Umunyamakuru arahabwa amahirwe yo guhagararira u Rwanda muri EALA

admin
3 Min Read

Umunyamakuru akaba n’umwarimukazi muri Kaminuza yigenga ya Mount Kenya ishami ry’u Rwanda, MUSHIMIYIMANA Diane ari ku rutonde rw’Abakandida 24 b’abanyarwanda, bahatanira kwinjira mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’I Burasirazuba EALA, imwe mu migambi afite hakabamo, Umugore ku isonga, Umutekano Ubunyangamugayo n’ibindi.

Ni mugihe abagize Inteko ishingamategeko y’Umuryango w’Afurika y’I Burasirazuba, bariho kino gihe manda yabo iri kugana ku musozo, bityo ibihugu by’ibinyamuryango, aribyo U Rwanda, uBurundi, Tanzania, Uganda, Kenya, Sudani y’Amajyepfo na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bikaba biri gutanga abakandida bashya bazatorwamo abazabasimbura abacyuye igihe.

Hagati aho mu Rwanda hakaba harasohotse Urutonde rw’abantu 24 bifuza kwinjira muri iyo nteko nshya, muribo hagaragaramo n’Umunyamakuru w’inararibonye mu mwuga MUSHIMIYIMANA Diane, uvuga ko igihe cyose yagirirwa icyizere agatorwa, azaharanira ibyateza imbere igihugu cy’u Rwanda azaba ahagarariye n’Akarere kose ka Afurika y’I Burasirazuba muri rusange.

Mu kiganiro aherutse gutangariza kuri kimwe mu binyamakuru bikorera kuri Televiziyo yo kuri murandasi hano mu Rwanda, agaragara avuga ko yishimiye kuba ari ku rutonde rw’abantu bahatanira guhagararira u Rwanda muri EALA, agasaba abo bireba kuzamushyigikira mu matora ateganyijwe kuwa 05 Ukuboza 2022 mu nzu mberabyombi ya Rwanda revenue Authoity ku Kimihurura.

Agira ati” Ndishimye cyane kuba naragiriwe icyizere cyo gushyirwa kuri ruriya rutonde rw’abahatanira kwinijra mu nteko ishingamategeko y’umuryango wa Afutika y’iburasirazuba.”

“Mu by’ukuri mu buzima bwanjye no mubyo nkora sinigeze ngira indoto zo kuba naba Umudepite. Ndashimira Imana kuba naratoranyijwe mubaharanira kwijira muri iriya nteko ya EALA ndumva igihe cyanje ari iki, kikaba kigeze kugirango jyewe MUSHIMIYIMANA Diane mfatanye n’abanyrwanda n’abatuye Akarere duhereyemo, gutanga umuganda mu bitekerezo, mu iterambere, mu miyoborere, ubukungu, imibereho myiza n’iibndi byinshi, byose bigamije kuzamura abenegihugu.”

MUSHIMIYIMANA Diane, avuga ko yiteguye gutanga umusanzu we mu nteko y’Umuryango wa EALA yifashishije imigabo n’imigambi ikurikira: Umugore ku isonga, Umutekano, Diporomasi, ubunyangamugayo, indangagaciro n’ubwitange, Imiyoborere n’imibereho myiza, ubukungu n’iterambere rirambye by’u Rwanda na Afurika y’i Burasirazuba.

MUSHIMIYIMANA Diane uhabwa amahirwe yo kwinjira mu Nteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’I Burasirazuba EALA

MUSHIMIYIMANA Diane uhabwa amahirwe yo kwinjira mu Nteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’I Burasirazuba EALA, ni Umunyamakuru w’umunyamwuga, akazi amazemo imyaka irenga 15, akaba umwarimu muri Kaminuza yigenga ya Mount Kenya ishami ry’u Rwanda,

Afite impamyabumenyi y’ikiciro cya kabiri cya kaminuza muri Science n’ ikoranabuhanga (Bachelor’s), na Masters muri Management, Public Policy and Administration, yakuye muri MOUNT KENYA UNIVERSITY, RWANDA, n’ ubunararibonye yakuye Havard, kuri kaminuza ya Smith College, (Northampton, MA, USA) mu kwigisha amahoro no gukemura amakimbirane.

Akagira kandi impamyabumenyi muri Science y’ amazi na diplomacy, yakuye mu Buholandi. Ndetse n’indi yo muri Management and international Trade business and markets, yakuye mu Budage.

Amahirwe masa.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *