
Igisubizo cyo kuhira imyaka mu Rwanda nti kikiri ikibazo, kuko cyamaze kubonerwa igisubizo na SOCOSE (Societe Commerciale et de Multiples Sercices ltd). Ni Company imaze kumenyerwa mu bikorwa by’ubuhinzi aho ifasha abahinzi ku giti cyabo ndetse na za koperative mu kuhira imyaka yabo mu buryo bugezweho kandi bwizewe ibikorwa ifatanyijemo na Ministeri y’ubuhinzi MINAGRI.
Bwana Jean Damascene Maniraguha, Umuyobozi mukuru wa SOCOSE aganira n’ikinyamakuru Igisabonews, agira ati ‘’ SOCOSE ni Company izwi cyane mu bikorwa by’ubuhinzi, ifasha abahinzi mu kuhira imyaka tukaba dukorana na RAB. Tugirana amasezerano yo gufasha abahinzi mu kuhira imyaka yabo, ibi bikaba bikorwa n’umuhinzi cyangwa koperative bifuza serivise yo kuhira imyaka. Ibi byose bikaba bikorwa ku bufatanye na leta aho umuhinzi atanga umusanzu we maze leta ikamuha nkunganire y’uruhare rusigaye binyujijwe mu kigo cyo guteza imbere ubuhinzi RAB.

Jean Damascene Maniraguha akomeza atangaza ko ibikorwa byabo ba bikorera mu gihugu hose, ariko cyane cyane ubu bakaba bafite ibikorwa bitandukanye mu Ntara y’I Burasirazuba mu turere twa, Nyagatare, Gatsibo,Kayonza, Bugesera,Ngoma n’ahandi, akaba atangazako biteguye gufasha abahinzi aho bari hose mu gihugu
SOCOSE kandi uretse kuba ifasha abahinzi ku giti cyabo, igirana n’amasezerano na za koperative z’ubuhinzi zitandukanye, n’ibigo byifuza gukorana nabo, kugeza ubu bakaba bakorana n’abahinzi batandukanye n’amakoperative arimo ay’abahinzi mu Murenge wa Mukama muri Nyagatare, Munini muri Gatsibo,Ntete muri Gatsibo, Rwinkwavu, Biharagu, Rilima, Musanze n’ahandi.
Jean Damascene Maniraguha umuyobozi wa SOCOSE avuga kandi ko icyo bafasha umuturage cyane, ari ukumenya ko badakwiye kumva ko bagomba guhinga mu gihe cy’imvura gusa, ahubwo bagomba no kugira imyumvire yo kuhira imyaka yabo mu gihe cy’izuba. Uyu muyobozi atangaza ko ubusanzwe, kuhira imyaka bitapfa gukorwa na buri wese kuko hari aho bisaba ibikoresho bihenze ndetse n’ubumenyi budafitwe na buri wese.

Aha niho ahera atangaza ko biyemeje gukora uno murimo mu rwego rwo gufasha abaturage babagezaho ibikoresho bigezweho byo kuhira ndetse no kubungura ubumenyi mu buryo bugezweho babaha abatekinisiye babifitemo ubuhanga n’ubunararibonye.
Jean Damascene Maniraguha atangaza ko ubu bafite ikoranabuhanga bakoresha buhira imyaka kuburyo bitari ngombwa ko umuntu akoresha intoki, kuko bivuna kandi bigatwara umwanya munini, ikindi kandi bafite ubushobozi bwo kuzamura amazi ku musozi hejuru kugirango byorohe kuyakwirakwiza mu mirima mu buryo bworoshye.
Umuyobozi wa SOCOSE akomeza agaragaza ko serivise batanga zigira Guarantee cyane ko baba bizeye kuhava ari uko ibikorwa bakurikiranaga byatangiye gutanga umusaruro. Nimuri urwo rwego basaba abahinzi gufata neza ibikoresho bahawe neza kuko bishobora no kumara imyaka irenga ijana.


SOCOSE uretse kuba ifasha abaturage mu kuhira imyaka yabo ku bufatanye na RAB, ariko by’akarusho bafasha n’abaturage babakorera inyigo y’uburyo bakuhira neza imyaka yabo bakabasha ubwabo kubona umusaruro mwiza, kandi ibyo bakaba babikora nta kiguzi basabye ubyifuje, yaba umuturage ku giti cye cyangwa koperative.
Jean Damascene Maniraguha kandi atangaza ko kimwe n’izindi Campany nabo mu kazi kabo bahura n’imbogamizi zitandukanye zirimo kuba hari igihe bakorera abantu inyigo ariko bikarangira akazi gatanzwe ahandi kandi inyigo barayikoze ku buntu kandi bibavunnye. Mu zindi mbogamizi hari no kuba hari igihe bishyurwa bitinze kandi akazi bagombaga gukora kararangiye, indi mbogamizi ishingiye ku ngaruka za Covid 19, aha niho aboneraho gushimira ubuyobozi bwa leta kuko bukomeje kubafasha gukomeza ibikorwa by’ubuhinzi.

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba leta ko yakomeza kuborohereza kubasha kugera aho ibikorwa biherereye, kubona ibyangombwa byo kugera aho ibikorwa biri kugihe,kuko kugeza ubu bakigorwa no kubona abakozi bitewe no kuba ingendo zimwe na zimwe zigifunze, gusa kubwa Jean Damascene Maniraguha yemeza ko bazakomeza kuba hafi abahinzi kugirango umusaruro wiyongere.
Jean Damascene Maniraguha asoza asaba abafatanyabikorwa cyane cyane abahinzi na za koperative kujya bafata neza ibikoresho kuko biba bihenze kandi kubikoresha bitwaraamafaranga menshi, aboneraho gusaba buri wese gukomeza guharanira kwiteza imbere ari na ko bakomeza kubahiriza ingamba zo guhangana na Covid 19.

SOCOSE ni Sosiyeti ubusanzwe izobereye mugufasha abaturage kuhira imyaka yabo batagombye gutegereza imvura ikaba ifite imikoranire myiza n’inzego zitandukanye zirimo RAB,SAIP,CNFA Hinga weze. Yatangiye ibikorwa byayo muri 2006, itangira ibikorwa byo gukorana n’abahinzi bo mu ntara y’I Burasirazuba n’ahandi muri 2015 abakorana nayo bose bakaba bayivuga ibigwi.bakaba bafite ikicaro gikuru mu mujyi wa kigali, akarere ka Gasabo mu Murenge wa Remera. muhinzi ukeneye gutera imbere no kongera umusaruro gana SOCOSE LTD. kubindi bisobanuro wahamagara 0788642042 cyangwa ukabandikira kuri Email: socoserwanda@gmail.com


Umusaruro uturuka mu kuhira imyaka uteza imbere abahinzi, bikabarinda ku gira inzara mu gihe cy’amapfa




N. Edouard