Agasusurutso ltd ni uruganda rutunganya ibinyobwa biyambaje ibikomoka k’ubuhinzi, uru ruganda rukaba rwaramamaye kubera ikinyobwa kitwa Bonne Chance gikundwa na benshi, bakaba bagikundira ko gikozwe muri Tangawizi, amajyani ndetse n’isukari, kikaba gifasha umubiri kuruhuka kandi kikamara inyota.

Mu rwego rwo kumenya ibanga uru ruganda rukoresha kugirango rutunganye kino kinyobwa gikunzwe cyane cya Bonne Chance, ikinyamakuru igisabo.rw/ cyasuye uru ruganda maze kiganira na bamwe mu bayobozi barwo ndetse n’abakozi barukoramo.
Bwana Iradukunda Jean Claude umukozi ushinzwe gukurikirana ubwiza ndetse n’ubuziranenge bw’ikinyobwa gikorerwa mu ruganda Agasusurutso ltd, yagize ati’’twatekereje gukora ikinyobwa dukoresheje Tangawizi kuko bimaze kugaragara ko abantu benshi bakunda ibinyobwa birimo tangawizi kubera akamaro igira mu mubiri. Ni muri urwo rwego twiyemeje gukora ikinyobwa cya Bonne Chance twiyambaje Tangawizi.

Kuri Iradukunda atangaza ko n’ubwo mu Rwanda hari inganda nyinshi zitunganya ibyo kunywa zikoresheje Tangawizi, ariko bo bakaba bafite umwihariko wo kuba bakoresha ibikoresho by’umwimerere kandi bikiri bishyashya ibyo bigatuma ikinyobwa cya Bonne Chance kigira uburyohe bwihariye.
Uruganda Agasusurutso ltd rwashinzwe mu 2019 ndetse bahita babona n’ibyangombwa bibemerera gukora mu buryo bwemewe ndetse bahabwa icyemezo cy’ubuziranenge, ubu ikinyobwa Bonne Chance gikunzwe mu bice bitandukanye by’igihugu kandi kugeza ubu nta ngaruka n’imwe kiragira ku muntu dore ko bafite inzobere yabyigiye mu gutunganya ibinyobwa.

Bwana Iradukunda kandi yemeza ko nubwo icyorezo cya covid 19 cyahungabanyije ubukungu bwose ariko bagerageza gukomeza gukora uko bashoboye, kugeza ubu ikinyobwa gikorerwa muri runo ruganda kikaba gikunzwe cyane mu mujyi wa Kigali ndetse no mu turere tw’intara y’amajyepfo.
Umuyobozi muri runo ruganda ushinzwe ubuziranenge bwana Iradukunda, avuga ko imbogamizi bahura nazo ari ikibazo cy’abiyitirira izina ryabo bakaba bakora ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, aha niho abonera gusa abaguzi babo ko bajya bashishoza neza kugirango hatazagira ubaha ibinyobwa bibi abiyitirira.
Iradukunda aboneraho gusaba inzego zibishinzwe ko zakomeza kubaba hafi byaba na byiza bakaba babaha ubufasha aho bishoboka cyane cyane bafashijwe kubona zimwe mu mashini bakenera byabafasha kongera ubwiza ndetse n’ubwinshi bwibyo bakora.

Uruganda Agasusurutso ltd uretse kuba rufasha nyiri ukurushinga ariko rufitiye akamaro abantu benshi, kuko hari ababonye imirimo muri runo ruganda bikabafasha kwiteza imbere no kwita ku miryango yabo, kugeza ubu runo ruganda rufite abakozi bagera kuri 28, bakaba bahemberwa igihe nkuko twabitangarijwe na bwana Dushime Paterne.
Bwana Dushime Fraterne agira ati’’uru ruganda rwamfashije kubona akazi dore ko narinsanzwe menyereye gukora muri za Hotel, Paterne kandi yemeza ko muri runo ruganda abakozi babayeho neza, bakaba bahemberwa igihe kandi bagatozwa n’umuco wo kwizigama.
Dushime kandi yemeza ko uru ruganda ruzamubera ikitegererezo kuburyo nawe bikunze yazagera ku rwego rwo kwikorera, Paterne aboneraho gushimira ubuyobozi bw’uruganda Agasusurutso ltd kubera uburyo rubafata neza, aboneraho gusaba abayobozi gukomeza kubaba hafi kugirango nabo bakomeze gutanga umusaruro.

Uruganda Agasusurutso ltd ruherereye mu mujyi wa Kigali, Akarere ka Gasabo, umurenge wa Gastata mu kagali ka Jali, rukaba rutunganya ikinyobwa kitwa Bonne Chance bakoresheje Tangawizi ndetse n’amajyani, ikinyobwa Bonne Chance kikaba gifite umwihariko wo kuvura amavunane , kumara inyota, gufasha ubwonko gutekereza neza kandi kigakumira indwara zimwe na zimwe.

Wifuza kurangura ikinyobwa Bonne Chance wagana aho uruganda rukorera mu murenge wa Gatsata, akagali ka Jali cyangwa ukabahamagara kuri +250788543356 bakaguha ibindi bisobanuro.






Dukomeze twiteze imbere twinywera ibinyobwa by’umwimerere bikorerwa iwacu, by’akarusho mureke twinywere ikinyobwa Bonne Chance maze tugire ubuzima buzira umuze.
