U Rwanda rwaburiye Abanyarwanda batuye muri Sudani kubera intambara iriyo

admin
3 Min Read

Ambasade y’u Rwanda muri Sudani yasabye Abanyarwanda bahatuye kwitwararika mu rwego rwo gucunga umutekano wabo, ni mu gihe intambara ikomeje hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa RSF.

Icyumweru kiruzuye mu murwa Mukuru wa Sudani, Khartoum hari intambara ishyamiranyije ingabo za Leta ziyobowe na perezida w’Akanama ka Gisirikare kayoboye igihugu, Gen. Fattah al-Burhan na RSF iyobowe na General Mohamed Hamdan Dagalo wari wungirije Burhan.

Imirwano iri kubera mu Murwa Mukuru Khartoum mu mujyi rwagati, ahari ibigo n’inzego zikomeye za Leta ndetse no mu ntara ya Darfur.

Ambasade y’u Rwanda muri Sudani kuri uyu wa 21 Mata 2023 yasohoye itangazo ivuga iri gukurikiranira hafi intambara iri kubera muri iki gihugu, isaba Abanyarwanda bose bahatuye kwitwararika.

Itangazo rigira riti “[Ambasade] Irasaba abanyarwanda bahatuye gukomeza kwitwararika ku bw’umutekano wabo. Ni muri urwo rwego ibasaba gukomeza kuyisangiza amakuru y’umutekano wabo no kuyimenyesha aho baherereye muri iki gihe.”

Rinasobanura ko Ishami rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga rishinzwe Abanyarwanda baba mu mahanga hamwe n’Ibiro bishinzwe Abinjira n’abasohoka bishobora kubafasha.

Umuryango w’Ibihugu by’i Burayi, EU wo watangaje ko uteganya gukura abaturage bo mu bihugu binyamuryango mu murwa mukuru wa Sudani.

Imirwano hagati y’umutwe wa RSF n’Igisirikare cya Sudan yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize kubera gutinda gusubiza ubuyobozi abasivili nyuma y’imyaka ine hahiritswe ubutegetsi bwa Omar al-Bashir.

Iyi ntambara yakomotse ku kutumvikana ku masezerano yagombaga gusinywa kuwa 1 Mata 2023 agamije kuvanga ingabo za Leta na RSF, bakanemeranya ku muntu ugomba kuziyobora.

Umutwe wa RSF ugizwe n’abahoze ari Aba-Janjaweed, washinzwe muri 2013 n’uwahoze ari Perezida wa Sudani, Omar Al Bashir, waje guhirikwa ku butegetsi mu 2019. Guverinoma y’inzibacyuho yari yiganjemo abasivili nayo yakuweho n’abasilikare ba Leta bafatanyije na RSF mu 2021.

Nubwo bimeze bityo ariko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, uyu mutwe watangaje ko hari ibitero ingabo za Leta zagabye ku baturage.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres nawe yasabye ko iyi mirwano yashyirwaho akadomo aho gukomeza kugwamo abasivili b’inzirakarengane.

Abarenga 400 b’abasivili baguye muri iyi ntambara mu gihe ibihumbi byayikomerekeyemo, gusa nta munyarwanda wari watangazwa ko yaba yaragizweho ingaruka n’iyi ntambara.

Bivugwa ko ibihumbi by’abaturage batangiye guhunga umujyi wa Khartoum kubera kurasana ndetse benshi batangiye kujya mu buhungiro muri Chad bahunga imirwano.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *