Ubu kumbuga nkoranyambaga zitandukanye hari kuzengurukaho no guhererekanya ifoto ya Perezida Paul Kagame ateruye umwuzukuru we,ibi bikoba bigaragaza urukundo nyakubahwa perezida akunda abana , ibi kandi bihura cyane n’ijambo yatangaje ubwo yari mu kiganiro kuri RBA aho yagize ati ‘’narimenyereye kuba papa w’abana ariko iyo wabaye sekuru w’abana ni nko kuzamurwa mu ntera,yakomeje agira ati’’nyuma yo gusoza inshingano mwampaye kandi mukimpa nzajya kwita ku buzukuru banjye,nyakubahwa Perezida kandi yaboneyeho gutangaza ko umwuzukuru we ari umukobwa.
Nyakubahwa Perezida Paul Kagame akunze kugaragaza ibyinshimo iyo yahuye n’abana kuburyo uba ubona yirekuye rwose akagirana ubusabane nabo,byabaye rero akarusho ku muryango we kubona urwunguko rw’umwuzukuru, Mu butumwa yanyujije kuri Twitter tariki 20 Nyakanga 2020, Perezida Kagame yatangaje ko kuva ku Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2020, umuryango we wishimiye kuba babonye umwuzukuru.
Perezida Kagame yagize ati “Kuva ejo hashize, tunejejwe no kugira umwuzukuru. Turabashimiye A&B (Ange na Bertrand)”.
Umuryango wa Perezida Kagame wabonye umwuzukuru nyuma y’igihe kigera ku mwaka umukobwa wa Perezida Kagame ari we Ange Kagame ashyingiranywe na Bertrand Ndengeyingoma.
Ange Kagame umukobwa rukumbi wa Perezida Paul Kagame yasabwe tariki 28 Ukuboza 2018, umuhango wo gushyingirwa uba ku wa Gatandatu tariki 06 Nyakanga 2019.

Inkuru yanditswe na : NDAYISABA Eric
