Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatashye ku mugaragaro uruganda rushya rwa Roofings Group rwubatswe ku giciro cya miliyoni 125 z’Amadolari ya Amerika, rwatumye ubushobozi bw’iki kigo mu gutunganya ibyuma bukuba kabiri bukagera kuri toni 300.000 ku mwaka.
Uru ruganda rugezweho, rwiswe Phase IV Level 2 Ultra-Modern Cold Rolling Mill Complex, ruri muri Kampala Industrial and Business Park i Namanve, rwatashwe ku wa 26 Kanama 2026. Ni ishoramari rifatwa nk’imwe mu mishinga minini y’abikorera yashowe mu nganda zitunganya ibyuma muri Uganda.
Kwamamaza uru ruganda bishya byongereye toni 150.000 ku bushobozi Roofings yari isanzwe ifite bwo gukora ibyuma bya cold-rolled buri mwaka, bituma ubushobozi bwose bugera kuri toni 300.000. Iki kigo muri rusange gifite ubushobozi bwo gukora toni 625.000 z’ibicuruzwa bitandukanye buri mwaka, mu gihe ishoramari ryacyo ryose muri Uganda rirenga miliyoni 500 z’Amadolari ya Amerika.
Perezida Museveni yavuze ko ishoramari nk’iri ari intambwe ikomeye mu rugendo rwa Uganda rwo guteza imbere inganda no kongerera agaciro umutungo ukorerwa imbere mu gihugu.
Yashimye ubuyobozi bwa Roofings Group, ayobowe na Dr Sikander Lalani, avuga ko uru ruganda rwagiye ruva ku gutumiza hanze ibikoresho bimwe bikenerwa mu gukora ibyuma, rukagenda rwagura ubushobozi bwo kubitunganya no kubikora muri Uganda.
Museveni yavuze ko Roofings kuri ubu yongerera agaciro imbere mu gihugu hafi 54% by’ibyuma bya hot-rolled coil itunganya, aho agaciro k’ibikorwa bikorerwa muri Uganda karenga Shilingi miliyari 400 za Uganda.
Yanagaragaje ko Uganda ifite ubutare bw’icyuma bwinshi, burimo n’ubufite ubuziranenge bugera hafi kuri 65%, asaba ko bwabyazwa umusaruro kugira ngo igihugu cyubake inganda zikomeye kandi zihangana ku isoko.
Mu magambo ye, Museveni yashimangiye kandi ko kwagura amasoko yo mu karere ari ingenzi kugira ngo inganda zibashe gutera imbere, zikore byinshi kandi zitange imirimo.

Roofings Group yatangiye ibikorwa byayo muri Uganda mu myaka 32 ishize, ari ikigo gito cyakoraga amabati i Lubowa. Kuri ubu, imaze gukura iba imwe mu nganda zikomeye zikora ibyuma n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati.
Uruganda rushya rwatashwe rugizwe n’imirongo ine y’ibikorwa birimo uruganda rutunganya ibyuma rwa 4-Hi Cold Rolling Mill, umurongo ukata kandi ugatunganya impande z’ibyuma, umurongo wo kubisiga galvanisation ndetse n’uwabyo usiga amarangi.
Rukoresha ikoranabuhanga rigezweho rwatanzwe n’ibigo mpuzamahanga birimo Danieli, Siemens na ABB, ibintu byitezweho kongera umusaruro, kunoza ubwiza bw’ibicuruzwa no gufasha Roofings guhangana ku masoko yo muri Uganda n’ayo hanze yayo.
Ubushobozi bw’iki kigo kandi bugera ku gukora amabati miliyoni 4,2 buri kwezi, cyangwa arenga miliyoni 50 ku mwaka, umusaruro wavuzwe ko ushobora gusakara inzu zirenga miliyoni 1,6 buri mwaka.
Uretse kongera umusaruro, uyu mushinga mushya utegerejweho gutanga imirimo mishya igera kuri 400 ku buryo butaziguye. Biteganyijwe kandi ko uzatanga amahirwe menshi mu zindi nzego zirimo abatanga ibikoresho, abacuruzi, abatwara ibicuruzwa, ba rwiyemezamirimo n’abandi bari mu ruhererekane rw’ibikorwa by’ubwubatsi n’inganda.
Dr Sikander Lalani yavuze ko icyerekezo cya Roofings atari ugukomeza kubaka inganda gusa, ahubwo ari no guteza imbere ubumenyi n’ubushobozi bw’Abanya-Uganda, cyane cyane abahanga mu by’ubwubatsi n’ikoranabuhanga ry’inganda.
Iki kigo kandi cyatangaje ko giteganya gukomeza gushora imari mu rwego rwo gutunganya umusaruro uhereye ku nkomoko yawo, harimo gutangira ubushakashatsi ku mabuye y’agaciro arimo ubutare bw’icyuma muri Uganda.
Intego y’igihe kirekire ni uguhuza ubutare bw’icyuma buboneka muri Uganda, ingufu zishobora kuvugururwa n’umutungo w’ibindi bihugu byo mu karere, hagashyirwaho urwego rukomeye rw’inganda zikora ibyuma ku rwego rushobora guhangana ku isoko mpuzamahanga.
Roofings Group isanzwe yohereza ibicuruzwa mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati, birimo u Rwanda, u Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tanzania na Sudani y’Epfo. Kwagura uru ruganda bishya bitegerejweho kongera ubushobozi bwa Uganda bwo kohereza hanze ibicuruzwa by’ibyuma byongerewe agaciro.
Mu 2024, Roofings Group yohereje hanze ibicuruzwa bifite agaciro ka Shilingi miliyari 264 za Uganda, mu gihe mu 2025 byari bifite agaciro ka Shilingi miliyari 229,6.
Uretse ibikorwa by’inganda, iki kigo kirimo no gushora imari mu bikorwa bigamije gufasha abaturage, aho cyatangiye umushinga wo kongera kubaka burundu Ishuri Ribanza rya Kasubi Family ku giciro cya Shilingi miliyari 3,7 za Uganda.
Itangira ry’uru ruganda rwa miliyoni 125 z’Amadolari ya Amerika bishimangira icyerekezo cya Uganda cyo kongera umusaruro w’inganda, kugabanya kwishingikiriza ku bicuruzwa bitumizwa mu mahanga no kongerera agaciro umutungo w’igihugu, mu gihe Roofings ikomeje kwagura uruhare rwayo ku masoko yo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati.

















































