza batangiranye.

Agira ati « iri ni Igaraji rimaze kugira ubunararibonye mu byo dukora, dufite aba tekinisiye b’abahanga babyigiye banakoze akazi k’igaraji igihe kirekire. Muri iki gihe cya Covid, nabwo tukaba turi kugerageza kutadohoka ku ntego twiyemeje yo gutanga neza Serivise kubatugana, ariyo mpamvu abinjira hano tubanza kubapima umuriro, tukabaha amazi meza yo gukaraba cyangwa se umuti wabigewe.

Garage ETECAR

Uwinjira kandi yaba aje muri garaje cyangwa akeneye indi Service, twandika umwirondoro we mu gitabo cya bugenewe kugira ngo hagize ikibazo cyavuka kigendanye n’ubwandu bwa Covid 19, abe yakurikiranwa akamenyekana mu buryo bworoheje, ikindi ni uko aho bahagarara cyangwa bicara bategereje guhabwa Service y’igarage nabwo basigamo intera ihagije hagati yabo.»

Ikindi uyu muyobozi ushinzwe abakozi muri ATECAR, avuga ni uko mu bakozi 45 bafite mu igaraji, bagerageza gukoresha bake bashoboka mu rwego rwo kubahiriza gahunda yashizweho y’ubwirinzi bwa Corona Virus, aho bagenda basimburana mu byiciro kandi ngo bikaba bikorwa neza uko bikwiriye hubabahiriza ingamba zagenwe na cyane ko na PSF ibibasaba kenshi.

Umutesi Janviere akomeza avuga ko abakozi bose ba garage ETECAR bakingiwe icyorezo cya Covid19.

Umutesi Janviere ashinzwe Abakozi muri Garaji ATECAR.

Madame Umutesi, avuga ko uretse imirimo n’ibikorwa bya buri munsi bakora, banarengera ibidukikije muri rusange birinda kumena imyanda cyangwa se amazi mabi n’amavuta asohoka mu binyabiziga ahabonetse hose kubera ko bafite uburyo bwiza bwo kuvangura amazi n’amavuta babifashijwemo na RECP ikigo gikorana na REMA ku buryo amazi abasha gukomezanya na ruhurura ishokana amazi rusange noneho amavuta agasigarana n’imyanda nayo iba igomba kujyanwa ahabigenewe ku buryo bitangiza ibidukikije.

Kubigendanye n’akamaro igaraji ryaba rifitiye agace rikoreramo, avuga ko muri ATECAR badaheranwa n’akazi gusa ahubwo ko banabanye neza n’abaturage baturanye bo mu Murenge wa Muhima, aho umwaka ushize bishyuriye abaturage 13 bo mu Mudugudu w’i Nyarurembo, mu kagari ka Amahoro ubwishingiji bwo kwivuza (Mutuelle de Sante) ndetse n’abo mu Karere ka ka Gasabo, ahitwa Kimironko bakaba barishyuriye abantu 20.

Ikindi ni uko banaremeye ngo imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Muhima.

Bimwe mu binyabiziga bikorerwa muri garage ETECAR

Ku birebana n’uburyo bwo kwiteza imbere babikesheje umurimo w’igaraji bakora Madame Umutesi, yishimira ko aho bakorera ari ahabo bwite kuko ubwo batangiraga muri 2001 bakodeshaga none kugeza uyu munsi aho bakorera hakaba ari ahabo bwite kandi hakaba ari ahantu hanini hisanzuye ku buryo busesuye.

Kubirebana n’abakozi bakoresha, avuga ko bafite abagera kuri 45 bose bahembwa neza uko bikwiriye, bityo bakabasha gutunga imiryango yabo bakaniteza imbere uko bikwiriye.

Kubirebana n’ingorane baba bahura nazo mu kazi kabo ka buri munsi Umutesi, avuga ko ingorane n’imbogamizi bagira ari rusange, na cyane ko muri kino gihe cyo kwirinda Covid abakiliya bagabanutse.

Agira ati «ingorane zo ni rusange kubere ko abakiriya iki gihe bagenda baba bake, ikindi dukunze guhura na cyo n’ikibazo cy’ibikoresho bisimbura ibindi mu binyabiziga (Pieces de rechanges) bitaboneka mu gihugu bikaba ngombwa ko bitumizwa hanze kandi bikaza bihenze.»

Avuga ko basaba Leta ko yakomeza gushyigikira abikorera basanzwe batumiza ibikoresho bitandukanye birimo ibisimbuzwa mu binyabiziga mu buryo bugaragara boroherezwa imisoro basabwa, kugira ngo byekugera mu Rwanda bihenze bityo n’igiciro cyo mu igaraji ntikiremerere abarigana mu bihe bitandukanye.

Garaje ATECAR ni igaraji rimaze kuba ubukombe mu Mujyi wa Kigali nk’uko ubuyobozi bwaryo bubisobanura

Riherereye mu Murenge wa Muhima, Akagari ka Amahoro, Umudugudu w’i Nyarurembo mu Mujyi wa Kigali. Ni igaraji rigezweho rikora ibinyabiziga by’amoko yose rikaba riherereye ahantu heza kuri Kaburimbo hafi neza ya Station MEREZ hino y’ahitwa kuri YAMAHA.

Ahakorera Garage ETECAR
Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *