Home UncategorizedIkigo cy’imari cya RIM Ltd kifurije abanyarwanda Umunsi Mukuru mwiza w’Umuganura

Ikigo cy’imari cya RIM Ltd kifurije abanyarwanda Umunsi Mukuru mwiza w’Umuganura

by admin
0 comments

Mugihe abanyarwanda bari mu byishimo byo gufata ku muganura w’umusaruro babonye muri uyu mwaka wa 2021 bikorewe mu miryango yabo kugira ngo birinde kurushaho Covid 19, Rim Ltd yifatanyije nabo n’abakiliya bayo muri rusage ibifuriza Umunsi Mukuru mwiza w’umuganura.

Iki ni ikigo cy’imari iciriritse cyashinzwe n’Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kigamije ahanini gufasha abatishoboye kumenya gukoresha inguzanyo iciriritse bayibyaza umusaruro bakabasha kwikenura no kwiteza imbere mu buryo bw’amatsinda ya Nkunganire.

Amakuru dukesha Ubuyobozi bwa RIM Ltd, asobanura birambuye amavu n’amavuko y’iki kigo cy’mari cya Kiliziya Gatolika kimaze kuba ubukombe kikaba gishimwa na benshi bamaze kwikura mu bukene no Kugera kuri byinshi binyuranye aricyo babikesha.

RIM ifite amashami 36, Kugeza ubu abakiriya bayigana barenze ibihumbi 200. RIM yubaha cyane abayigana ibabikira neza mu mutekano usesuye kandi mu ibanga rikomeye.

Umuyobozi Mukuru wa RIM Ltd, Gatera Nsanzimfura Damien

Bwana Oswald Cyuma, Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri RIM Ltd, ubwo yasobanuraga birambuye Uburyo bifatanyije n’abanyarwanda n’abakiliya babo muri rusange Umunsi Mukuru mwiza w’umuganura aboneraho umwanya wo gusobanura neza RIM Ltd kugira ngo abantu barusheho kuyigana ari benshi nk’uko bisanzwe.

Agira ati “Intego za RIM ni ukugira uruhare mu kurwanya ubukene binyuze muri serivise itanga zo kuzigama no gutanga inguzanyo, kwigisha abantu gukoresha imali no gukorana n’ibigo by’imali no mu guhanga imirimo.”

RIM Ltd yakirana yombi abayigana, ikabaha serivise itagereranywa

Akomeza kuvuga ku byiza n’akarusho RIM ifitiye abayigana bose n’abayisunze bidasubirwaho uyu Muyobozi agira ati “Mu by’ukuri RIM yashinzwe 06 ukwakira 2004, ifite amatsinda arenga 42.500 ariko ubu akora ni 12.876 icyihariye muri RIM ltd ni serivise yitwa Mbikira y’abana bato aho ababyeyi babo cyangwa ababarera babatoza kubazigamira bakiri bato bikazabafasha kwihangira imirimo bitabagoye igihe bazaba barangije kwiga no kugura ibikoresho by’ishuli igihe bakiri ku ntebe y’ishuli.”

Yongeraho ati: “Dufite n’indi serivise yihariye ku rubyiruko”

RIM Ltd ifite serivise yihariye ku rubyiruko

Ikigo cy’Imari RIM Ltd kimaze imyaka 17 gitanga Service nziza ku bakigana, kikaba kimaze no kubageza ku bukire nk’uko benshi mu bakigannye babitangaho ubuhamya.

RIM Ltd, imenyesha abifuza ibisobanuro bindi mu buryo burambuye ko bahamagara ku murongo utishyurwa wa 2004 bakaba bakirwa neza uko bisanzwe.

Ikigo cy’imari cya RIM Ltd kifurije abanyarwanda Umunsi Mukuru mwiza w’Umuganura

You may also like

Leave a Comment