Akarere ka Gisagara ni kamwe mu turere 30 tugize igihugu ka kaba gaherereye mu ntara y’amajyepfo.mu majyepfo n’iburasirazuba gahana imbibi n’igihugu cy’u Burundi,mu majyruguru gahana imbibe n’akarere ka Nyanza,naho iburengerazuba kagahana imbibe n’uturere twa Nyaruguru na Huye,Gisagara ifite imirenge 13,utugari 59 n’imidugudu 534.
Imyaka makumyabiri n’itandatu irihiritse u Rwanda rubohowe n’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi ndetse zihagaritse Genocide yakorewe abatuti,urugamba rwari rukurikiye ni urwo gusana imitima,kwita ku mpfumbyi n’abapfakazi ariko hagombagaga kubaho n’icyerekezo kirambye cy’iterambere mu gihugu.
Muri ino nkuru turagaruka kuri bimwe bivugwa kandi bigaragara ku karere ka Gisagara kagaramo iterambere ritigeze rihaboneka mu bihe byashize.
Nubwo kano karere kuva 1994 kugeza 2015 katigeze karangwamo umuhanda wa kaburimbo ariko kagiraga imihanda myiza yo kugenderanira no gukora ibikorwa by’ibukungu n’ubucuruzi,ariko kugeza ubu umuhanda utagira uko usa wamaze kugera muri kano karere ndetse utamirizwa amatara hose.
Gisagara akarere ko mu cyaro ariko kibitseho ubukungu butandukanye burimo n’umugezi w’Akanyaru bahuriyeho n’u Burundi,kakagira ibice nyaburanga n’imisozi ya mukindo utahaga kureba,abakunzi b’amafi iyo bageze ahazwi nka Rwabisemanyi ntibaharenga bitifuje gutwara ifi yaho yamamaye kuva kera.
Aka karere kandi uretse kuba karakunzwe kuvugwamo ubukene n’abaturage badafite isuku,ibi bimaze kuba amateka kuko ubu kano karere kamaze kwigaragaza mu iterambere ritanduka,yaba mu buhinzi,ubworozi ubucuruzi,imikino n’imyidagaduro ndetse n’iterambere ry’imibereho myiza mu nkingi zose z’ubuzima.
Rutaburingoga Jeroma umuyobozi wa kano karere iyo yahuye n’abaturage abibutsa ko batazongera kwemera kuba Akarere ka nyuma mu mihigo cyangwa imibereho mibi kuko nabo bafite ibyo baratira abandi kandi babibyaje umusaruro byabagirira akamaro.
Nubwo icyorezo cya covid 19 gikomeje guhungabanya ubukungu abaturage ba kano karere biyemeje ko bazakomeza gukora ibishoboka byose kugirango ibikorwa remezo bamaze kwegerezwa bazabibyaze umusaruro biteze imbere.
Akarere ka gisagara mu rwego rwo kumara irungu abaturage bako no kubakundisha imikino ubu gafite ikipe irya izindi mu mukino wa Volleyball ariyo yitwa Gisagara V.C
uwavuga ibyiza n’iterambere rya Gisagara bwacya bukira,turabizi ko umwana atavuka ngo ahite yuzura ingobyi,niyo mpamvu basabwa gukomeza gukora cyane no kwitwararika kugirango iterambere bagezeho ntirisubire inyuma.icyuho cyitari iki tuzakabatembereza murebe ibyiza bitatse Akarere Ka Gisagara mu buryo burambuye.


Kugeza ubu mu Karere ka Gisagara hamaze no kugera Hotel yifashishwa n’abahagenda
Inkuru ya NDAYISABA Eric
Contact: 0782511443
Twitter: NDAYERICUS














